Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabonye miliyari 58Frw arimo azatanga umusanzu mu gukemura ikibazo gihangayikisha benshi

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwabonye miliyari 58Frw arimo azatanga umusanzu mu gukemura ikibazo gihangayikisha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Banki y’Abarabu y’Iterambere ry’Ubukungu muri Afurika (BADEA) yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 45 USD (arenga miliyari 58 Frw), arimo miliyoni 20$ azafasha u Rwanda mu gukwirakwiza amazi meza.

Iyi nguzanyo yakiriwe kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ukwakira 2025, uretse izi miliyoni 20$ azagira uruhare kongerera ubushobozi uruganda rwa Karenge, arimo na Miliyoni 25$ azanyuzwa muri Banki y’u Rwanda y’Amajyambere BRD, azifashishwa mu gushyigikira imishinga mito n’iciriritse.

Amasezerano y’inguzanyo hagati y’u Rwanda na BADEA ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Iganamigambi, ushinzwe Imari ya Leta, Godfrey Kabera ndetse na Sayinzonga Kampeta Pitchette, Umuyobozi Mukuru wa BRD, mu gihe ku ruhande rwa BADEA yashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’iyi Banki Dr Fahad Abdullah Aldossari.

Dr. Asaph Kabaasha, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (Wasac) yavuze ko aya mafaranga bahawe azatuma imirimo yo kubaka uruganda rwa Karenge yihuta ndetse no gukwirakwiza amazi hirya no hino.

Ati “Imirimo yo kubaka yari igeze hafi kuri 18%, iyi nkunga rero izadufasha mu gukwirakwiza amazi hirya no hino mu baturage, ndetse no mu kubaka ibigega tuzifashisha mu kubika amazi no gushyiraho imiyoboro ivana amazi ku ruganda ikayageza ku bigega ariko ikanayageza no ku baturage.”

Sayinzonga Kampeta yavuze ko iyi nguzanyo bahawe izatuma abikorera by’umwihariko abagore n’urubyiruko ndetse n’abohereza ibicuruzwa mu mahanga, babona inguzanyo mu buryo bworoshye.

Yagize ati “Iyi nguzanyo by’umwihariko izibanda cyane ku bagore n’urubyiruko, n’abikorera mu buryo bwo kohereza ibintu mu mahanga, twishimiye yuko nyuma yo kubona aya mafaranga bizadufasha  kuyageza ku bikorera ku buryo bazayabona atabahenze cyane, ibi bikazatuma business zabo zirushaho gutera imbere.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imari ya Leta muri MINECOFIN, Kabera Godfrey yavuze ko iyi nguzanyo izatuma u Rwanda rugera ku ntego yarwo yo kuba mu Bihugu byateye imbere muri 2050.

Ati “Aya mafaranga twahawe ni inguzanyo zidahenze, ni ukuvuga ngo azadufasha kugira ngo tubashe gukomeza inzira turimo y’iterambere igamije ko u Rwanda ruzaba ruri mu Bihugu byateye imbere muri 2050.”

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya BADEA, Dr Fahad Abdullah Aldossari yavuze KO kuva batangira gukorana n’u Rwanda bishimira ko byatanze umusaruro.

Ati “Guhera mu mwaka w’1974 iyi Banki imaze guha u Rwanda arenga miliyoni 300$ yashyizwe mu mishinga itandukanye by’umwihariko mu kwagura ibikorwa remezo, kandi twishimira ko byinshi mu bikorwa remezo twagizemo uruhare hano mu Rwanda byatanze umusaruro ku baturage bose. Ku bw’iyo mpamvu rero twongeye gusinyana andi masezerano kugira ngo dukomeze iyo mikoranire.”

Iyi nguzanyo yahawe u Rwanda na Banki y’Abarabu y’Iterambere ry’Ubukungu muri Afurika (BADEA) izishyurwa mu myaka igera kuri 20.

BRD na yo yahawe Miliyoni 25 USD azafasha imishinga mito

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − six =

Previous Post

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

Next Post

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.