Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rushobora kuzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye muri gahunda y’abimukira

radiotv10by radiotv10
18/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rushobora kuzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye muri gahunda y’abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rushobora kuzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye yo kwita ku bimukira n’abashaka ubuhungiro, mu gihe baba batoherejwe.

Inkuru dukesha BBC, ivuga ko u Bwongereza bwahaye u Rwanda Miliyoni 240£, ndetse n’andi miliyini 50£ ategerejwe, mu rwego rwo kuzafasha abimukira kuza mu Rwanda, ariko kugeza ubu nta n’umwe uroherezwa.

Mu kiganiro kigufi Umunyamakuru wa BBC yagiranye na Perezida Paul Kagame i Davos mu Busuwisi mu bikorwa by’Inama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu, yamubajije ibijyanye na gahunda y’abimukira bagomba kuva mu Bwongereza bohereza mu Rwanda, yakomeje kuzamo ibibazo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko “atari ikibazo cy’u Rwanda, ahubwo ni icy’u Bwongereza.”

Umunyamakuru kandi yakomeje amubaza ku bijyanye n’aya mafaranga u Bwongereza bwahaye u Rwanda, amusubiza agira ati “Ni amafaranga yagenewe kuzakoresha kuri abo bantu ubwo bazaba baje. Nibaramuka bataje, dushobora kubasubiza amafaranga.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo na we yavuze kuri iyi ngingo, avuga ko nta bwiriza riri muri iyi gahunda yo gusubiza u Bwongereza amafaranga bwahaye u Rwanda ariko ko igihe u Bwongereza bwabisaba “tuzabiha agaciro.”

Yolande Makolo kandi yavuze ko ayo mafaranga yari anagamije gutera inkunga iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda ariko no “kwitegura kwakira no kuzita ku bimukira igihe bazaba baje.”

Yagize ati “Ugendeye ku mabwiriza y’amasezerano, ntabwo u Rwanda rutegetswe gusubiza amafaranga ayo ari yo yose. Ariko igihe nta bimukira baba baje mu Rwanda, kandi Guverinoma y’u Bwongereza ikifuza gusubizwa inkunga yari igenewe gufasha abimukira, tuzaha agaciro ubwo busabe.”

Ni mu gihe Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza itegereje gutora itegeko rigamije kohereza mu Rwanda abimukira, nyuma y’uko Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda, zivuguruye amasezerano.

Abadepite benshi bashyigikiye uyu mushinga, gusa abo mu ishyaka ry’abakozi ‘Labour’ bakavuga ko uhenze cyane kandi ko utazashoka.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak wakunze kuvuga ko ntagishobora gusubiza inyuma uyu mushinga, ahanganye na bamwe mu Badepite bo mu ishyaka rye, bavuga ko uyu mushinga w’itegeko udakomeye bihagije kandi ko Guverinoma ikwiye kwitegura kuzirengagiza amategeko mpuzamahanga kugira ngo ibashe kohereza abimukira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − nine =

Previous Post

RDF yungutse abasirikare bafite imyitozo y’urugamba yihariye banagaragaje imwe muri yo

Next Post

Urubyiruko rw’u Rwanda rwagaragarijwe icyo rwakora kigafatwa nk’ubutwari

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rw’u Rwanda rwagaragarijwe icyo rwakora kigafatwa nk’ubutwari

Urubyiruko rw'u Rwanda rwagaragarijwe icyo rwakora kigafatwa nk’ubutwari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.