Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bwongereza: Ibyatangarijwe mu bujurire bw’abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bwongereza: Ibyatangarijwe mu bujurire bw’abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire mu Bwongereza rwatangiye kumva ababurana mu rubanza rw’amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu n’ Rwanda, aho Imiryango Mpuzamahanga irengera impunzi yavuze ko impamvu Leta y’u Bwongereza yashingiyeho yiyemeza kohereza impunzi mu Rwanda atari yo. Basaba ko icyemezo cy’urukiko rukuru giteshwa agaciro.

Iyi miryango mpuzamahanga irengera impunzi, ishinja u Bwongereza ubushishozi bucye mu masezerano bagiranye n’u Rwanda.

Aya masezerano avuga ko impunzi zinjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko kuva mu mwaka wa 2022, bagomba gukora urugenndo rungana n’ibirometero 6 437 bari mu ndege ibakura mu Bwongereza ibajyana i Kigali mu Rwanda.

Umunyamategeko wari uhagarariye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, yabwiye uru rukiko rwo mu Bwongereza ko nibaramuka bohereje izo mpunzi mu Rwanda, bizatuma bahonyanga amasezerano y’uyu muryango.

Icyakora David Pannick wari uhagarariye Guverinoma y’u Bwongereza muri urwo rubanza; yavuze ko uyu muryango wita ku mpunzi utigeze ukora inshingano z’ubugenzuzi nk’uko bikubiye muri ayo masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Yongeye gushimangira ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye, ndetse ngo bizeye ko u Rwanda ruzubahiriza ibikubiye muri ayo masezerano.

Iyo ni ingingo Raza Husain, umunyamategeko umwe wunganira impunzi esheshatu ziri ku rutonde rw’abagomba koherezwa i Kigali, atigeze yemera. Yabwiye urukiko ko ibibera mu Rwanda bitandukanye n’ibyo bavuga.

Raza Husain yakomeje abwira urukiko ko aba baturage nibagera mu Rwanda batazemererwa gushaka ibyangombwa bibafasha kujya mu bindi Bihugu.

Avuga ko u Bwongereza bwakoze amakosa yo kudasesengura uko andi masezerano nk’aya yo muri 2013 na 2018 u Rwanda rwagiranye na Israel yagenze.

Icyakora Urukiko Rukuru rwo rwari rwavuze ko nta tegeko byishe, mu gihe abunganira izi mpunzi basaba ko icyo cyemezo giteshwa agaciro.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Hatowe itegeko ryongerera ububasha Polisi rizatuma hari icyo izajya ikora cyakorwaga na RIB

Next Post

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.