Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda mu Bihugu bitanu bya nyuma ku Isi mu byishimo by’abaturage

radiotv10by radiotv10
21/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda mu Bihugu bitanu bya nyuma ku Isi mu byishimo by’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo nshya ku byishimo by’Ibihugu ku Isi, igaragaza ko u Rwanda ruri muri bitanu bya nyuma aho ruri ku mwanya w’ 144 rukaba rukurikirwa n’Ibihugu bibiri gusa (Zimbabwe na Afghanistan).

Iyi raporo izwi nka World Hapiness, ishingira ku makuru yatanzwe mu mwaka wa 2021 areba ku nzego esheshatu zinyuranye zirimo umusaruro mbumbe w’abaturage, ubufasha bahabwa, icyizere cyo kuramba, ubwisanzure bwo kubaho ubuzima bw’amahitamo ya muntu ndetse n’ibijyanye na ruswa.

Ibihugu bya mbere, ni ibyo mu majyaruguru y’u Buruyi aho uru rutonde ruyobowe na Finland ifite amanota 7 842, igakurikirwa na Denmark ifite amanota 7 620, Switzerland ikagira amanota 7 571, Iceland ikagira 7 554.

Ibihugu 10 bya mbere:

  1. Finland (7 842)
  2. Denmark (7 620)
  3. Switzerland (7 571)
  4. Iceland (7 554)
  5. Netherlands (7 464)
  6. Norway (7 392)
  7. Sweden (7 363)
  8. Luxambourg (7 324)
  9. New Zealand (7 277)
  10. Austria (7 268)

U Rwanda muri bitanu bya nyuma

Iyi raporo ikorwa ku ngunga y’Umuryango w’Abibumbye, igaragaza ko u Rwanda ruri mu Bihugu bitanu bya nyuma, biyobowe na Afghanistan ya nyuma iri ku mwanya w’ 146 ifite amanota 2 523, Zimbabwe ikaza ku mwanya w’ 145 aho ifite amajwi 3 145, u Rwanda rukaza ku mwanya w’ 143 rukagira amanota 3 415, na Botswana y’ 143 ifite 3 467 naho Lesotho y’ 142 ikaba ifite amanota 3 653.

Mu Bihugu byo mu Karere u Rwanda ruherereyemo, na ho ruza ku mwanya wa nyuma kuko Uganda iri ku mwanya w’ 117 ifite amanota 4 636, Kenya iri ku mwanya w’ 119 n’amanota 4 607, u Burundi bukaba buri ku mwanya w’ 137 n’amanota 3 775 naho Tanzania ikaba ku mwanya w’ 139 n’amajwi 3 623.

Iyi raporo ishyirau Rwanda mu myanya ya nyuma mu byishimo, isohotse mu gihe bamwe mu baturarwanda bakomeje kuzamura amajwi bavuga ko imibereho ihenze cyane kubera ibiciro by’ibicuruzwa bikenerwa mu buzima bwa buri munsi byatumbagiye ku kigero cyo hejuru.

Muri Kanama umwaka ushize wa 2021, Urwego rw’Igihugu rw’Ubuegenzacyaha RIB rwatangaje ko mu gihe cy’umwaka umwe hari hiyahuye abanyarwanda 576 barimo 82 % b’igitsinagore na 18 % b’igitsinagore.

Uru rwego rwatangaje ko 47 % by’abiyahuye hatamenyekanye icyatumye biyambura ubuzima mu gihe 28 % ari ababitewe n’amakimbirane yo mu miryango.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 14 =

Previous Post

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Next Post

Uri kurota!!…Shaddyboo yambaye agatimba yongeye kuvugisha imbaga

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uri kurota!!…Shaddyboo yambaye agatimba yongeye kuvugisha imbaga

Uri kurota!!...Shaddyboo yambaye agatimba yongeye kuvugisha imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.