Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
16/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wanenze icyemezo cyafashwe n’Igihugu cy’u Burundi cyo gufunga imipaka igihuza n’u Rwanda, uboneraho gusaba Ibihugu byombi kwicara bikaganira.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Buryayi ushinzwe Ububanyi mpuzamahanga muri Afurika, Rita Laranjinha ubwo yatangizaga ibiganiro byaberereye i Bujumbura mu Burundi by’imikoranire y’u Burayi n’Ibihugu byo mu Biyaga Bigari.

Rita Laranjinha yavuze ko nta nyungu na nke iri mu gufunga imipaka ihuza Ibihugu by’ibituranyi nk’uko byakozwe n’u Burundi, ahubwo ko bigira ingaruka ku rujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.

Yavuze ko Guverinoma z’Ibihugu byombi [u Burundi n’u Rwanda] zikwiye kugirana ibiganiro hakiri kare, kugira ngo zishake umuti w’ibibazo, bityo umubano wongere gusubira mu buryo.

Yagize ati “Turifuza ko habaho ibiganiro mu maguru mashya hagati y’u Rwanda n’u Burundi kugira ngo hashakwe umuti w’ibibazo.”

Ni inzira n’ubundi igishoboka hagati y’u Burundi n’u Rwanda, nk’uko impande zombi zabitangaje, yaba Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi, zikaba zivuga ko hakiri icyizere ko ibintu byasubira mu buryo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro aherutse kugirana na RADIOTV10, yagize ati “Icyo u Rwanda rukora ni uko ruguma aho ruhagaze ku nzira yo kuganira ku kibazo cyose cyaba gihari, ku nzira y’imishyikirano kugira ngo ibintu bumva ko biteye ikibazo bibonerwe umuti.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Amb Albert Shingiro na we aherutse kuvuga ko umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda, umeze nk’imihindagurikire y’ibihe, kuko nubwo uyu munsi bimeze nabi ariko ejo bishobora kuzaba bimeze neza.

Yagize ati “Mu mibanire y’u burundi n’u Rwanda hari igihe imvura igwa ari nyinshi ikonona ibihingwa byinshi cyangwa ikagwa neza. Hari igihe tugera mu bihe bibi ariko nk’uko babivuga mu Kirundi nta mvura idahita. 

U Burundi bushinja u Rwanda gufasha umutwe wa RED Tabara, ariko u Rwanda rukabihakana ndetse rugatanga na gihamya ko abarwanyi b’uyu mutwe bigeze gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda rwabashyikirije iki Gihugu.

Nubwo Perezida Evariste Ndayishimiye aherutse gutangaza ko abagize umutwe wa RED Tabara bari mu Rwanda, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yo yemeje ko uyu mutwe ufite ibirindiro muri iki Gihugu cya Congo Kinshasa, ndetse ivuga ko haherutse kubaho ibiganiro byari bigamije gufasha abagize uyu mutwe gutaha mu Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 12 =

Previous Post

Abasenyewe na Sebeya ubwo ibiza byahitanaga benshi bafashe icyemezo cy’amaburakindi

Next Post

Ngororero: Uwari utwaye kuri moto ufite udupfunyika tw’urumogi 5.000 yacitse Polisi

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Uwari utwaye kuri moto ufite udupfunyika tw’urumogi 5.000 yacitse Polisi

Ngororero: Uwari utwaye kuri moto ufite udupfunyika tw’urumogi 5.000 yacitse Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.