Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda n’u Bufaransa mu yindi ntambwe yo kugaragaza ukuri kuri Jenoside

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda n’u Bufaransa mu yindi ntambwe yo kugaragaza ukuri kuri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

I Kigali hateraniye inama mpuzamahanga ihuje abashakashatsi bo mu Rwanda no mu Bufaransa igamije kurebera hamwe uruhare rw’ubushakashatsi mu gukomeza kugaragaza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri iyi nama yatangiye kuri iki Cyumweru tariki 11 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron batanzemo ibiganiro byagarutse ku ntambwe nziza Ibihugu byombi bigezeho mu kugaragaza ukuri ku byabaye mu Rwanda.

Mu butumwa bwatambutse mu buryo bw’amashusho, Perezida Paul Kagame yavuze ko byari kuba akarusho iyo iyi nama yari kuba yarabaye mbere.

Ati “Ariko tugendeye ku ruzinduko Perezida Macron yagiriye mu Rwanda twatangiye icyerekezo gishya mu mubano wacu.”

Umukuru w’u Rwanda yongeye gushimira mugenzi we Macron ku ruhare yagize mu gutuma ukuri kwakunze kwirengagizwa kujya hanze.

Ati “Uruzinduko rwe rwagezweho kubera umuhate w’Ibihugu byombi mu gushyira hanze ukuri.”

Iyi nama ibaye mu gice cya mbere izamara iminsi icyenda ibera mu Rwanda aho biteganyijwe ko hazaba indi umwaka utaha izabera i Paris mu Bufaransa.

Iyi nama yateguwe ku bufatanye bwa Prof Vincent Duclert wayoboye ubucukumbuzi bwagaragaje uruhare rukomeye rw’u Bufaransa mu byabaye mu Rwanda ndetse na Prof Mulinda Charles Kabwete.

Raporo yitiriwe Duclert yakozwe bisabwe na Perezida Emmanuel Macron, yanakurikiwe na raporo yakozwe bisabwe na Guverinoma y’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko ibikubiye muri izi raporo byuzuzanya “ariko izi raporo si ryo herezo, ni inshingano z’inzobere mu mateka n’abashakashatsi kwandika no gukusanya amateka mu nyungu z’abazavuka mu bihe biri imbere. Ni yo mpamvu iyi nama ifite igisobanuro gikomeye.”

Perezida Emmanuel Macron avuga ko gukomeza kugaragaza ukuri ku mateka y’ibyabaye mu Rwanda bikageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ari umusingi mwiza wo kubakiraho imibanire irambye y’Ibihugu.

Yavuze ko iyi nama ari indi ntambwe nziza yo gukomeza kugaragaza ukuri nk’imwe mu ntego biyemeje, ije ikurikira ubucukumbuzi bwakozwe ku mpande z’Ibihugu byombi.

Ati “Iyo raporo (Duclert) ndetse n’izindi nshingano byuzuzanya zakozwe ku ruhande rw’u Rwanda bisabwe na Perezida Kagame byatumye hafunguka paji n’urugendo bishya mu mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa.”

Perezida Emmanuel Macron yagaragaje ko imbuto z’iki cyerekezo gishya zatangiye gusarurwa dore ko u Rwanda ruherutse kwakira iserukiramuco rya film z’Igifaransa.

Yakomeje avuga ko u Bufaransa buzakomeza kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse ko amateka yayo azigishwa.

Ati “Izi ntambwe twiyemeje ntabwo zarangiza umurimo w’ubushakashatsi no kugaragaza ukuri njye na Perezida Kagame twiyemeje kuko ubushakashatsi ku mateka bugomba gukomeza.”

Ubwo aba bashakashatsi n’inzobere mu mateka bashyiraga hanze raporo zigaragaza ukuri ku mateka y’ibyabaye mu Rwanda, abasesenguzi bavuze ko bitarangiye ahubwo ko n’abandi bashakashatsi bagomba kuzakomeza gushyiraho akabo.

Izi nzobere ziteraniye i Kigali nyuma y’iminsi micye Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa butangaje ko buhagaritse iperereza ku ruhare rushinjwa ingabo z’Abafaransa zari mu Rwanda mu 1994, zivugwaho kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha bwubitse iyi dosiye buvuga ko bwabuze ibimenyetso simusiga bigaragaza ko abo basirikare baba baragiranye ubufatanyacyaha n’abakoze Jenoside cyangwa ngo babe barabahaye ubufasha.

Gusa abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi bemeza ko abasirikare b’u Bufaransa bari muri ‘Operation Turquoise’ bafashije abari bamaze gukora Jenoside guhungira mu cyahoze ari Zaire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − nine =

Previous Post

Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Next Post

M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.