Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Photo/Internet (Ni abaturutse muri Libya)

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko indege izazana abimukira n’abashaka ubuhungiro bazaturuka mu Bwongereza, izasesekara i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022, inagaragaza ibyo bazagenerwa bakihagera.

Byemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri cyarimo n’abandi bayobozi bo muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wasasiye iki kiganiro, agaruka ku masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza, yavuze ko u Rwanda rusanzwe ruzwiho kugira uruhare mu kubungabunga ubuzima bw’abashaka ubuhungiro ndetse ko aba baturutse muri UK atari bo ba mbere kuko hari n’abaturutse mu Bwongereza bagiye bakirwa.

Yavuze ko aba baturutse muri Libya bageze mu Rwanda bakakirwa neza ndetse ko bamwe muri bob amaze kubona Ibihugu bibakira.

Agaruka kuri aba bagiye guturuka mu Bwongereza, Yolande Makolo, yagize ati “Ku munsi w’ejo ubwo indege ya mbere izaba igeze i Kigali, aba mbere bazaba baje, bazakirwa kandi bakurikiranwe banahabwe ubufasha kugira ngo bakire ubuzima bushya inaha.”

Agaruka ku bizagenerwa aba bantu, Umuvugizi wa Guverinoma, yavuze ko bazahabwa ubufasha mu bijyanye no kuzuza ibyangombwa bisaba ubuhungiro, burimo ubujyanye n’amategeko ndetse no gufashwa mu bijyanye no gusemurirwa.

Ati “Tuzabaha kandi aho kuba haboneye ndetse banahabwe ibikenerwa by’ibanze.”

Yolande Makolo yagaragaje ibizagenerwa aba bazaturuka mu Bwongereza

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yongeye kuvuga ko aba bazazanwa mu Rwanda, abazaba babishaka bazasaba ibyangombwa byo gutura mu Rwanda nk’abandi baturarwanda cyangwa se abandi bagasubizwa mu Bihugu bakomokamo.

Aba biganjemo Abanyafurika bagiye koherezwa mu Rwanda, ni abinjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bifuza kujya gushakisha imibereho myiza ku Mugabane w’u Burayi.

Yolande Makolo avuga ko nubwo bafite uburenganzira bwo kuzajya ahandi ariko ko bizezwa ko bazishimira u Rwanda ndetse bakifuza kurugumamo.

Ati “Twizeye ko bazahitamo kugumana natwe, kandi bagakurikiza iby’abandi bahisemo kugira u Rwanda iwabo. Nkuko nabivuze aya masezerano y’ubufatanye ashingiye ku bigwi byiza byo kwakira impunzi no gufata neza abimukira kandi bazagabwa ibyiza wenda bitari ku rwego rw’ijuru aba bantu bari bakurikiye ariko bazahabwa amahirwe yo kubaka ubuzima bushya hano no kwiteza imbere hamwe n’Abandi Banyarwanda.”

U Rwanda rwakunze kuvuga ko rudafite ibya mirenge byo guha abimukira ariko ko bicye rufite rwabisangira na bo aho kugira ngo ubuzima bwabo bukomeze kuba mu kangaratete bisanga mu bikorwa by’icuruzwa ry’abantu ndetse n’imirimo y’uburetwa.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yagarutse ku bakomeje kunenga iyi gahunda iri hagati yayo n’iy’u Bwongereza, ivuga ko igikwiye guhabwa agaciro ari icyo igamije kandi ko nta numwe utabona ko ari kiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 8 =

Previous Post

Bazaze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti- Min.Gatabazi yibiye ibanga Abanyarwanda uko bazakira abazitabira CHOGM

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.