Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burundi bwavuze ku ijambo rya Perezida wabwo bunasubiza ku buryo ryakiriwe Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Burundi bwavuze ku ijambo rya Perezida wabwo bunasubiza ku buryo ryakiriwe Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubunyamabanga Bukuru bwa Leta muri Perezidansi y’u Burundi, bwabaye nk’ubunyuranya n’ibiherutse gutangazwa na Perezida Evariste Ndayishimiye ko yifuza gufasha urubyiruko rw’u Rwanda rugakuraho ubutegetsi, buvuga ko uko byakiriwe atari ko yashatse kubivuga.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024 ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru wa Leta mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, Jerome Niyonzima.

Iri tangazo ritangira risa nk’irivuga ko ijambo rya Perezida Evariste Ndayishimiye, ryasobanuwe ukutari ko ngo hagendewe ku itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ku wa 22 Mutarama 2024.

Guverinoma y’u Rwanda igendeye ku byatangajwe na Perezida Ndayishimiye ku Cyumweru tariki 21 Mutarama, yamaganye imvugo ye ‘rutwitsi’, aho yavugiye i Kinshasa ko yifuza gufasha urubyiruko rw’u Rwanda rugakuraho ubutegetsi, ngo kuko bwarugize nk’imfungwa.

Mu itangazo ry’u Burundi, bwo bwavuze ko atari byo yashatse kuvuga, ahubwo ko ngo habayeho gukabiriza no kuyobya abantu ku byatangajwe na Ndayishimiye.

Umunyamabanga Mukuru wa Leta muri Perezidansi y’u Burundi, Jerome Niyonzima, muri iri tangazo akomeza avuga ko nka Perezida Ndayishimiye ushinzwe urubyiruko mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze biriya ubwo yasubizaga impamvu “urubyiruko rw’u Rwanda rutitabira inama zo mu karere, ziba zateguwe mu gusangizanya ibitekerezo, akavuga ko yiyemeje kuzatuma rubyitabira, kandi ni na yo nshingano yo guteza imbere Urubyiruko rwa Afurika.”

U Burundi bukomeza buvuga ko ibyo u Rwanda rwashinje Perezida wabwo Evariste Ndayishimoye ngo atari ukuri, ahubwo ko ngo bigamije guhisha ikibazo nyakuri kiri hagati y’Ibihugu byombi.

Guverinoma y’u Burundi ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Taraba, mu gihe iy’u Rwanda yo ibihakana, ikagaragaza ko n’abarwanyi b’uyu mutwe bigeze gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda, rwabashyikirije iki Gihugu ku manywa y’ihangu.

Abasesengura ibijyanye na Politiki, bo bavuga ko u Burundi ahubwo ari bwo bushaka guhumya uburari kuko ari bwo bwigeze kujya bufasha imitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda nka MRCD-FLN, aho bamwe mu barwanyi bagiye bafatwa cyangwa bicirwa ku butaka bw’u Rwanda bagabye ibitero, basanganwaga ibikoresho by’igisirikare cy’u Burundi.

Bamwe mu bafatiwe muri uyu mutwe bakanagezwa imbere y’ubutabera, bagiye banatanga amakuru y’uburyo u Burundi bwafawushaga by’umwihariko Perezida wabwo, yagiye abakira bakagirana ibiganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 9 =

Previous Post

Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Next Post

M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje

M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.