Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

radiotv10by radiotv10
18/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Zimbabwe, zishyize umukono ku masezerano y’imikoranire, abahanga mu bukungu, bavuga ko nubwo muri iki Gihugu higeze kuvugwa ibibazo by’izahara ry’ubukungu ryanatumye ifaranga ryaho rita agaciro, ariko hari byinshi u Rwanda rwacyungukiraho mu bukungu kuko ubu gihagaze neza.

Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 16 Gicurasi 2020, asinyirwa i Harare mu Murwa Mukuru wa Zimbabwe.

Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta ku ruhande rw’u Rwanda, na mugenzi we wa Zimbabwe, Frederick Musiiwa Makamure Shava, arimo ajyanye n’uburezi, guteza imbere abagore ndetse n’ay’imyubakire.

Ni amasezerano aje akurikira andi atatu yo muri Mata 2022 yasinyiwe i Kigali, mu muhango wayobowe na Perezida Dr Emmerson D. Mnangagwa wa Zimbabwe. Yo yari agamije guteza imbere ubukungu bushingiye ku bucuruzi n’ishoramari.

Umusesenguzi akaba n’umuhanga mu bukungu, avuga ko nubwo higeze kumvikana ko ubukungu bwa Zimbabwe bwigeze kuzahara, ariko hari byinshi u Rwanda rwakwigira kuri iki Gihugu.

Yagize ati “Buri Gihugu cyose kigira amateka kugeza ubwo twumvise ko umuntu atwara ingorofani agiye kugura umugati, cyangwa agatwara inoti ya miliyoni imwe agiye kugura ikilo cy’isukari.”

Akomeza agira ati “Ni abantu bafite ubutaka bunini, amabuye y’agaciro, sisiteme y’uburezi buteye imbere, ibihingwa bivamo amavuta, ibigori, bahinga atabi, ndetse ni Igihugu kinini. Inyungu ya mbere bo babifitemo, bashobora gukora ubucuruzi bw’ibyo bintu binyuze muri ayo masezerano.”

Yongera ati “Ku ruhande rw’u Rwanda; abantu bashobora kujya gukorerayo imirimo y’ubuhinzi buteye imbere. Iyo mirimo ishobora no guteza imbere inganda zitunganya uwo musaruro. Kubera ko uburezi bwabo buteye imbere; dushobora kureba uburyo imfashanyigisho za bo zikoze.”

N’ubwo Zimbabwe yanditse amateka y’igihugu cyabaye intangarugero y’ubukungu bwigeze kuzahara bikabije; ubu imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko muri 2021, umusaruro mbumbe wa Zimbabwe wari miliyari 28.37 USD.

Imibare y’iyi Banki kandi igaragaza ko muri icyo gihe umusaruro mbumbe w’u Rwanda wari miliyari 11.07 USD. Ni ukuvuga ko umusaruro mbumbe wa Zimbabwe wari ukubye inshuro ebyiri uw’u Rwanda.

Naho umusaruro mbumbwe w’umuturage umwe wa Zimbabwe ni 1,773.92 USD, naho uw’umunyarwanda ukaba 822.3 USD.

Muri 2021 kandi ubukungu bwa Zimbabwe bwazamutse kuri 8.5%, ubw’u Rwanda buzamuka kuri 10.9%.

Mu mpera y’umwaka wa 2022 idorali rya Amerika ryagurishwaga amafaranga ya zimbwabwe 930 mu gihe idorali rimwe ribarwa mu mafaranga y’Amanyarwanda asaga 1000.

Aya masezerano yasinywe ku wa Kabiri

Hasinywe amasezerano mu nzego zitandukanye

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − three =

Previous Post

Umunyarwandakazi yahawe inshingano zikomeye ku guhangana n’ikibazo cyugarije Isi

Next Post

Iperereza ku rupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wasanzwe ku muhanda yapfuye hari icyo ryagezeho

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Iperereza ku rupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wasanzwe ku muhanda yapfuye hari icyo ryagezeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.