Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

radiotv10by radiotv10
21/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe mu gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho, birimo kurandura umutwe wa FDLR.

Ni ibiganiro byabereye i Washington D.C tariki ya 19 n’iya 20 Ugushyingo 2025, byitabiriwe n’intumwa zihagarariye u Rwanda, DRC, Leta Zunze Ubumwe za America, Qatar, Togo nk’umuhuza washyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse n’izihagarariye Komisiyo y’uyu Muryango.

Iyi nama ya kane y’Urwego rw’Umutekano ruhuriweho JSCM (Joint Security Coordination Mechanism), yari igamije gusuzumira hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro yashyizweho umukono tariki 27 Kamena 2025.

Itangazo rya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, rivuga ko “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda biyemeje gutera intambwe mu kubahiriza ingengabihe y’ibikorwa ‘Operations Order’ (OPORD) mu gushyira mu bikorwa umushinga w’ibikorwa (CONOPS) hagamijwe guhuza umugambi mu kurandura FDLR, ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “JSCM yasuzumye intambwe z’impande zose mu korohereza gukomeza kwambura intwaro, gucyura no gusubiza mu buzima busanzwe abarwanyi ba FDLR.”

Nanone kandi, abitabiriye iyi nama, banarebeye hamwe ingingo zigaragaza intambwe yatewe mu bikorwa by’icyiciro cya mbere cya OPORD, zirimo gusangizanya amakuru y’ubutasi, ndetse n’amakuru y’ibikorwa byakozwe na DRC birimo ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kudakorana na FDLR, ndetse no guhamagarira abagize uyu mutwe gushyira hasi intwaro.

Impande zitabiriye iyi nama kandi zanaboneyeho gusasa inzobe ku mbogamizi n’ibyuho bigihari, ndetse n’amahirwe y’ibyakorwa kugira ngo iki cyiciro cya mbere kigere ku ntego.

Uru rwego ruhuriweho kandi rwanaganiriye ku cyiciro cya kabiri cy’ibikorwa bya OPORD, kigizwe no kurandura umutwe wa FDLR ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi zashyizweho n’u Rwanda.

Nanone kandi abitabiriye ibi biganiro, banarebeye hamwe mu buryo bwagutse ku nzira z’amahoro, banashimira imbanzirizamushinga y’Amasezerano y’Amahoro aherutse gusinyirwa i Doha muri Qatar hagati ya Guverinoma ya DRC ndetse n’Ihuriro AFC/M23, ku buhuza bwa kiriya Gihugu cya Qatar.

Abagize uru rwego JSCM bashimangiye inyungu yava mu guhuza Amasezerano y’Amahoro y’i Washington ndetse n’ay’i Doha.

Iri tangazo rya Guverinoma ya US, rikagira riti “Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC bashimiye Leta Zunze Ubumwe za America, Qatar na Afurika Yunze Ubumwe ku bw’inkunga bakomeje gutanga muri nzira z’amahoro.”

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America kandi yatangaje ko u Rwanda na DRC bakomeje gushimangira ko bafite umuhate mu kugera ku mahoro arambye n’ituze mu burasirazuba bwa DRC no mu karere k’Ibiyaga Bigari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 4 =

Previous Post

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Next Post

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.