Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ubujurire rw’i London mu Bwongereza, rwanzuye ko gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, idakurikije amategeko, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko nubwo iki cyemezo ari icy’Urukiko rugendera ku mategeko mu Bwongereza, ariko ibyo kuvuga ko iki Gihugu kidatekanye byo, bihabanye n’ukuri.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, n’Urukiko rw’Ubujurire rw’i London, rwavuze ko “u Rwanda si Igihugu cya gatatu [gikwiye koherezwamo abahunze Ibihugu byabo] gitekanye.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko “nubwo twubaha icyemezo cy’Ubucamanza bw’u Bwongereza, ariko ntitwemeranya ibyo kuvuga ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye ku bimukira n’impunzi.”

Yolande Makolo yakomeje agira ati “U Rwanda ni kimwe mu Bihugu ku Isi bitekanye bifite umutekano uhagije kandi ibyo byanemejwe na UNHCR n’ibindi Bigo Mpuzamahanga ku bwo kuba intangarugero kwacu mu gufata neza impunzi.”

Yakomeje agira ati “Nk’umuryano mugari ndetse nka Guverinoma, twubatse ahantu hafite amahoro, hatekanye kandi hafite agaciro, aho abimukira ndetse n’impunzi bagira uburenganzira bungana n’Abanyarwanda. Buri wese uzazanwa hano, azungukira muri ibi twubatse.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yahise ishyira hanze itangazo, risobanuramo ingingo ku yindi kuri ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, ivuga ko iki Gihugu kigikomeye kuri uyu mugambi cyagiranye n’u Bwongereza.

Iri tangazo rigira riti “U Rwanda ruracyahagaze ku bushake bwo gutuma ubu bufatanye bugerwaho.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko gahunda yo kurengera abimukira, ikomeje kugaragaramo ibibazo, bigatiza umurindi ibibazo bibugarije, birimo icuruzwa ry’abantu no gukoreshwa imirimo y’ahagato.

Igasoza igira iti “Igihe abimukira bazaba baje, tuzabakirana yombi, kandi tuzabaha inkunga yose bazaba bakeneye mu kubaka ubuzima bushya mu Rwanda.”

Iyi gahunda yakunze kugerwa intorezo na bamwe mu barwanya u Rwanda ndetse na bamwe mu bimukira ireba, ari na bo bakomeje kwiyambaza inkiko basaba ko iburizwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 10 =

Previous Post

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Next Post

France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.