Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Photo/Internet (Ni abaturutse muri Libya)

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko indege izazana abimukira n’abashaka ubuhungiro bazaturuka mu Bwongereza, izasesekara i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022, inagaragaza ibyo bazagenerwa bakihagera.

Byemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri cyarimo n’abandi bayobozi bo muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wasasiye iki kiganiro, agaruka ku masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza, yavuze ko u Rwanda rusanzwe ruzwiho kugira uruhare mu kubungabunga ubuzima bw’abashaka ubuhungiro ndetse ko aba baturutse muri UK atari bo ba mbere kuko hari n’abaturutse mu Bwongereza bagiye bakirwa.

Yavuze ko aba baturutse muri Libya bageze mu Rwanda bakakirwa neza ndetse ko bamwe muri bob amaze kubona Ibihugu bibakira.

Agaruka kuri aba bagiye guturuka mu Bwongereza, Yolande Makolo, yagize ati “Ku munsi w’ejo ubwo indege ya mbere izaba igeze i Kigali, aba mbere bazaba baje, bazakirwa kandi bakurikiranwe banahabwe ubufasha kugira ngo bakire ubuzima bushya inaha.”

Agaruka ku bizagenerwa aba bantu, Umuvugizi wa Guverinoma, yavuze ko bazahabwa ubufasha mu bijyanye no kuzuza ibyangombwa bisaba ubuhungiro, burimo ubujyanye n’amategeko ndetse no gufashwa mu bijyanye no gusemurirwa.

Ati “Tuzabaha kandi aho kuba haboneye ndetse banahabwe ibikenerwa by’ibanze.”

Yolande Makolo yagaragaje ibizagenerwa aba bazaturuka mu Bwongereza

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yongeye kuvuga ko aba bazazanwa mu Rwanda, abazaba babishaka bazasaba ibyangombwa byo gutura mu Rwanda nk’abandi baturarwanda cyangwa se abandi bagasubizwa mu Bihugu bakomokamo.

Aba biganjemo Abanyafurika bagiye koherezwa mu Rwanda, ni abinjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bifuza kujya gushakisha imibereho myiza ku Mugabane w’u Burayi.

Yolande Makolo avuga ko nubwo bafite uburenganzira bwo kuzajya ahandi ariko ko bizezwa ko bazishimira u Rwanda ndetse bakifuza kurugumamo.

Ati “Twizeye ko bazahitamo kugumana natwe, kandi bagakurikiza iby’abandi bahisemo kugira u Rwanda iwabo. Nkuko nabivuze aya masezerano y’ubufatanye ashingiye ku bigwi byiza byo kwakira impunzi no gufata neza abimukira kandi bazagabwa ibyiza wenda bitari ku rwego rw’ijuru aba bantu bari bakurikiye ariko bazahabwa amahirwe yo kubaka ubuzima bushya hano no kwiteza imbere hamwe n’Abandi Banyarwanda.”

U Rwanda rwakunze kuvuga ko rudafite ibya mirenge byo guha abimukira ariko ko bicye rufite rwabisangira na bo aho kugira ngo ubuzima bwabo bukomeze kuba mu kangaratete bisanga mu bikorwa by’icuruzwa ry’abantu ndetse n’imirimo y’uburetwa.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yagarutse ku bakomeje kunenga iyi gahunda iri hagati yayo n’iy’u Bwongereza, ivuga ko igikwiye guhabwa agaciro ari icyo igamije kandi ko nta numwe utabona ko ari kiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + fourteen =

Previous Post

Bazaze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti- Min.Gatabazi yibiye ibanga Abanyarwanda uko bazakira abazitabira CHOGM

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

by radiotv10
27/10/2025
0

Umusesenguzi mu bya politiki, avuga ko ifatwa ry’umurwanyi wa FDLR uzwi nka Tokyo, ari gihamya ko uyu mutwe w’iterabwoba ari...

Eng.-Arrest of another notorious FDLR combatant known for extreme cruelty: What message does it send?

Eng.-Arrest of another notorious FDLR combatant known for extreme cruelty: What message does it send?

by radiotv10
27/10/2025
0

A political analyst says that the capture of the FDLR fighter known as “Tokyo” is a proof that this terrorist...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

IZIHERUKA

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo
MU RWANDA

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

02/11/2025
The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.