Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Haiti, zemeranyijwe imikoranire mu by’umutekano, yaje ikurikira ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Dr Ariel Heny, aho Leta y’Igihugu cye ivuga ko ibyo Ingabo z’u Rwanda zakoze mu Bihugu nka Mozambique na Central Africa, zanabikorera Igihugu cye.

Perezida Paul Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Dr Ariel Henry bahuriye mu isabukuru y’imyaka 50 Umuryango w’Ibirwa 15 biri muri Caraibe umaze ushinzwe.

Muri icyo gikorwa cyabereye i Port of Spain mu Murwa Mukuru w’Ibirwa bya Trinidad na Tobago; aba bakuru b’Ibihugu byombi bagiranye ibiganiro bigamije gukomeza imikoranire ya Kigali na Port-au-Prince.

Iki kirwa kirusha u Rwanda mu buso bungana na kilometero kare 1 616 ariko u Rwanda rukakirusha abaturage basaga miliyoni ebyiri; cyagaragaje ko ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu byombi byibanze ku ngingo y’umutekano.

Ibyo bikubiye mu nyandiko yatanzwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Haiti igira iti “Mu isabukuru y’umuryango w’ibihugu bigize ibirwa biri muri Caraibe, Minisitiri w’Intebe Dr Ariel Heny yagiranye ibiganiro na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, bibanze ku kibazo cy’umutekano. Perezida Kagame yagarutse ku isano iri hagati y’Umugabane wa Afurika na Haiti. Ashimangira ko Igihugu cye gifite inshingano zo kubaha ubusabe bw’Igihugu cy’ikivandimwe.

Yashimangiye ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu gushyiraho umutwe w’ingabo z’Ibihugu bitandukanye ugamije gusubiza ku murongo igihugu cyacu.”

Perezida Paul Kagame yanagarutse kuri iyi mikoranire mu kiganiro yatangiye muri iyi nama, aho yavuze ko amateka y’u Rwanda ashimangira ko ibizo bya Haiti bishobora kurangira. Icyakora ngo Haiti igomba kujya imbere y’ibindi Bihugu muri icyo gikorwa kinafatwa nk’ikigamije inyungu z’abaturage.

Yagize ati “U Rwanda na Haiti bishimiye umubano bamaranye mu myaka myisnhi ishize. Amakeka y’Igihugu cyanjye agaragaza ko uko ibintu byaba ari bibi kose; bishobora gusubirana, kandi biba bishobora kongera kuba kugenda neza.

Ariko kugira ngo bikunde; bitangirira ku bayobozi b’icyo Gihugu, bigakomereza mu karere. Abayobozi mu nzego zitandukanye bagashaka inzira bahuriraho yo kubikemura.

Iyo abantu batangiye urwo rugendo; ubufasha bw’amahanga bugomba kuza bugamije gutanga igisubizo aho kuza benyegeza ikibazo.

Mureke twunge ubumwe bwa Afurika n’Ibihugu byo muri Caraibe dukore ibyo dushoboye byose, nitwiyemeza gushyira hamwe ntawe ushobora kutwitambika. Icy’ingenzi kuruta ibindi, ni uko twese tuzabibonamo inyungu.”

Iki Gihugu cya Haiti kimaze imyaka myinshi mu bibazo by’umutekano uterwa n’ubukene, byafashe indi ntera ku itariki 7 Nyakanga 2021 ubwo abitwaje intwaro bateye urugo rwa Perezida Jovenel Moïse zikamuhitana. Kuva icyo gihe inyeshyamba ntizigeze zitanga agahenge.

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko umutekano wa Haiti urageramiwe, kuko Haiti yakagombye kuba ifite abasirikare 14 800, ariko hasigaye ibihumbi 13, abandi batishwe bavuye mu gisirikare ku bwo gusezera no kwirukanwa. Kugeza ubu abagera ku 9,000 ni bo birirwa mu bikorwa byo kurinda abaturage n’ibyabo, naho abagera ku 3 500 ni bo bahora biteguye kujya gutanga ubufasha bwihutirwa. Ndetse ngo igikomeye n’uko ibibazo by’umutekano bidashobora gutuma babona uburyo bwo kwinjiza abandi bashya.

Icyakora ubutegetsi bwa Haiti bwiteze ko ibyo ingabo z’u Rwanda zakoze mu Bihugu bya Mozambique na Central Africa, ari na ko bishobora gukomereza mu Gihugu cyabo.

Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Dr Ariel Henry

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + eight =

Previous Post

Uko hafashwe uwari wibye ikinyabiziga inshuti ye yafashwe ni we byaturutseho

Next Post

Bwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda hashobora kubamo ibitarigeze bibaho

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali
AMAHANGA

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda hashobora kubamo ibitarigeze bibaho

Bwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda hashobora kubamo ibitarigeze bibaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.