Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda n’u Bufaransa mu yindi ntambwe yo kugaragaza ukuri kuri Jenoside

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda n’u Bufaransa mu yindi ntambwe yo kugaragaza ukuri kuri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

I Kigali hateraniye inama mpuzamahanga ihuje abashakashatsi bo mu Rwanda no mu Bufaransa igamije kurebera hamwe uruhare rw’ubushakashatsi mu gukomeza kugaragaza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri iyi nama yatangiye kuri iki Cyumweru tariki 11 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron batanzemo ibiganiro byagarutse ku ntambwe nziza Ibihugu byombi bigezeho mu kugaragaza ukuri ku byabaye mu Rwanda.

Mu butumwa bwatambutse mu buryo bw’amashusho, Perezida Paul Kagame yavuze ko byari kuba akarusho iyo iyi nama yari kuba yarabaye mbere.

Ati “Ariko tugendeye ku ruzinduko Perezida Macron yagiriye mu Rwanda twatangiye icyerekezo gishya mu mubano wacu.”

Umukuru w’u Rwanda yongeye gushimira mugenzi we Macron ku ruhare yagize mu gutuma ukuri kwakunze kwirengagizwa kujya hanze.

Ati “Uruzinduko rwe rwagezweho kubera umuhate w’Ibihugu byombi mu gushyira hanze ukuri.”

Iyi nama ibaye mu gice cya mbere izamara iminsi icyenda ibera mu Rwanda aho biteganyijwe ko hazaba indi umwaka utaha izabera i Paris mu Bufaransa.

Iyi nama yateguwe ku bufatanye bwa Prof Vincent Duclert wayoboye ubucukumbuzi bwagaragaje uruhare rukomeye rw’u Bufaransa mu byabaye mu Rwanda ndetse na Prof Mulinda Charles Kabwete.

Raporo yitiriwe Duclert yakozwe bisabwe na Perezida Emmanuel Macron, yanakurikiwe na raporo yakozwe bisabwe na Guverinoma y’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko ibikubiye muri izi raporo byuzuzanya “ariko izi raporo si ryo herezo, ni inshingano z’inzobere mu mateka n’abashakashatsi kwandika no gukusanya amateka mu nyungu z’abazavuka mu bihe biri imbere. Ni yo mpamvu iyi nama ifite igisobanuro gikomeye.”

Perezida Emmanuel Macron avuga ko gukomeza kugaragaza ukuri ku mateka y’ibyabaye mu Rwanda bikageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ari umusingi mwiza wo kubakiraho imibanire irambye y’Ibihugu.

Yavuze ko iyi nama ari indi ntambwe nziza yo gukomeza kugaragaza ukuri nk’imwe mu ntego biyemeje, ije ikurikira ubucukumbuzi bwakozwe ku mpande z’Ibihugu byombi.

Ati “Iyo raporo (Duclert) ndetse n’izindi nshingano byuzuzanya zakozwe ku ruhande rw’u Rwanda bisabwe na Perezida Kagame byatumye hafunguka paji n’urugendo bishya mu mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa.”

Perezida Emmanuel Macron yagaragaje ko imbuto z’iki cyerekezo gishya zatangiye gusarurwa dore ko u Rwanda ruherutse kwakira iserukiramuco rya film z’Igifaransa.

Yakomeje avuga ko u Bufaransa buzakomeza kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse ko amateka yayo azigishwa.

Ati “Izi ntambwe twiyemeje ntabwo zarangiza umurimo w’ubushakashatsi no kugaragaza ukuri njye na Perezida Kagame twiyemeje kuko ubushakashatsi ku mateka bugomba gukomeza.”

Ubwo aba bashakashatsi n’inzobere mu mateka bashyiraga hanze raporo zigaragaza ukuri ku mateka y’ibyabaye mu Rwanda, abasesenguzi bavuze ko bitarangiye ahubwo ko n’abandi bashakashatsi bagomba kuzakomeza gushyiraho akabo.

Izi nzobere ziteraniye i Kigali nyuma y’iminsi micye Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa butangaje ko buhagaritse iperereza ku ruhare rushinjwa ingabo z’Abafaransa zari mu Rwanda mu 1994, zivugwaho kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha bwubitse iyi dosiye buvuga ko bwabuze ibimenyetso simusiga bigaragaza ko abo basirikare baba baragiranye ubufatanyacyaha n’abakoze Jenoside cyangwa ngo babe barabahaye ubufasha.

Gusa abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi bemeza ko abasirikare b’u Bufaransa bari muri ‘Operation Turquoise’ bafashije abari bamaze gukora Jenoside guhungira mu cyahoze ari Zaire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 11 =

Previous Post

Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Next Post

M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.