Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda n’u Burundi turi impanga- Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
02/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda n’u Burundi turi impanga- Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 u Burundi bumaze bubonye ubwigenge, Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye yavuze ko Igihugu cye n’u Rwanda ari nk’impanda kuko byaboneye rimwe ubwigenge.

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Nyakanga 2022, wanitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta wahagarariye Perezida Paul Kagame, wanashyikirije Ndayishimiye ubutumwa bw’Umukuru w’u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yagarutse ku kuba Igihugu cye cyaraboneye ubwigenge rimwe n’u Rwanda na rwo rwizihije isabukuru y’imyaka 60 y’ubwigenge kuri uyu wa 01 Nyakanga 2022.

Evariste Ndayishimiye yifashishije aya mateka, yongeye gushimangira ko u Rwanda n’u Burundi ari abavandimwe b’intatana.

Yagize ati “Turi impanga. Iyo Umurundi avuze n’Umunyarwanda aba avuze, Umunyarwanda yavuga n’Umurundi akaba avuze.”

Yaboneyeho kwifuriza u rwanda kugira umunsi mwiza w’Ubwigenge wo kuzirikana kwigobotora ubukoloni.

Ati “N’Abanyarwanda turabashimiye kuko bavuye muri ubwo butegetsi butari bumeze neza.”

U Rwanda n’u Burundi byakolonijwe n’Ababiligi ndetse ibi Bihugu byombi byigeze gusa nkaho ari Igihugu kimwe aho hariho ikirwa ‘Rwanda-Urundi’.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko Ababiligi na bo ubwabo bagaragaje ko bicuza ibyo bagiye bakorera ibi Bihigu ndetse bakaba bariyemeje gukomeza kubishyigikira.

Mu birori nk’ibi byabaye umwaka ushize mu Burundi, u Rwanda nubundi rwari rwabitumiwemo aho Perezida Paul Kagame yohereje Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente.

Icyo gihe Perezida Evariste Ndayishimiye washimiye mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, yagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi umaze imyaka igera kuri irindwi urimo igitotsi, avuga ko biri kwandika igitabo gishya cy’umubano.

Icyo gihe yagize ati “ubu hari igitabo u Burundi n’u Rwanda twari tumaze imyaka twandika ubu tugiye kugisoma kugira ngo dutangire igice gishyashya.”

Gusa kugeza ubu Ibihugu byombi ntibiratangira kugenderana nkuko byahoze, nubwo abayobozi ku mpande zombi bavuga ko hakomeje ibiganiro bigamije gushyira mu buryo ibibazo, Abarundi n’Abanyarwanda bakongera kudengerana.

Perezida Ndayishimiye yakiriye Minisitiri Biruta
Yamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame
Banagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Next Post

M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe

M23 yerekanye intwaro nyinshi n'imodoka bya FARDC yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.