Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bivugwa ko bari bahunze amabwiriza ya COVID-19

radiotv10by radiotv10
06/01/2022
in MU RWANDA
0
U Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bivugwa ko bari bahunze amabwiriza ya COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bari bahungiye muri iki Gihugu ngo kubera amabwiriza akarishye yo kwirinda COVID-19 mu Rwanda arimo no kwikingiza.

Aba banyarwanda 12 birukanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Mutarama 2022 nyuma y’uko ubuyobozi bw’Intara ya Kirundo barimo, bufashe icyemezo cyo kubirukana.

Ikinyamakuru SOS Burundi gitangaza ko aba Banyarwanda bari bahungiye muri Komini Bugabira muri iyi Ntara ya Kirundo bari bahunze amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda by’umwihariko igikorwa cyo gukingirwa.

Gusa ngo n’aha bari bahungiye ntibubahirizaga amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo ya kiriya Gihugu cy’u Burundi bikaba biri no mu byatumye ubuyobozi bw’Intara ya Kirundo bufata icyemezo cyo kubirukana.

Umwe mu bayobozi ba Komine Bugabira yagize ati “Urugero, bavuga ko badashobora kwambara agapfukamunwa n’umunsi wa rimwe, ko batazafata imiti na rimwe ifite aho ihuriye n’icyorezo cya Coronavirus.”

Albert Hatungimana uyobora Intara ya Kirundo wafashe icyemezo cyo kwirukana aba Banyarwanda, yavuze ko ubuyobozi bw’Igihugu cye budashobora kwihanganira abarenga ku mabwiriza y’Igihugu cyabo.

Aba Banyarwanda bambutse muri kiriya Gihugu kandi bitemewe ndetse batipimishije COVID-19.

Hatungimana yagize ati “Uzemera gucumbikira abo bantu baje muri ubwo buryo azafatwa nk’umwanzi w’igihugu.”

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi yatangaje ko hari Abanyarwanda bambuka bajya mu Burundi mu buryo bunyuranyije n’amategeko ariko ko mu bufatanye bw’ubuyobozi bw’ibanze ku mpande z’ibihugu byombi bemeranyijwe ko abazajya bafatwa bambutse muri ubu buryo bazajya babahererekanya.

Kayitesi avuga ko gukingira abaturarwanda bikorwa ku bushake ku buryo uwavuga ko yabihunze byaba ari urwitwazo kuko nta muntu ukingirwa ku gahato ku buryo hari uwo byatuma ava mu Gihugu cye.

Avuga ko abavuga ko bahuze amabwiriza yo kwirinda COVID-19 no gukingirwa ari ugutanga impamvu yo gutuma bambuka.

Ati “Impamvu umuturage yatanga yaba ari iyindi kubera ubushake bwe, cyangwa kugira ngo yumve ko impamvu ye yumvikana kurushaho […] numva ko yaba ari impamvu y’urwitwazo yaba ashyizemo.”

Mu minsi micye ishize humvikanye bamwe mu Banyarwanda barimo abasanzwe bakora umurimo w’ubwarimu basezeye ku kazi kabo bavuga ko ari uko badashobora kwikingiza icyorezo cya COVID-19.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − five =

Previous Post

Rurangiranwa Keïta yakoze imyitozo i Kigali uyu munsi arahura na ba Muhadjiri

Next Post

REMA yemeje ko umwuka w’i Rubavu utujuje ubuziranenge igira inama abahatuye kugabanya kujya hanze

Related Posts

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
REMA yemeje ko umwuka w’i Rubavu utujuje ubuziranenge igira inama abahatuye kugabanya kujya hanze

REMA yemeje ko umwuka w’i Rubavu utujuje ubuziranenge igira inama abahatuye kugabanya kujya hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.