Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda n’u Bufaransa mu yindi ntambwe yo kugaragaza ukuri kuri Jenoside

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda n’u Bufaransa mu yindi ntambwe yo kugaragaza ukuri kuri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

I Kigali hateraniye inama mpuzamahanga ihuje abashakashatsi bo mu Rwanda no mu Bufaransa igamije kurebera hamwe uruhare rw’ubushakashatsi mu gukomeza kugaragaza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri iyi nama yatangiye kuri iki Cyumweru tariki 11 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron batanzemo ibiganiro byagarutse ku ntambwe nziza Ibihugu byombi bigezeho mu kugaragaza ukuri ku byabaye mu Rwanda.

Mu butumwa bwatambutse mu buryo bw’amashusho, Perezida Paul Kagame yavuze ko byari kuba akarusho iyo iyi nama yari kuba yarabaye mbere.

Ati “Ariko tugendeye ku ruzinduko Perezida Macron yagiriye mu Rwanda twatangiye icyerekezo gishya mu mubano wacu.”

Umukuru w’u Rwanda yongeye gushimira mugenzi we Macron ku ruhare yagize mu gutuma ukuri kwakunze kwirengagizwa kujya hanze.

Ati “Uruzinduko rwe rwagezweho kubera umuhate w’Ibihugu byombi mu gushyira hanze ukuri.”

Iyi nama ibaye mu gice cya mbere izamara iminsi icyenda ibera mu Rwanda aho biteganyijwe ko hazaba indi umwaka utaha izabera i Paris mu Bufaransa.

Iyi nama yateguwe ku bufatanye bwa Prof Vincent Duclert wayoboye ubucukumbuzi bwagaragaje uruhare rukomeye rw’u Bufaransa mu byabaye mu Rwanda ndetse na Prof Mulinda Charles Kabwete.

Raporo yitiriwe Duclert yakozwe bisabwe na Perezida Emmanuel Macron, yanakurikiwe na raporo yakozwe bisabwe na Guverinoma y’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko ibikubiye muri izi raporo byuzuzanya “ariko izi raporo si ryo herezo, ni inshingano z’inzobere mu mateka n’abashakashatsi kwandika no gukusanya amateka mu nyungu z’abazavuka mu bihe biri imbere. Ni yo mpamvu iyi nama ifite igisobanuro gikomeye.”

Perezida Emmanuel Macron avuga ko gukomeza kugaragaza ukuri ku mateka y’ibyabaye mu Rwanda bikageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ari umusingi mwiza wo kubakiraho imibanire irambye y’Ibihugu.

Yavuze ko iyi nama ari indi ntambwe nziza yo gukomeza kugaragaza ukuri nk’imwe mu ntego biyemeje, ije ikurikira ubucukumbuzi bwakozwe ku mpande z’Ibihugu byombi.

Ati “Iyo raporo (Duclert) ndetse n’izindi nshingano byuzuzanya zakozwe ku ruhande rw’u Rwanda bisabwe na Perezida Kagame byatumye hafunguka paji n’urugendo bishya mu mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa.”

Perezida Emmanuel Macron yagaragaje ko imbuto z’iki cyerekezo gishya zatangiye gusarurwa dore ko u Rwanda ruherutse kwakira iserukiramuco rya film z’Igifaransa.

Yakomeje avuga ko u Bufaransa buzakomeza kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse ko amateka yayo azigishwa.

Ati “Izi ntambwe twiyemeje ntabwo zarangiza umurimo w’ubushakashatsi no kugaragaza ukuri njye na Perezida Kagame twiyemeje kuko ubushakashatsi ku mateka bugomba gukomeza.”

Ubwo aba bashakashatsi n’inzobere mu mateka bashyiraga hanze raporo zigaragaza ukuri ku mateka y’ibyabaye mu Rwanda, abasesenguzi bavuze ko bitarangiye ahubwo ko n’abandi bashakashatsi bagomba kuzakomeza gushyiraho akabo.

Izi nzobere ziteraniye i Kigali nyuma y’iminsi micye Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa butangaje ko buhagaritse iperereza ku ruhare rushinjwa ingabo z’Abafaransa zari mu Rwanda mu 1994, zivugwaho kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha bwubitse iyi dosiye buvuga ko bwabuze ibimenyetso simusiga bigaragaza ko abo basirikare baba baragiranye ubufatanyacyaha n’abakoze Jenoside cyangwa ngo babe barabahaye ubufasha.

Gusa abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi bemeza ko abasirikare b’u Bufaransa bari muri ‘Operation Turquoise’ bafashije abari bamaze gukora Jenoside guhungira mu cyahoze ari Zaire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Next Post

M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.