Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bivugwa ko bari bahunze amabwiriza ya COVID-19

radiotv10by radiotv10
06/01/2022
in MU RWANDA
0
U Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bivugwa ko bari bahunze amabwiriza ya COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bari bahungiye muri iki Gihugu ngo kubera amabwiriza akarishye yo kwirinda COVID-19 mu Rwanda arimo no kwikingiza.

Aba banyarwanda 12 birukanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Mutarama 2022 nyuma y’uko ubuyobozi bw’Intara ya Kirundo barimo, bufashe icyemezo cyo kubirukana.

Ikinyamakuru SOS Burundi gitangaza ko aba Banyarwanda bari bahungiye muri Komini Bugabira muri iyi Ntara ya Kirundo bari bahunze amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda by’umwihariko igikorwa cyo gukingirwa.

Gusa ngo n’aha bari bahungiye ntibubahirizaga amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo ya kiriya Gihugu cy’u Burundi bikaba biri no mu byatumye ubuyobozi bw’Intara ya Kirundo bufata icyemezo cyo kubirukana.

Umwe mu bayobozi ba Komine Bugabira yagize ati “Urugero, bavuga ko badashobora kwambara agapfukamunwa n’umunsi wa rimwe, ko batazafata imiti na rimwe ifite aho ihuriye n’icyorezo cya Coronavirus.”

Albert Hatungimana uyobora Intara ya Kirundo wafashe icyemezo cyo kwirukana aba Banyarwanda, yavuze ko ubuyobozi bw’Igihugu cye budashobora kwihanganira abarenga ku mabwiriza y’Igihugu cyabo.

Aba Banyarwanda bambutse muri kiriya Gihugu kandi bitemewe ndetse batipimishije COVID-19.

Hatungimana yagize ati “Uzemera gucumbikira abo bantu baje muri ubwo buryo azafatwa nk’umwanzi w’igihugu.”

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi yatangaje ko hari Abanyarwanda bambuka bajya mu Burundi mu buryo bunyuranyije n’amategeko ariko ko mu bufatanye bw’ubuyobozi bw’ibanze ku mpande z’ibihugu byombi bemeranyijwe ko abazajya bafatwa bambutse muri ubu buryo bazajya babahererekanya.

Kayitesi avuga ko gukingira abaturarwanda bikorwa ku bushake ku buryo uwavuga ko yabihunze byaba ari urwitwazo kuko nta muntu ukingirwa ku gahato ku buryo hari uwo byatuma ava mu Gihugu cye.

Avuga ko abavuga ko bahuze amabwiriza yo kwirinda COVID-19 no gukingirwa ari ugutanga impamvu yo gutuma bambuka.

Ati “Impamvu umuturage yatanga yaba ari iyindi kubera ubushake bwe, cyangwa kugira ngo yumve ko impamvu ye yumvikana kurushaho […] numva ko yaba ari impamvu y’urwitwazo yaba ashyizemo.”

Mu minsi micye ishize humvikanye bamwe mu Banyarwanda barimo abasanzwe bakora umurimo w’ubwarimu basezeye ku kazi kabo bavuga ko ari uko badashobora kwikingiza icyorezo cya COVID-19.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 4 =

Previous Post

Rurangiranwa Keïta yakoze imyitozo i Kigali uyu munsi arahura na ba Muhadjiri

Next Post

REMA yemeje ko umwuka w’i Rubavu utujuje ubuziranenge igira inama abahatuye kugabanya kujya hanze

Related Posts

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

by radiotv10
17/12/2025
0

Bamwe mu basore n'inkumi bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, batageze mu ishuri, bavuga ko iyo imirimo...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

IZIHERUKA

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura
AMAHANGA

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

17/12/2025
Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

17/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
REMA yemeje ko umwuka w’i Rubavu utujuje ubuziranenge igira inama abahatuye kugabanya kujya hanze

REMA yemeje ko umwuka w’i Rubavu utujuje ubuziranenge igira inama abahatuye kugabanya kujya hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.