Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bufaransa bwabonye Minisitiri w’Intebe mushya ubaye wa kane mu mwaka umwe

radiotv10by radiotv10
13/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bufaransa bwabonye Minisitiri w’Intebe mushya ubaye wa kane mu mwaka umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, ari we François Bayrou w’imyaka 73 y’amavuko wagize imyanya inyuranye muri Guverinoma y’iki Gihugu cyahuye no guhungabana muri politiki muri uyu mwaka.

François Bayrou ubaye Minisitiri w’Intebe wa kane muri uyu mwaka, yigeze kuba Minisitiri w’Uburezi muri Guverinoma y’u Bufaransa kuva mu 1993 kugeza mu 1997, ndetse akaba yaranabaye Minisitiri w’Ubutabera muri 2017, akaba yaranabaye Meya w’Umujyi wa Pau wo mu Burengerazuba bw’iki Gihugu.

Uyu Munyapolitiki ashyizweho nyuma yuko mu cyumweru gishize Michel Barnier wari umaze amezi atatu ari Minisitiri w’Intebe, atakarijwe icyizere, akeguzwa.

Uyu François Bayrou yasimbujwe, asanzwe ari inkoramutima ya Perezida Emmanuel Macron, akaba asanzwe ari Umuyobozi w’Ishyaka ‘MoDem’ ry’abitwa Aba-Centre, ritagira aho ribogamira.

Perezida Emmanuel Macron wamushyizeho, yifuza ko uyu munyapolitiki ukuriye Guverinoma mushya atazahura n’ibibazo nk’iby’abamubanjirije.

Kuva muri Kamena uyu mwaka ubwo Emmanuel Macron yatangazaga yifuza politiki itagira uwo iheza, mu Nteko Ishinga Amategeko havutsemo ibice bitatu, aho nta na kimwe gifite ubwiganze bukwiye kugenderwaho mu murongo cyakwiyemeza gushyigikira.

Umunyapolitiki w’inararibonye mu Bufaransa, Thomas Cazeneuve, usanzwe ari Umudepite w’ishyaka ry’Aba-Centre, avuga ko Bayrou ari umunyapolitiki w’inararibonye, ufite “ubuhanga mu kugira ibyo yigomwa.”

Gabriel Attal, na we wabaye Minisitiri w’Intebe muri iki Gihugu, ubu akaba akuriye ishyaka rya Macron mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko Bayrou “agiyeho mu bihe bigoye mu Bufaransa, ariko nzi ko afite ubuhanga n’imbaraga mu guhagarara ku nyungu rusange z’Igihugu, ndetse no mu kubaka ituze no gushikama by’abaturage b’u Bufaransa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 19 =

Previous Post

Abana bafashije Abofisiye ba Polisi y’u Rwanda mu karasisi kakozwe nta gusobanya (AMAFOTO)

Next Post

Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.