Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwamaganiye kure imvugo yakoreshejwe n’umwe mu bagize Guverinoma ya DRC washinje Ingabo z’u Rwanda ngo gufatanya na M23 gukorera Jenoside Abanyekongo b’Abahutu, ruvuga ko ibi birego by’ibinyoma ari “umurongo utukura” udashobora kwihanganirwa ngo ube warengwaho.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri i Genève mu Busuwisi hateranye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu.

Muri aka Kanama, Komiseri ushinzwe Uburenganzira bwa Muntu muri UN, Volker Türk na we wagendeye ku birego by’ibinyoma, yavuze ko hagati ya tariki 08 na 29 Nyakanga, ngo abarwanyi M23 bari kumwe n’abarimo abasivile n’abasirikare ngo bikekwa ko ari Ingabo z’u Rwanda, bateye amasambu menshi muri Sheferi ya Bwishya ngo bakica abasivile benshi b’Abahutu.

Minisitiri w’Uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Samuel Mbemba Kabuya wari uhagarariye iki Gihugu muri aka Kanama, yubakiye kuri ibi byatangajwe na Volker Türk, avuga ko ibyabaye ari Jenoside.

Yavuze ko Volker Türk yari akwiye kuvuga ko Ingabo z’u Rwanda zifatanyije na M23 bakoreye Jenoside Abahutu bo muri biriya bice byo muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ni imvugo yahise yamaganirwa kure na Urujeni Bakuramutsa Manzi, Ambasaderi w’u Rwanda mu Biro bya UN, wavuze ko ibyatangajwe na Minisitiri Samuel Mbemba Kabuya ari igitutsi gikomeye ku Gihugu nk’u Rwanda.

Yabanje kuvuga ko yifuza kumva neza ibyatangajwe na Ministiri Samuel Mbemba Kabuya, niba “ashinja itsinda ryacu n’Igihugu cyacu kuba Abajenosideri ku butaka bwabo.” Kandi byaba ari amahano kwemeza ikintu nk’iki kidashingiye ku mategeko n’amahame mpuzamahanga, aboneraho gusaba umwanya wo kugira icyo abivugaho.

Ahawe umwanya ngo asubize kuri ibi birego by’ibinyoma, Amb. Urujendo Bakuramutsa yagize ati “Ni umurongo utukura, nyakubahwa Perezida, ku Gihugu cyacu gushinjwa Jenoside, mu gihe tuzi ko ari ibintu bigenwa n’amahame mpuzamahanga, nta rwego na rwumwe rwigeze ruyita gutyo, rero ntabwo nshobora kwemera ko ibintu nk’ibyo bivugirwa hano mu nyubako za UN, ngo nemere ko bibera mu maso yanyu nyakubahwa Perezida. Ndifuza ko muha umurongo ibi bintu. Ntabwo ari ibirego dushobora kwemera.”

Ibi birego by’ibinyoma bishingiye kuri raporo ziherutse kujya hanze, zavuze ko hari abaturage b’Abahutu bishwe muri biriya bice byo muri Rutshuru.

Amb. Bakuramutsa yavuze ko ziriya raporo zuzuye amakuru abogamye, atanakorewe ubugenzuzi, kuko abazikoze batigeze banakandagira aho bavuga ko ibyo byabereye, ahubwo ko no muri izo nyandiko ubwazo banivugira ko hari imbogamizi zo kuhagera.

Ati “Ntibigeze bagera ku makuru mpamo, ibirego nk’ibi bikomeye, ni ngombwa ko binagaragarizwa ibihamya bifatika.”

Ibi birego byatangiye kuzamurwa n’Ubutegetsi bwa DRC, mu gihe ahubwo ari bwo bwakunze gushinjwa kenshi gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, mu bikorwa byo kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, n’ubu bagikomeje kugirirwa nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Next Post

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.