Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda mu Bihugu bitanu bya nyuma ku Isi mu byishimo by’abaturage

radiotv10by radiotv10
21/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda mu Bihugu bitanu bya nyuma ku Isi mu byishimo by’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo nshya ku byishimo by’Ibihugu ku Isi, igaragaza ko u Rwanda ruri muri bitanu bya nyuma aho ruri ku mwanya w’ 144 rukaba rukurikirwa n’Ibihugu bibiri gusa (Zimbabwe na Afghanistan).

Iyi raporo izwi nka World Hapiness, ishingira ku makuru yatanzwe mu mwaka wa 2021 areba ku nzego esheshatu zinyuranye zirimo umusaruro mbumbe w’abaturage, ubufasha bahabwa, icyizere cyo kuramba, ubwisanzure bwo kubaho ubuzima bw’amahitamo ya muntu ndetse n’ibijyanye na ruswa.

Ibihugu bya mbere, ni ibyo mu majyaruguru y’u Buruyi aho uru rutonde ruyobowe na Finland ifite amanota 7 842, igakurikirwa na Denmark ifite amanota 7 620, Switzerland ikagira amanota 7 571, Iceland ikagira 7 554.

Ibihugu 10 bya mbere:

  1. Finland (7 842)
  2. Denmark (7 620)
  3. Switzerland (7 571)
  4. Iceland (7 554)
  5. Netherlands (7 464)
  6. Norway (7 392)
  7. Sweden (7 363)
  8. Luxambourg (7 324)
  9. New Zealand (7 277)
  10. Austria (7 268)

U Rwanda muri bitanu bya nyuma

Iyi raporo ikorwa ku ngunga y’Umuryango w’Abibumbye, igaragaza ko u Rwanda ruri mu Bihugu bitanu bya nyuma, biyobowe na Afghanistan ya nyuma iri ku mwanya w’ 146 ifite amanota 2 523, Zimbabwe ikaza ku mwanya w’ 145 aho ifite amajwi 3 145, u Rwanda rukaza ku mwanya w’ 143 rukagira amanota 3 415, na Botswana y’ 143 ifite 3 467 naho Lesotho y’ 142 ikaba ifite amanota 3 653.

Mu Bihugu byo mu Karere u Rwanda ruherereyemo, na ho ruza ku mwanya wa nyuma kuko Uganda iri ku mwanya w’ 117 ifite amanota 4 636, Kenya iri ku mwanya w’ 119 n’amanota 4 607, u Burundi bukaba buri ku mwanya w’ 137 n’amanota 3 775 naho Tanzania ikaba ku mwanya w’ 139 n’amajwi 3 623.

Iyi raporo ishyirau Rwanda mu myanya ya nyuma mu byishimo, isohotse mu gihe bamwe mu baturarwanda bakomeje kuzamura amajwi bavuga ko imibereho ihenze cyane kubera ibiciro by’ibicuruzwa bikenerwa mu buzima bwa buri munsi byatumbagiye ku kigero cyo hejuru.

Muri Kanama umwaka ushize wa 2021, Urwego rw’Igihugu rw’Ubuegenzacyaha RIB rwatangaje ko mu gihe cy’umwaka umwe hari hiyahuye abanyarwanda 576 barimo 82 % b’igitsinagore na 18 % b’igitsinagore.

Uru rwego rwatangaje ko 47 % by’abiyahuye hatamenyekanye icyatumye biyambura ubuzima mu gihe 28 % ari ababitewe n’amakimbirane yo mu miryango.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Next Post

Uri kurota!!…Shaddyboo yambaye agatimba yongeye kuvugisha imbaga

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uri kurota!!…Shaddyboo yambaye agatimba yongeye kuvugisha imbaga

Uri kurota!!...Shaddyboo yambaye agatimba yongeye kuvugisha imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.