Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Haiti, zemeranyijwe imikoranire mu by’umutekano, yaje ikurikira ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Dr Ariel Heny, aho Leta y’Igihugu cye ivuga ko ibyo Ingabo z’u Rwanda zakoze mu Bihugu nka Mozambique na Central Africa, zanabikorera Igihugu cye.

Perezida Paul Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Dr Ariel Henry bahuriye mu isabukuru y’imyaka 50 Umuryango w’Ibirwa 15 biri muri Caraibe umaze ushinzwe.

Muri icyo gikorwa cyabereye i Port of Spain mu Murwa Mukuru w’Ibirwa bya Trinidad na Tobago; aba bakuru b’Ibihugu byombi bagiranye ibiganiro bigamije gukomeza imikoranire ya Kigali na Port-au-Prince.

Iki kirwa kirusha u Rwanda mu buso bungana na kilometero kare 1 616 ariko u Rwanda rukakirusha abaturage basaga miliyoni ebyiri; cyagaragaje ko ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu byombi byibanze ku ngingo y’umutekano.

Ibyo bikubiye mu nyandiko yatanzwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Haiti igira iti “Mu isabukuru y’umuryango w’ibihugu bigize ibirwa biri muri Caraibe, Minisitiri w’Intebe Dr Ariel Heny yagiranye ibiganiro na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, bibanze ku kibazo cy’umutekano. Perezida Kagame yagarutse ku isano iri hagati y’Umugabane wa Afurika na Haiti. Ashimangira ko Igihugu cye gifite inshingano zo kubaha ubusabe bw’Igihugu cy’ikivandimwe.

Yashimangiye ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu gushyiraho umutwe w’ingabo z’Ibihugu bitandukanye ugamije gusubiza ku murongo igihugu cyacu.”

Perezida Paul Kagame yanagarutse kuri iyi mikoranire mu kiganiro yatangiye muri iyi nama, aho yavuze ko amateka y’u Rwanda ashimangira ko ibizo bya Haiti bishobora kurangira. Icyakora ngo Haiti igomba kujya imbere y’ibindi Bihugu muri icyo gikorwa kinafatwa nk’ikigamije inyungu z’abaturage.

Yagize ati “U Rwanda na Haiti bishimiye umubano bamaranye mu myaka myisnhi ishize. Amakeka y’Igihugu cyanjye agaragaza ko uko ibintu byaba ari bibi kose; bishobora gusubirana, kandi biba bishobora kongera kuba kugenda neza.

Ariko kugira ngo bikunde; bitangirira ku bayobozi b’icyo Gihugu, bigakomereza mu karere. Abayobozi mu nzego zitandukanye bagashaka inzira bahuriraho yo kubikemura.

Iyo abantu batangiye urwo rugendo; ubufasha bw’amahanga bugomba kuza bugamije gutanga igisubizo aho kuza benyegeza ikibazo.

Mureke twunge ubumwe bwa Afurika n’Ibihugu byo muri Caraibe dukore ibyo dushoboye byose, nitwiyemeza gushyira hamwe ntawe ushobora kutwitambika. Icy’ingenzi kuruta ibindi, ni uko twese tuzabibonamo inyungu.”

Iki Gihugu cya Haiti kimaze imyaka myinshi mu bibazo by’umutekano uterwa n’ubukene, byafashe indi ntera ku itariki 7 Nyakanga 2021 ubwo abitwaje intwaro bateye urugo rwa Perezida Jovenel Moïse zikamuhitana. Kuva icyo gihe inyeshyamba ntizigeze zitanga agahenge.

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko umutekano wa Haiti urageramiwe, kuko Haiti yakagombye kuba ifite abasirikare 14 800, ariko hasigaye ibihumbi 13, abandi batishwe bavuye mu gisirikare ku bwo gusezera no kwirukanwa. Kugeza ubu abagera ku 9,000 ni bo birirwa mu bikorwa byo kurinda abaturage n’ibyabo, naho abagera ku 3 500 ni bo bahora biteguye kujya gutanga ubufasha bwihutirwa. Ndetse ngo igikomeye n’uko ibibazo by’umutekano bidashobora gutuma babona uburyo bwo kwinjiza abandi bashya.

Icyakora ubutegetsi bwa Haiti bwiteze ko ibyo ingabo z’u Rwanda zakoze mu Bihugu bya Mozambique na Central Africa, ari na ko bishobora gukomereza mu Gihugu cyabo.

Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Dr Ariel Henry

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Uko hafashwe uwari wibye ikinyabiziga inshuti ye yafashwe ni we byaturutseho

Next Post

Bwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda hashobora kubamo ibitarigeze bibaho

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda hashobora kubamo ibitarigeze bibaho

Bwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda hashobora kubamo ibitarigeze bibaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.