Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burundi bwatangaje ibirambuye ku gitero gishya cya RED-Tabara bwongera kuvuga u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Burundi bwatangaje ibirambuye ku gitero gishya cya RED-Tabara bwongera kuvuga u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko igitero cyagabwe n’Umutwe wa RED-Tabara, cyahitanye abantu icyenda (9) barimo abagore batandatu (6) n’umusirikare umwe, inongera gukomoza ku birego ishinja u Rwanda gufasha uyu mutwe, rutahwemye kubyamagana.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gashyantare 2024, nyuma y’amasaha macye uyu mutwe na wo wigambye iki gitero gishya.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru wa Leta muri Perezidansi y’u Burundi, Jerome Niyonzima, rivuga ko iki gitero cyagabwe kuri iki Cyumweru tariki 25 Gashyantare ahagana saa tatu n’igice z’ijoro.

Ni igitero cyabaye muri Lokarite ya Buringa muri Komini ya Gihanga mu Ntara ya Bubanza, cyaguyemo abantu icyenda nk’uko bikubiye muri iri tangazo.

Abantu icyenda bahise bagwa muri iki gitero, barimo abagore batandatu ndetse n’umusirikare umwe waje aje gutabara abaturage, mu gihe cyakomerekeyemo abantu batanu barimo abagore batatu.

Naho mu bikoresho byangirikiye muri iki gikoresho, harimo imodoka yatwitswe isanzwe ikoreshwa mu gutwara abitabye Imana, ndetse n’indi modoka na moto, ndetse n’ibiro by’Ishyaka CNDD-FDD muri iyi Lokarite ya Buringa.

Iri tangazo rya Perezidansi y’u Burundi, rigira riti “Guverinoma y’u Burundi ibabajwe kandi yamaganye bikomeye iki gikorwa cy’ubugome cyahitanye abaturage b’inzirakarengane.”

Rikomeza rivuga kandi ko Guverinoma y’iki Gihugu itishimiye imyitwarire y’u Rwanda, ishinja gufasha uyu mutwe wa RED-Tabara.

Ibi birego by’u Burundi bimaze iminsi bizamuwe, byamaganywe n’u Rwanda ruvuga ko ntaho ruhuriye n’umutwe uwo ari wo wose urwanya iki Gihugu, ndetse uyu mutwe na wo ukaba utarahwemye kuvuga ko nta bufasha na buto uhabwa n’u Rwanda.

Umutwe wa RED-Tabara wigambye iki gitero cyo kuri iki Cyumweru, wo watangaje ko wivuganye abasirikare batandatu b’u Burundi, ndetse ukanabohoza bimwe mu bikoresho byabo birimo intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Burkina Faso: Igitero cyagabwe muri Kiliziya cyahitanye abakristu barenga 10 bari mu misa

Next Post

RadioTV10 opinion on this week’s news headlines: “Lie, lie, and something of the truth will always remain”

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RadioTV10 opinion on this week’s news headlines: “Lie, lie, and something of the truth will always remain”

RadioTV10 opinion on this week's news headlines: "Lie, lie, and something of the truth will always remain"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.