Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

radiotv10by radiotv10
18/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Zimbabwe, zishyize umukono ku masezerano y’imikoranire, abahanga mu bukungu, bavuga ko nubwo muri iki Gihugu higeze kuvugwa ibibazo by’izahara ry’ubukungu ryanatumye ifaranga ryaho rita agaciro, ariko hari byinshi u Rwanda rwacyungukiraho mu bukungu kuko ubu gihagaze neza.

Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 16 Gicurasi 2020, asinyirwa i Harare mu Murwa Mukuru wa Zimbabwe.

Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta ku ruhande rw’u Rwanda, na mugenzi we wa Zimbabwe, Frederick Musiiwa Makamure Shava, arimo ajyanye n’uburezi, guteza imbere abagore ndetse n’ay’imyubakire.

Ni amasezerano aje akurikira andi atatu yo muri Mata 2022 yasinyiwe i Kigali, mu muhango wayobowe na Perezida Dr Emmerson D. Mnangagwa wa Zimbabwe. Yo yari agamije guteza imbere ubukungu bushingiye ku bucuruzi n’ishoramari.

Umusesenguzi akaba n’umuhanga mu bukungu, avuga ko nubwo higeze kumvikana ko ubukungu bwa Zimbabwe bwigeze kuzahara, ariko hari byinshi u Rwanda rwakwigira kuri iki Gihugu.

Yagize ati “Buri Gihugu cyose kigira amateka kugeza ubwo twumvise ko umuntu atwara ingorofani agiye kugura umugati, cyangwa agatwara inoti ya miliyoni imwe agiye kugura ikilo cy’isukari.”

Akomeza agira ati “Ni abantu bafite ubutaka bunini, amabuye y’agaciro, sisiteme y’uburezi buteye imbere, ibihingwa bivamo amavuta, ibigori, bahinga atabi, ndetse ni Igihugu kinini. Inyungu ya mbere bo babifitemo, bashobora gukora ubucuruzi bw’ibyo bintu binyuze muri ayo masezerano.”

Yongera ati “Ku ruhande rw’u Rwanda; abantu bashobora kujya gukorerayo imirimo y’ubuhinzi buteye imbere. Iyo mirimo ishobora no guteza imbere inganda zitunganya uwo musaruro. Kubera ko uburezi bwabo buteye imbere; dushobora kureba uburyo imfashanyigisho za bo zikoze.”

N’ubwo Zimbabwe yanditse amateka y’igihugu cyabaye intangarugero y’ubukungu bwigeze kuzahara bikabije; ubu imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko muri 2021, umusaruro mbumbe wa Zimbabwe wari miliyari 28.37 USD.

Imibare y’iyi Banki kandi igaragaza ko muri icyo gihe umusaruro mbumbe w’u Rwanda wari miliyari 11.07 USD. Ni ukuvuga ko umusaruro mbumbe wa Zimbabwe wari ukubye inshuro ebyiri uw’u Rwanda.

Naho umusaruro mbumbwe w’umuturage umwe wa Zimbabwe ni 1,773.92 USD, naho uw’umunyarwanda ukaba 822.3 USD.

Muri 2021 kandi ubukungu bwa Zimbabwe bwazamutse kuri 8.5%, ubw’u Rwanda buzamuka kuri 10.9%.

Mu mpera y’umwaka wa 2022 idorali rya Amerika ryagurishwaga amafaranga ya zimbwabwe 930 mu gihe idorali rimwe ribarwa mu mafaranga y’Amanyarwanda asaga 1000.

Aya masezerano yasinywe ku wa Kabiri

Hasinywe amasezerano mu nzego zitandukanye

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Umunyarwandakazi yahawe inshingano zikomeye ku guhangana n’ikibazo cyugarije Isi

Next Post

Iperereza ku rupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wasanzwe ku muhanda yapfuye hari icyo ryagezeho

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Iperereza ku rupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wasanzwe ku muhanda yapfuye hari icyo ryagezeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.