Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burundi bwatangaje ibirambuye ku gitero gishya cya RED-Tabara bwongera kuvuga u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Burundi bwatangaje ibirambuye ku gitero gishya cya RED-Tabara bwongera kuvuga u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko igitero cyagabwe n’Umutwe wa RED-Tabara, cyahitanye abantu icyenda (9) barimo abagore batandatu (6) n’umusirikare umwe, inongera gukomoza ku birego ishinja u Rwanda gufasha uyu mutwe, rutahwemye kubyamagana.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gashyantare 2024, nyuma y’amasaha macye uyu mutwe na wo wigambye iki gitero gishya.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru wa Leta muri Perezidansi y’u Burundi, Jerome Niyonzima, rivuga ko iki gitero cyagabwe kuri iki Cyumweru tariki 25 Gashyantare ahagana saa tatu n’igice z’ijoro.

Ni igitero cyabaye muri Lokarite ya Buringa muri Komini ya Gihanga mu Ntara ya Bubanza, cyaguyemo abantu icyenda nk’uko bikubiye muri iri tangazo.

Abantu icyenda bahise bagwa muri iki gitero, barimo abagore batandatu ndetse n’umusirikare umwe waje aje gutabara abaturage, mu gihe cyakomerekeyemo abantu batanu barimo abagore batatu.

Naho mu bikoresho byangirikiye muri iki gikoresho, harimo imodoka yatwitswe isanzwe ikoreshwa mu gutwara abitabye Imana, ndetse n’indi modoka na moto, ndetse n’ibiro by’Ishyaka CNDD-FDD muri iyi Lokarite ya Buringa.

Iri tangazo rya Perezidansi y’u Burundi, rigira riti “Guverinoma y’u Burundi ibabajwe kandi yamaganye bikomeye iki gikorwa cy’ubugome cyahitanye abaturage b’inzirakarengane.”

Rikomeza rivuga kandi ko Guverinoma y’iki Gihugu itishimiye imyitwarire y’u Rwanda, ishinja gufasha uyu mutwe wa RED-Tabara.

Ibi birego by’u Burundi bimaze iminsi bizamuwe, byamaganywe n’u Rwanda ruvuga ko ntaho ruhuriye n’umutwe uwo ari wo wose urwanya iki Gihugu, ndetse uyu mutwe na wo ukaba utarahwemye kuvuga ko nta bufasha na buto uhabwa n’u Rwanda.

Umutwe wa RED-Tabara wigambye iki gitero cyo kuri iki Cyumweru, wo watangaje ko wivuganye abasirikare batandatu b’u Burundi, ndetse ukanabohoza bimwe mu bikoresho byabo birimo intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Burkina Faso: Igitero cyagabwe muri Kiliziya cyahitanye abakristu barenga 10 bari mu misa

Next Post

RadioTV10 opinion on this week’s news headlines: “Lie, lie, and something of the truth will always remain”

Related Posts

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RadioTV10 opinion on this week’s news headlines: “Lie, lie, and something of the truth will always remain”

RadioTV10 opinion on this week's news headlines: "Lie, lie, and something of the truth will always remain"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.