Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda n’u Burundi turi impanga- Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
02/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda n’u Burundi turi impanga- Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 u Burundi bumaze bubonye ubwigenge, Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye yavuze ko Igihugu cye n’u Rwanda ari nk’impanda kuko byaboneye rimwe ubwigenge.

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Nyakanga 2022, wanitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta wahagarariye Perezida Paul Kagame, wanashyikirije Ndayishimiye ubutumwa bw’Umukuru w’u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yagarutse ku kuba Igihugu cye cyaraboneye ubwigenge rimwe n’u Rwanda na rwo rwizihije isabukuru y’imyaka 60 y’ubwigenge kuri uyu wa 01 Nyakanga 2022.

Evariste Ndayishimiye yifashishije aya mateka, yongeye gushimangira ko u Rwanda n’u Burundi ari abavandimwe b’intatana.

Yagize ati “Turi impanga. Iyo Umurundi avuze n’Umunyarwanda aba avuze, Umunyarwanda yavuga n’Umurundi akaba avuze.”

Yaboneyeho kwifuriza u rwanda kugira umunsi mwiza w’Ubwigenge wo kuzirikana kwigobotora ubukoloni.

Ati “N’Abanyarwanda turabashimiye kuko bavuye muri ubwo butegetsi butari bumeze neza.”

U Rwanda n’u Burundi byakolonijwe n’Ababiligi ndetse ibi Bihugu byombi byigeze gusa nkaho ari Igihugu kimwe aho hariho ikirwa ‘Rwanda-Urundi’.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko Ababiligi na bo ubwabo bagaragaje ko bicuza ibyo bagiye bakorera ibi Bihigu ndetse bakaba bariyemeje gukomeza kubishyigikira.

Mu birori nk’ibi byabaye umwaka ushize mu Burundi, u Rwanda nubundi rwari rwabitumiwemo aho Perezida Paul Kagame yohereje Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente.

Icyo gihe Perezida Evariste Ndayishimiye washimiye mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, yagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi umaze imyaka igera kuri irindwi urimo igitotsi, avuga ko biri kwandika igitabo gishya cy’umubano.

Icyo gihe yagize ati “ubu hari igitabo u Burundi n’u Rwanda twari tumaze imyaka twandika ubu tugiye kugisoma kugira ngo dutangire igice gishyashya.”

Gusa kugeza ubu Ibihugu byombi ntibiratangira kugenderana nkuko byahoze, nubwo abayobozi ku mpande zombi bavuga ko hakomeje ibiganiro bigamije gushyira mu buryo ibibazo, Abarundi n’Abanyarwanda bakongera kudengerana.

Perezida Ndayishimiye yakiriye Minisitiri Biruta
Yamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame
Banagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Next Post

M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe

M23 yerekanye intwaro nyinshi n'imodoka bya FARDC yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.