Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bwongereza: Ibyatangarijwe mu bujurire bw’abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bwongereza: Ibyatangarijwe mu bujurire bw’abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire mu Bwongereza rwatangiye kumva ababurana mu rubanza rw’amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu n’ Rwanda, aho Imiryango Mpuzamahanga irengera impunzi yavuze ko impamvu Leta y’u Bwongereza yashingiyeho yiyemeza kohereza impunzi mu Rwanda atari yo. Basaba ko icyemezo cy’urukiko rukuru giteshwa agaciro.

Iyi miryango mpuzamahanga irengera impunzi, ishinja u Bwongereza ubushishozi bucye mu masezerano bagiranye n’u Rwanda.

Aya masezerano avuga ko impunzi zinjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko kuva mu mwaka wa 2022, bagomba gukora urugenndo rungana n’ibirometero 6 437 bari mu ndege ibakura mu Bwongereza ibajyana i Kigali mu Rwanda.

Umunyamategeko wari uhagarariye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, yabwiye uru rukiko rwo mu Bwongereza ko nibaramuka bohereje izo mpunzi mu Rwanda, bizatuma bahonyanga amasezerano y’uyu muryango.

Icyakora David Pannick wari uhagarariye Guverinoma y’u Bwongereza muri urwo rubanza; yavuze ko uyu muryango wita ku mpunzi utigeze ukora inshingano z’ubugenzuzi nk’uko bikubiye muri ayo masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Yongeye gushimangira ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye, ndetse ngo bizeye ko u Rwanda ruzubahiriza ibikubiye muri ayo masezerano.

Iyo ni ingingo Raza Husain, umunyamategeko umwe wunganira impunzi esheshatu ziri ku rutonde rw’abagomba koherezwa i Kigali, atigeze yemera. Yabwiye urukiko ko ibibera mu Rwanda bitandukanye n’ibyo bavuga.

Raza Husain yakomeje abwira urukiko ko aba baturage nibagera mu Rwanda batazemererwa gushaka ibyangombwa bibafasha kujya mu bindi Bihugu.

Avuga ko u Bwongereza bwakoze amakosa yo kudasesengura uko andi masezerano nk’aya yo muri 2013 na 2018 u Rwanda rwagiranye na Israel yagenze.

Icyakora Urukiko Rukuru rwo rwari rwavuze ko nta tegeko byishe, mu gihe abunganira izi mpunzi basaba ko icyo cyemezo giteshwa agaciro.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + fifteen =

Previous Post

Hatowe itegeko ryongerera ububasha Polisi rizatuma hari icyo izajya ikora cyakorwaga na RIB

Next Post

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

IZIHERUKA

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho
MU RWANDA

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

02/12/2025
Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

02/12/2025
Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.