Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

radiotv10by radiotv10
18/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Zimbabwe, zishyize umukono ku masezerano y’imikoranire, abahanga mu bukungu, bavuga ko nubwo muri iki Gihugu higeze kuvugwa ibibazo by’izahara ry’ubukungu ryanatumye ifaranga ryaho rita agaciro, ariko hari byinshi u Rwanda rwacyungukiraho mu bukungu kuko ubu gihagaze neza.

Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 16 Gicurasi 2020, asinyirwa i Harare mu Murwa Mukuru wa Zimbabwe.

Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta ku ruhande rw’u Rwanda, na mugenzi we wa Zimbabwe, Frederick Musiiwa Makamure Shava, arimo ajyanye n’uburezi, guteza imbere abagore ndetse n’ay’imyubakire.

Ni amasezerano aje akurikira andi atatu yo muri Mata 2022 yasinyiwe i Kigali, mu muhango wayobowe na Perezida Dr Emmerson D. Mnangagwa wa Zimbabwe. Yo yari agamije guteza imbere ubukungu bushingiye ku bucuruzi n’ishoramari.

Umusesenguzi akaba n’umuhanga mu bukungu, avuga ko nubwo higeze kumvikana ko ubukungu bwa Zimbabwe bwigeze kuzahara, ariko hari byinshi u Rwanda rwakwigira kuri iki Gihugu.

Yagize ati “Buri Gihugu cyose kigira amateka kugeza ubwo twumvise ko umuntu atwara ingorofani agiye kugura umugati, cyangwa agatwara inoti ya miliyoni imwe agiye kugura ikilo cy’isukari.”

Akomeza agira ati “Ni abantu bafite ubutaka bunini, amabuye y’agaciro, sisiteme y’uburezi buteye imbere, ibihingwa bivamo amavuta, ibigori, bahinga atabi, ndetse ni Igihugu kinini. Inyungu ya mbere bo babifitemo, bashobora gukora ubucuruzi bw’ibyo bintu binyuze muri ayo masezerano.”

Yongera ati “Ku ruhande rw’u Rwanda; abantu bashobora kujya gukorerayo imirimo y’ubuhinzi buteye imbere. Iyo mirimo ishobora no guteza imbere inganda zitunganya uwo musaruro. Kubera ko uburezi bwabo buteye imbere; dushobora kureba uburyo imfashanyigisho za bo zikoze.”

N’ubwo Zimbabwe yanditse amateka y’igihugu cyabaye intangarugero y’ubukungu bwigeze kuzahara bikabije; ubu imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko muri 2021, umusaruro mbumbe wa Zimbabwe wari miliyari 28.37 USD.

Imibare y’iyi Banki kandi igaragaza ko muri icyo gihe umusaruro mbumbe w’u Rwanda wari miliyari 11.07 USD. Ni ukuvuga ko umusaruro mbumbe wa Zimbabwe wari ukubye inshuro ebyiri uw’u Rwanda.

Naho umusaruro mbumbwe w’umuturage umwe wa Zimbabwe ni 1,773.92 USD, naho uw’umunyarwanda ukaba 822.3 USD.

Muri 2021 kandi ubukungu bwa Zimbabwe bwazamutse kuri 8.5%, ubw’u Rwanda buzamuka kuri 10.9%.

Mu mpera y’umwaka wa 2022 idorali rya Amerika ryagurishwaga amafaranga ya zimbwabwe 930 mu gihe idorali rimwe ribarwa mu mafaranga y’Amanyarwanda asaga 1000.

Aya masezerano yasinywe ku wa Kabiri

Hasinywe amasezerano mu nzego zitandukanye

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Umunyarwandakazi yahawe inshingano zikomeye ku guhangana n’ikibazo cyugarije Isi

Next Post

Iperereza ku rupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wasanzwe ku muhanda yapfuye hari icyo ryagezeho

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Iperereza ku rupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wasanzwe ku muhanda yapfuye hari icyo ryagezeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.