Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burundi bwatangaje ibirambuye ku gitero gishya cya RED-Tabara bwongera kuvuga u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Burundi bwatangaje ibirambuye ku gitero gishya cya RED-Tabara bwongera kuvuga u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko igitero cyagabwe n’Umutwe wa RED-Tabara, cyahitanye abantu icyenda (9) barimo abagore batandatu (6) n’umusirikare umwe, inongera gukomoza ku birego ishinja u Rwanda gufasha uyu mutwe, rutahwemye kubyamagana.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gashyantare 2024, nyuma y’amasaha macye uyu mutwe na wo wigambye iki gitero gishya.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru wa Leta muri Perezidansi y’u Burundi, Jerome Niyonzima, rivuga ko iki gitero cyagabwe kuri iki Cyumweru tariki 25 Gashyantare ahagana saa tatu n’igice z’ijoro.

Ni igitero cyabaye muri Lokarite ya Buringa muri Komini ya Gihanga mu Ntara ya Bubanza, cyaguyemo abantu icyenda nk’uko bikubiye muri iri tangazo.

Abantu icyenda bahise bagwa muri iki gitero, barimo abagore batandatu ndetse n’umusirikare umwe waje aje gutabara abaturage, mu gihe cyakomerekeyemo abantu batanu barimo abagore batatu.

Naho mu bikoresho byangirikiye muri iki gikoresho, harimo imodoka yatwitswe isanzwe ikoreshwa mu gutwara abitabye Imana, ndetse n’indi modoka na moto, ndetse n’ibiro by’Ishyaka CNDD-FDD muri iyi Lokarite ya Buringa.

Iri tangazo rya Perezidansi y’u Burundi, rigira riti “Guverinoma y’u Burundi ibabajwe kandi yamaganye bikomeye iki gikorwa cy’ubugome cyahitanye abaturage b’inzirakarengane.”

Rikomeza rivuga kandi ko Guverinoma y’iki Gihugu itishimiye imyitwarire y’u Rwanda, ishinja gufasha uyu mutwe wa RED-Tabara.

Ibi birego by’u Burundi bimaze iminsi bizamuwe, byamaganywe n’u Rwanda ruvuga ko ntaho ruhuriye n’umutwe uwo ari wo wose urwanya iki Gihugu, ndetse uyu mutwe na wo ukaba utarahwemye kuvuga ko nta bufasha na buto uhabwa n’u Rwanda.

Umutwe wa RED-Tabara wigambye iki gitero cyo kuri iki Cyumweru, wo watangaje ko wivuganye abasirikare batandatu b’u Burundi, ndetse ukanabohoza bimwe mu bikoresho byabo birimo intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 6 =

Previous Post

Burkina Faso: Igitero cyagabwe muri Kiliziya cyahitanye abakristu barenga 10 bari mu misa

Next Post

RadioTV10 opinion on this week’s news headlines: “Lie, lie, and something of the truth will always remain”

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RadioTV10 opinion on this week’s news headlines: “Lie, lie, and something of the truth will always remain”

RadioTV10 opinion on this week's news headlines: "Lie, lie, and something of the truth will always remain"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.