Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ubujurire rw’i London mu Bwongereza, rwanzuye ko gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, idakurikije amategeko, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko nubwo iki cyemezo ari icy’Urukiko rugendera ku mategeko mu Bwongereza, ariko ibyo kuvuga ko iki Gihugu kidatekanye byo, bihabanye n’ukuri.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, n’Urukiko rw’Ubujurire rw’i London, rwavuze ko “u Rwanda si Igihugu cya gatatu [gikwiye koherezwamo abahunze Ibihugu byabo] gitekanye.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko “nubwo twubaha icyemezo cy’Ubucamanza bw’u Bwongereza, ariko ntitwemeranya ibyo kuvuga ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye ku bimukira n’impunzi.”

Yolande Makolo yakomeje agira ati “U Rwanda ni kimwe mu Bihugu ku Isi bitekanye bifite umutekano uhagije kandi ibyo byanemejwe na UNHCR n’ibindi Bigo Mpuzamahanga ku bwo kuba intangarugero kwacu mu gufata neza impunzi.”

Yakomeje agira ati “Nk’umuryano mugari ndetse nka Guverinoma, twubatse ahantu hafite amahoro, hatekanye kandi hafite agaciro, aho abimukira ndetse n’impunzi bagira uburenganzira bungana n’Abanyarwanda. Buri wese uzazanwa hano, azungukira muri ibi twubatse.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yahise ishyira hanze itangazo, risobanuramo ingingo ku yindi kuri ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, ivuga ko iki Gihugu kigikomeye kuri uyu mugambi cyagiranye n’u Bwongereza.

Iri tangazo rigira riti “U Rwanda ruracyahagaze ku bushake bwo gutuma ubu bufatanye bugerwaho.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko gahunda yo kurengera abimukira, ikomeje kugaragaramo ibibazo, bigatiza umurindi ibibazo bibugarije, birimo icuruzwa ry’abantu no gukoreshwa imirimo y’ahagato.

Igasoza igira iti “Igihe abimukira bazaba baje, tuzabakirana yombi, kandi tuzabaha inkunga yose bazaba bakeneye mu kubaka ubuzima bushya mu Rwanda.”

Iyi gahunda yakunze kugerwa intorezo na bamwe mu barwanya u Rwanda ndetse na bamwe mu bimukira ireba, ari na bo bakomeje kwiyambaza inkiko basaba ko iburizwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Next Post

France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.