Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

radiotv10by radiotv10
08/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iri gushaka uburyo yakongera uburyo bwo kudafungira abantu bose muri za Gereza, hagakoreshwa uburyo burimo ubwo kwambika ibikomo abantu bagafungirwa hanze ndetse no guha abantu ibihano nsimburagifungo.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe guhuza Ibikorwa by’Urwego rw’Ubutabera, Nabahire Anastase, yabwiye The New Times ko u Rwanda ruri gushyiraho ingamba zishoboka zatuma habaho impinduka mu gushyira mu bikorwa ibihano by’ubucamanza.

Atangaje ibi mu gihe mu mategeko yo mu Rwanda hongewemo uburyo bwatuma abakekwaho ibyaha cyangwa ababihamijwe bakurikiranwa badafunze, burimo ubu bwo kubambika ibikomo by’ikoranabuhanga, imirimo nsimburagifungo ndetse n’ingwate z’amafaranga.

Nabahire Anastase yagize ati “Abacamanza ntabwo bari bafite ubundi buryo bwo gufunga. Iyi politiki izatuma urwego rw’ubutabera bukoresha ubundi buryo burimo ibikomo by’ikoranabuhanga.”

Yakomeje avuga ko zimwe mu mpinduka ziteganywa n’iyi politiki zitahise zitangira gushyirwa mu bikorwa ariko ko hatangiye gukorwa ibizatuma ubwo buryo butangira gukoreshwa.

Yatanze urugero ko Minisiteri y’Ubutabera iri gutegura itegeko rizatuma imirimo nsimburagifungo itangira gukorwa aho kugira ngo umuntu afungirwe ibyaha bito akaba yakora imirimo ifitiye Igihugu akamaro.

Impinduka zabaye mu mategeko yaba iriteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ndetse n’iryekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, zirimo ko ibyaha byoroheje nk’icyo kutabasha kwishyura icyo umuntu yakoresheje mu tubari cyangwa muri resitora ndetse n’ubujura buto nk’ubw’imyaka n’amatungo, ababikoze bajya bahanishwa gukora imirimo nsimburagifungo.

Nabahire yakomeje avuga ko umuntu arebye mu mategeko yo mu Rwanda, ibihano bikiremereye kandi ari birebire.

Ati “Kandi aya mategeko ntaha ubwisanzure Abacamanza gukoresha ububasha bwabo mu bushishozi mu gufata ibyemezo birebana n’ibihano.”

Yanagarutse kuri politiki iriho yo kuba gufunga abantu bidakomeza kuba kubahana ahubwo bikaba kubagorora.

Ati “Turi guha ubushobozi buhagije abacungagereza ku buryo abantu bafunzwe batumva ko bameze nk’imyaka bajyanye mu bubiko.”

Akomeza agira ati “Bariya bantu (Imfungwa) ni ibiremwamuntu bashobora guhinduka mu buryo bubi cyangwa bwiza. Rero bakwiye gufatwa nk’ibiremwamuntu. Ntabwo tugomba kubafata ngo bajye muri Gereza ubundi tubafungiranemo. Ni yo mpamvu hashyizweho amashuri yo guhugura abacungagereza kugira ngo babashe na bo guha ubumenyi abafunzwe.”

Yakomeje agira ati “Turifuza ko imfungwa n’abagororwa bagira ubumenyi bunguka mu gihe bari muri gereza.”

Hari kandi kongerwa umubare w’imfungwa zifungurwa by’agateganyo ku bw’imbazi, byumwihariko ku bafungiye ibyaha byoroheje nk’ubujura, aho binateganyijwe ko hagiye kongerwa abarekurwa by’agateganyo hashingiwe ku buryo bitwaye mu gihe bari muri gereza.

Nabahire kandi yavuze ko hari no kongerwa imbaraga mu bukangurambaga bugamije gukumira ibyaha, hakaba hari gukusanywa ibitekerezo bizatuma ubu bukangurambaga bugira ingufu kandi bugatanga umusaruro.

Yavuze ko muri iyi gahunda, haziyambazwa Minisiteri zinyuranye n’izindi nzego nka Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Minisiteri y’Uburezi, ndetse n’abanyamadini.

Ubushakashatsi bw’Umuryango Mpuzamaganga urwanya ruswa n’Akarengane, ishami ry’u Rwanda, bwashyizwe hanze muri Kanama 2022, bwagaragaje ko ubucucike mu magereza yo mu Rwanda bugeze ku 174% buvuye ku 136% bwariho muri 2020.

Ubwo hamurikirikwaga ubu bushakashatsi tariki 30 Kanama 2022, Umuyobozi w’Urugaga rutanga ubufasha mu by’amategeko (LAF/Legal Aid Forum), Andrews Kananga yavuze ko iyi mibare y’ubucucike mu magereza yo mu Rwanda iteye inkeke.

Icyo gihe yari yagize ati “Ni ukuvuga ngo iyo twatangiye kubivuga ni uko biba byageze ku rundi rugero kandi hakwiriye gufatwa ingamba zituma dukumira ubucucike mu magereza. Turabarirwa mu Bihugu bifite ubucucike buri hejuru, ni twe dukurikira Amerika, Amerika ni iya mbere tukaba aba kabiri ubwo se urumva ibyo bintu kuri population ya miliyoni 12 cyangwa 13, ntabwo ari byo.”

Guverinoma y’u Rwanda, ikomeje kugaragaza ubushake bwo gushyira mu bikorwa Politiki yo kugabanya ubucucike mu magereza, nko mu kwezi gushize hafunguwe imfungwa 1 803 zari zifungiwe ibyaha byiganjemo iby’ubujura no gukubita no gukomeretsa.

Izi mfungwa zafunguwe nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 08 Nzeri 2022, yari iyobowe na Perezida Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 5 =

Previous Post

EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa

Next Post

USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda

USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.