Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwamaganiye kure imvugo yakoreshejwe n’umwe mu bagize Guverinoma ya DRC washinje Ingabo z’u Rwanda ngo gufatanya na M23 gukorera Jenoside Abanyekongo b’Abahutu, ruvuga ko ibi birego by’ibinyoma ari “umurongo utukura” udashobora kwihanganirwa ngo ube warengwaho.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri i Genève mu Busuwisi hateranye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu.

Muri aka Kanama, Komiseri ushinzwe Uburenganzira bwa Muntu muri UN, Volker Türk na we wagendeye ku birego by’ibinyoma, yavuze ko hagati ya tariki 08 na 29 Nyakanga, ngo abarwanyi M23 bari kumwe n’abarimo abasivile n’abasirikare ngo bikekwa ko ari Ingabo z’u Rwanda, bateye amasambu menshi muri Sheferi ya Bwishya ngo bakica abasivile benshi b’Abahutu.

Minisitiri w’Uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Samuel Mbemba Kabuya wari uhagarariye iki Gihugu muri aka Kanama, yubakiye kuri ibi byatangajwe na Volker Türk, avuga ko ibyabaye ari Jenoside.

Yavuze ko Volker Türk yari akwiye kuvuga ko Ingabo z’u Rwanda zifatanyije na M23 bakoreye Jenoside Abahutu bo muri biriya bice byo muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ni imvugo yahise yamaganirwa kure na Urujeni Bakuramutsa Manzi, Ambasaderi w’u Rwanda mu Biro bya UN, wavuze ko ibyatangajwe na Minisitiri Samuel Mbemba Kabuya ari igitutsi gikomeye ku Gihugu nk’u Rwanda.

Yabanje kuvuga ko yifuza kumva neza ibyatangajwe na Ministiri Samuel Mbemba Kabuya, niba “ashinja itsinda ryacu n’Igihugu cyacu kuba Abajenosideri ku butaka bwabo.” Kandi byaba ari amahano kwemeza ikintu nk’iki kidashingiye ku mategeko n’amahame mpuzamahanga, aboneraho gusaba umwanya wo kugira icyo abivugaho.

Ahawe umwanya ngo asubize kuri ibi birego by’ibinyoma, Amb. Urujendo Bakuramutsa yagize ati “Ni umurongo utukura, nyakubahwa Perezida, ku Gihugu cyacu gushinjwa Jenoside, mu gihe tuzi ko ari ibintu bigenwa n’amahame mpuzamahanga, nta rwego na rwumwe rwigeze ruyita gutyo, rero ntabwo nshobora kwemera ko ibintu nk’ibyo bivugirwa hano mu nyubako za UN, ngo nemere ko bibera mu maso yanyu nyakubahwa Perezida. Ndifuza ko muha umurongo ibi bintu. Ntabwo ari ibirego dushobora kwemera.”

Ibi birego by’ibinyoma bishingiye kuri raporo ziherutse kujya hanze, zavuze ko hari abaturage b’Abahutu bishwe muri biriya bice byo muri Rutshuru.

Amb. Bakuramutsa yavuze ko ziriya raporo zuzuye amakuru abogamye, atanakorewe ubugenzuzi, kuko abazikoze batigeze banakandagira aho bavuga ko ibyo byabereye, ahubwo ko no muri izo nyandiko ubwazo banivugira ko hari imbogamizi zo kuhagera.

Ati “Ntibigeze bagera ku makuru mpamo, ibirego nk’ibi bikomeye, ni ngombwa ko binagaragarizwa ibihamya bifatika.”

Ibi birego byatangiye kuzamurwa n’Ubutegetsi bwa DRC, mu gihe ahubwo ari bwo bwakunze gushinjwa kenshi gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, mu bikorwa byo kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, n’ubu bagikomeje kugirirwa nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + ten =

Previous Post

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Next Post

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

by radiotv10
28/10/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo, the daughter of King Yuhi V Musinga who ruled Rwanda between 1896 and 1931, has passed away...

IZIHERUKA

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima
MU RWANDA

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

29/10/2025
Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.