Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
16/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wanenze icyemezo cyafashwe n’Igihugu cy’u Burundi cyo gufunga imipaka igihuza n’u Rwanda, uboneraho gusaba Ibihugu byombi kwicara bikaganira.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Buryayi ushinzwe Ububanyi mpuzamahanga muri Afurika, Rita Laranjinha ubwo yatangizaga ibiganiro byaberereye i Bujumbura mu Burundi by’imikoranire y’u Burayi n’Ibihugu byo mu Biyaga Bigari.

Rita Laranjinha yavuze ko nta nyungu na nke iri mu gufunga imipaka ihuza Ibihugu by’ibituranyi nk’uko byakozwe n’u Burundi, ahubwo ko bigira ingaruka ku rujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.

Yavuze ko Guverinoma z’Ibihugu byombi [u Burundi n’u Rwanda] zikwiye kugirana ibiganiro hakiri kare, kugira ngo zishake umuti w’ibibazo, bityo umubano wongere gusubira mu buryo.

Yagize ati “Turifuza ko habaho ibiganiro mu maguru mashya hagati y’u Rwanda n’u Burundi kugira ngo hashakwe umuti w’ibibazo.”

Ni inzira n’ubundi igishoboka hagati y’u Burundi n’u Rwanda, nk’uko impande zombi zabitangaje, yaba Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi, zikaba zivuga ko hakiri icyizere ko ibintu byasubira mu buryo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro aherutse kugirana na RADIOTV10, yagize ati “Icyo u Rwanda rukora ni uko ruguma aho ruhagaze ku nzira yo kuganira ku kibazo cyose cyaba gihari, ku nzira y’imishyikirano kugira ngo ibintu bumva ko biteye ikibazo bibonerwe umuti.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Amb Albert Shingiro na we aherutse kuvuga ko umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda, umeze nk’imihindagurikire y’ibihe, kuko nubwo uyu munsi bimeze nabi ariko ejo bishobora kuzaba bimeze neza.

Yagize ati “Mu mibanire y’u burundi n’u Rwanda hari igihe imvura igwa ari nyinshi ikonona ibihingwa byinshi cyangwa ikagwa neza. Hari igihe tugera mu bihe bibi ariko nk’uko babivuga mu Kirundi nta mvura idahita. 

U Burundi bushinja u Rwanda gufasha umutwe wa RED Tabara, ariko u Rwanda rukabihakana ndetse rugatanga na gihamya ko abarwanyi b’uyu mutwe bigeze gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda rwabashyikirije iki Gihugu.

Nubwo Perezida Evariste Ndayishimiye aherutse gutangaza ko abagize umutwe wa RED Tabara bari mu Rwanda, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yo yemeje ko uyu mutwe ufite ibirindiro muri iki Gihugu cya Congo Kinshasa, ndetse ivuga ko haherutse kubaho ibiganiro byari bigamije gufasha abagize uyu mutwe gutaha mu Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 2 =

Previous Post

Abasenyewe na Sebeya ubwo ibiza byahitanaga benshi bafashe icyemezo cy’amaburakindi

Next Post

Ngororero: Uwari utwaye kuri moto ufite udupfunyika tw’urumogi 5.000 yacitse Polisi

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Uwari utwaye kuri moto ufite udupfunyika tw’urumogi 5.000 yacitse Polisi

Ngororero: Uwari utwaye kuri moto ufite udupfunyika tw’urumogi 5.000 yacitse Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.