Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Photo/Internet (Ni abaturutse muri Libya)

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko indege izazana abimukira n’abashaka ubuhungiro bazaturuka mu Bwongereza, izasesekara i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022, inagaragaza ibyo bazagenerwa bakihagera.

Byemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri cyarimo n’abandi bayobozi bo muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wasasiye iki kiganiro, agaruka ku masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza, yavuze ko u Rwanda rusanzwe ruzwiho kugira uruhare mu kubungabunga ubuzima bw’abashaka ubuhungiro ndetse ko aba baturutse muri UK atari bo ba mbere kuko hari n’abaturutse mu Bwongereza bagiye bakirwa.

Yavuze ko aba baturutse muri Libya bageze mu Rwanda bakakirwa neza ndetse ko bamwe muri bob amaze kubona Ibihugu bibakira.

Agaruka kuri aba bagiye guturuka mu Bwongereza, Yolande Makolo, yagize ati “Ku munsi w’ejo ubwo indege ya mbere izaba igeze i Kigali, aba mbere bazaba baje, bazakirwa kandi bakurikiranwe banahabwe ubufasha kugira ngo bakire ubuzima bushya inaha.”

Agaruka ku bizagenerwa aba bantu, Umuvugizi wa Guverinoma, yavuze ko bazahabwa ubufasha mu bijyanye no kuzuza ibyangombwa bisaba ubuhungiro, burimo ubujyanye n’amategeko ndetse no gufashwa mu bijyanye no gusemurirwa.

Ati “Tuzabaha kandi aho kuba haboneye ndetse banahabwe ibikenerwa by’ibanze.”

Yolande Makolo yagaragaje ibizagenerwa aba bazaturuka mu Bwongereza

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yongeye kuvuga ko aba bazazanwa mu Rwanda, abazaba babishaka bazasaba ibyangombwa byo gutura mu Rwanda nk’abandi baturarwanda cyangwa se abandi bagasubizwa mu Bihugu bakomokamo.

Aba biganjemo Abanyafurika bagiye koherezwa mu Rwanda, ni abinjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bifuza kujya gushakisha imibereho myiza ku Mugabane w’u Burayi.

Yolande Makolo avuga ko nubwo bafite uburenganzira bwo kuzajya ahandi ariko ko bizezwa ko bazishimira u Rwanda ndetse bakifuza kurugumamo.

Ati “Twizeye ko bazahitamo kugumana natwe, kandi bagakurikiza iby’abandi bahisemo kugira u Rwanda iwabo. Nkuko nabivuze aya masezerano y’ubufatanye ashingiye ku bigwi byiza byo kwakira impunzi no gufata neza abimukira kandi bazagabwa ibyiza wenda bitari ku rwego rw’ijuru aba bantu bari bakurikiye ariko bazahabwa amahirwe yo kubaka ubuzima bushya hano no kwiteza imbere hamwe n’Abandi Banyarwanda.”

U Rwanda rwakunze kuvuga ko rudafite ibya mirenge byo guha abimukira ariko ko bicye rufite rwabisangira na bo aho kugira ngo ubuzima bwabo bukomeze kuba mu kangaratete bisanga mu bikorwa by’icuruzwa ry’abantu ndetse n’imirimo y’uburetwa.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yagarutse ku bakomeje kunenga iyi gahunda iri hagati yayo n’iy’u Bwongereza, ivuga ko igikwiye guhabwa agaciro ari icyo igamije kandi ko nta numwe utabona ko ari kiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Bazaze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti- Min.Gatabazi yibiye ibanga Abanyarwanda uko bazakira abazitabira CHOGM

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.