Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bufaransa bwabonye Minisitiri w’Intebe mushya ubaye wa kane mu mwaka umwe

radiotv10by radiotv10
13/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bufaransa bwabonye Minisitiri w’Intebe mushya ubaye wa kane mu mwaka umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, ari we François Bayrou w’imyaka 73 y’amavuko wagize imyanya inyuranye muri Guverinoma y’iki Gihugu cyahuye no guhungabana muri politiki muri uyu mwaka.

François Bayrou ubaye Minisitiri w’Intebe wa kane muri uyu mwaka, yigeze kuba Minisitiri w’Uburezi muri Guverinoma y’u Bufaransa kuva mu 1993 kugeza mu 1997, ndetse akaba yaranabaye Minisitiri w’Ubutabera muri 2017, akaba yaranabaye Meya w’Umujyi wa Pau wo mu Burengerazuba bw’iki Gihugu.

Uyu Munyapolitiki ashyizweho nyuma yuko mu cyumweru gishize Michel Barnier wari umaze amezi atatu ari Minisitiri w’Intebe, atakarijwe icyizere, akeguzwa.

Uyu François Bayrou yasimbujwe, asanzwe ari inkoramutima ya Perezida Emmanuel Macron, akaba asanzwe ari Umuyobozi w’Ishyaka ‘MoDem’ ry’abitwa Aba-Centre, ritagira aho ribogamira.

Perezida Emmanuel Macron wamushyizeho, yifuza ko uyu munyapolitiki ukuriye Guverinoma mushya atazahura n’ibibazo nk’iby’abamubanjirije.

Kuva muri Kamena uyu mwaka ubwo Emmanuel Macron yatangazaga yifuza politiki itagira uwo iheza, mu Nteko Ishinga Amategeko havutsemo ibice bitatu, aho nta na kimwe gifite ubwiganze bukwiye kugenderwaho mu murongo cyakwiyemeza gushyigikira.

Umunyapolitiki w’inararibonye mu Bufaransa, Thomas Cazeneuve, usanzwe ari Umudepite w’ishyaka ry’Aba-Centre, avuga ko Bayrou ari umunyapolitiki w’inararibonye, ufite “ubuhanga mu kugira ibyo yigomwa.”

Gabriel Attal, na we wabaye Minisitiri w’Intebe muri iki Gihugu, ubu akaba akuriye ishyaka rya Macron mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko Bayrou “agiyeho mu bihe bigoye mu Bufaransa, ariko nzi ko afite ubuhanga n’imbaraga mu guhagarara ku nyungu rusange z’Igihugu, ndetse no mu kubaka ituze no gushikama by’abaturage b’u Bufaransa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 18 =

Previous Post

Abana bafashije Abofisiye ba Polisi y’u Rwanda mu karasisi kakozwe nta gusobanya (AMAFOTO)

Next Post

Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.