Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

radiotv10by radiotv10
08/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iri gushaka uburyo yakongera uburyo bwo kudafungira abantu bose muri za Gereza, hagakoreshwa uburyo burimo ubwo kwambika ibikomo abantu bagafungirwa hanze ndetse no guha abantu ibihano nsimburagifungo.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe guhuza Ibikorwa by’Urwego rw’Ubutabera, Nabahire Anastase, yabwiye The New Times ko u Rwanda ruri gushyiraho ingamba zishoboka zatuma habaho impinduka mu gushyira mu bikorwa ibihano by’ubucamanza.

Atangaje ibi mu gihe mu mategeko yo mu Rwanda hongewemo uburyo bwatuma abakekwaho ibyaha cyangwa ababihamijwe bakurikiranwa badafunze, burimo ubu bwo kubambika ibikomo by’ikoranabuhanga, imirimo nsimburagifungo ndetse n’ingwate z’amafaranga.

Nabahire Anastase yagize ati “Abacamanza ntabwo bari bafite ubundi buryo bwo gufunga. Iyi politiki izatuma urwego rw’ubutabera bukoresha ubundi buryo burimo ibikomo by’ikoranabuhanga.”

Yakomeje avuga ko zimwe mu mpinduka ziteganywa n’iyi politiki zitahise zitangira gushyirwa mu bikorwa ariko ko hatangiye gukorwa ibizatuma ubwo buryo butangira gukoreshwa.

Yatanze urugero ko Minisiteri y’Ubutabera iri gutegura itegeko rizatuma imirimo nsimburagifungo itangira gukorwa aho kugira ngo umuntu afungirwe ibyaha bito akaba yakora imirimo ifitiye Igihugu akamaro.

Impinduka zabaye mu mategeko yaba iriteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ndetse n’iryekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, zirimo ko ibyaha byoroheje nk’icyo kutabasha kwishyura icyo umuntu yakoresheje mu tubari cyangwa muri resitora ndetse n’ubujura buto nk’ubw’imyaka n’amatungo, ababikoze bajya bahanishwa gukora imirimo nsimburagifungo.

Nabahire yakomeje avuga ko umuntu arebye mu mategeko yo mu Rwanda, ibihano bikiremereye kandi ari birebire.

Ati “Kandi aya mategeko ntaha ubwisanzure Abacamanza gukoresha ububasha bwabo mu bushishozi mu gufata ibyemezo birebana n’ibihano.”

Yanagarutse kuri politiki iriho yo kuba gufunga abantu bidakomeza kuba kubahana ahubwo bikaba kubagorora.

Ati “Turi guha ubushobozi buhagije abacungagereza ku buryo abantu bafunzwe batumva ko bameze nk’imyaka bajyanye mu bubiko.”

Akomeza agira ati “Bariya bantu (Imfungwa) ni ibiremwamuntu bashobora guhinduka mu buryo bubi cyangwa bwiza. Rero bakwiye gufatwa nk’ibiremwamuntu. Ntabwo tugomba kubafata ngo bajye muri Gereza ubundi tubafungiranemo. Ni yo mpamvu hashyizweho amashuri yo guhugura abacungagereza kugira ngo babashe na bo guha ubumenyi abafunzwe.”

Yakomeje agira ati “Turifuza ko imfungwa n’abagororwa bagira ubumenyi bunguka mu gihe bari muri gereza.”

Hari kandi kongerwa umubare w’imfungwa zifungurwa by’agateganyo ku bw’imbazi, byumwihariko ku bafungiye ibyaha byoroheje nk’ubujura, aho binateganyijwe ko hagiye kongerwa abarekurwa by’agateganyo hashingiwe ku buryo bitwaye mu gihe bari muri gereza.

Nabahire kandi yavuze ko hari no kongerwa imbaraga mu bukangurambaga bugamije gukumira ibyaha, hakaba hari gukusanywa ibitekerezo bizatuma ubu bukangurambaga bugira ingufu kandi bugatanga umusaruro.

Yavuze ko muri iyi gahunda, haziyambazwa Minisiteri zinyuranye n’izindi nzego nka Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Minisiteri y’Uburezi, ndetse n’abanyamadini.

Ubushakashatsi bw’Umuryango Mpuzamaganga urwanya ruswa n’Akarengane, ishami ry’u Rwanda, bwashyizwe hanze muri Kanama 2022, bwagaragaje ko ubucucike mu magereza yo mu Rwanda bugeze ku 174% buvuye ku 136% bwariho muri 2020.

Ubwo hamurikirikwaga ubu bushakashatsi tariki 30 Kanama 2022, Umuyobozi w’Urugaga rutanga ubufasha mu by’amategeko (LAF/Legal Aid Forum), Andrews Kananga yavuze ko iyi mibare y’ubucucike mu magereza yo mu Rwanda iteye inkeke.

Icyo gihe yari yagize ati “Ni ukuvuga ngo iyo twatangiye kubivuga ni uko biba byageze ku rundi rugero kandi hakwiriye gufatwa ingamba zituma dukumira ubucucike mu magereza. Turabarirwa mu Bihugu bifite ubucucike buri hejuru, ni twe dukurikira Amerika, Amerika ni iya mbere tukaba aba kabiri ubwo se urumva ibyo bintu kuri population ya miliyoni 12 cyangwa 13, ntabwo ari byo.”

Guverinoma y’u Rwanda, ikomeje kugaragaza ubushake bwo gushyira mu bikorwa Politiki yo kugabanya ubucucike mu magereza, nko mu kwezi gushize hafunguwe imfungwa 1 803 zari zifungiwe ibyaha byiganjemo iby’ubujura no gukubita no gukomeretsa.

Izi mfungwa zafunguwe nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 08 Nzeri 2022, yari iyobowe na Perezida Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − three =

Previous Post

EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa

Next Post

USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda

USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.