Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bwongereza: Ibyatangarijwe mu bujurire bw’abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bwongereza: Ibyatangarijwe mu bujurire bw’abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire mu Bwongereza rwatangiye kumva ababurana mu rubanza rw’amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu n’ Rwanda, aho Imiryango Mpuzamahanga irengera impunzi yavuze ko impamvu Leta y’u Bwongereza yashingiyeho yiyemeza kohereza impunzi mu Rwanda atari yo. Basaba ko icyemezo cy’urukiko rukuru giteshwa agaciro.

Iyi miryango mpuzamahanga irengera impunzi, ishinja u Bwongereza ubushishozi bucye mu masezerano bagiranye n’u Rwanda.

Aya masezerano avuga ko impunzi zinjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko kuva mu mwaka wa 2022, bagomba gukora urugenndo rungana n’ibirometero 6 437 bari mu ndege ibakura mu Bwongereza ibajyana i Kigali mu Rwanda.

Umunyamategeko wari uhagarariye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, yabwiye uru rukiko rwo mu Bwongereza ko nibaramuka bohereje izo mpunzi mu Rwanda, bizatuma bahonyanga amasezerano y’uyu muryango.

Icyakora David Pannick wari uhagarariye Guverinoma y’u Bwongereza muri urwo rubanza; yavuze ko uyu muryango wita ku mpunzi utigeze ukora inshingano z’ubugenzuzi nk’uko bikubiye muri ayo masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Yongeye gushimangira ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye, ndetse ngo bizeye ko u Rwanda ruzubahiriza ibikubiye muri ayo masezerano.

Iyo ni ingingo Raza Husain, umunyamategeko umwe wunganira impunzi esheshatu ziri ku rutonde rw’abagomba koherezwa i Kigali, atigeze yemera. Yabwiye urukiko ko ibibera mu Rwanda bitandukanye n’ibyo bavuga.

Raza Husain yakomeje abwira urukiko ko aba baturage nibagera mu Rwanda batazemererwa gushaka ibyangombwa bibafasha kujya mu bindi Bihugu.

Avuga ko u Bwongereza bwakoze amakosa yo kudasesengura uko andi masezerano nk’aya yo muri 2013 na 2018 u Rwanda rwagiranye na Israel yagenze.

Icyakora Urukiko Rukuru rwo rwari rwavuze ko nta tegeko byishe, mu gihe abunganira izi mpunzi basaba ko icyo cyemezo giteshwa agaciro.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Hatowe itegeko ryongerera ububasha Polisi rizatuma hari icyo izajya ikora cyakorwaga na RIB

Next Post

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Related Posts

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

IZIHERUKA

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame
AMAHANGA

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.