Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda n’u Burundi turi impanga- Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
02/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda n’u Burundi turi impanga- Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 u Burundi bumaze bubonye ubwigenge, Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye yavuze ko Igihugu cye n’u Rwanda ari nk’impanda kuko byaboneye rimwe ubwigenge.

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Nyakanga 2022, wanitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta wahagarariye Perezida Paul Kagame, wanashyikirije Ndayishimiye ubutumwa bw’Umukuru w’u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yagarutse ku kuba Igihugu cye cyaraboneye ubwigenge rimwe n’u Rwanda na rwo rwizihije isabukuru y’imyaka 60 y’ubwigenge kuri uyu wa 01 Nyakanga 2022.

Evariste Ndayishimiye yifashishije aya mateka, yongeye gushimangira ko u Rwanda n’u Burundi ari abavandimwe b’intatana.

Yagize ati “Turi impanga. Iyo Umurundi avuze n’Umunyarwanda aba avuze, Umunyarwanda yavuga n’Umurundi akaba avuze.”

Yaboneyeho kwifuriza u rwanda kugira umunsi mwiza w’Ubwigenge wo kuzirikana kwigobotora ubukoloni.

Ati “N’Abanyarwanda turabashimiye kuko bavuye muri ubwo butegetsi butari bumeze neza.”

U Rwanda n’u Burundi byakolonijwe n’Ababiligi ndetse ibi Bihugu byombi byigeze gusa nkaho ari Igihugu kimwe aho hariho ikirwa ‘Rwanda-Urundi’.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko Ababiligi na bo ubwabo bagaragaje ko bicuza ibyo bagiye bakorera ibi Bihigu ndetse bakaba bariyemeje gukomeza kubishyigikira.

Mu birori nk’ibi byabaye umwaka ushize mu Burundi, u Rwanda nubundi rwari rwabitumiwemo aho Perezida Paul Kagame yohereje Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente.

Icyo gihe Perezida Evariste Ndayishimiye washimiye mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, yagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi umaze imyaka igera kuri irindwi urimo igitotsi, avuga ko biri kwandika igitabo gishya cy’umubano.

Icyo gihe yagize ati “ubu hari igitabo u Burundi n’u Rwanda twari tumaze imyaka twandika ubu tugiye kugisoma kugira ngo dutangire igice gishyashya.”

Gusa kugeza ubu Ibihugu byombi ntibiratangira kugenderana nkuko byahoze, nubwo abayobozi ku mpande zombi bavuga ko hakomeje ibiganiro bigamije gushyira mu buryo ibibazo, Abarundi n’Abanyarwanda bakongera kudengerana.

Perezida Ndayishimiye yakiriye Minisitiri Biruta
Yamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame
Banagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Next Post

M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe

M23 yerekanye intwaro nyinshi n'imodoka bya FARDC yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.