Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje icyo rwakora igihe Congo yarushozaho intambara

radiotv10by radiotv10
21/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwagaragaje icyo rwakora igihe Congo yarushozaho intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko nta na rimwe rwigeze rutekereza kuba rwashoza intambara ku Gihugu cy’igituranyi, icyakora ko mu gihe rwo rwayishozwaho nkuko Congo ikomeje kubicamo amarenga, ntacyarubuza kuyirwana.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda nyuma yuko u Rwanda rugize icyo ruvuga ku itangazo rya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagiye hanze ku ya 17 Mutarama 2023.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya DRC, ryanasubijwe na Guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yashyize hanze ku wa Kane tariki 19 Mutarama 2023, ryamagana irya Congo Kinshasa yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23.

Mu itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, yagaragaje ko ibikubiye mu itangazo rya Congo Kinshasa bigaragaza umugambi mubisha wo gutegura intambara ku Rwanda.

Muri iri tangazo ry’u Rwanda, hari ahagira hati “Kuba DRC yarahaye akazi abacancuro mpuzamahanga, ni gihamya ntashidikanywaho ko DRC iri gutegura intambara aho kuba amahoro.”

Amarenga yo kuba DRC ishaka gushoza intambara ku Rwanda yanagiye anumvikana mu mvugo za Perezida wa kiriya Gihugu, Felix Tshisekedi, wagiye avuga kenshi ko ashaka gutera u Rwanda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko u Rwanda ruhora rwifuza kubana neza n’Ibihugu byaba ibituranyi byarwo cyangwa ibindi bya kure.

Ati “U Rwanda ntabwo ruzigera rushaka gutera Igihugu icyo ari cyo cyose gituranyi. Gahunda turimo ni iyo gutera imbere, gahunda turimo gushoramo ingufu mu bukungu n’ibindi, ni ibikorwa bisaba ko habaho umutekano. Ntabwo u Rwanda rushaka intambara.

Amahoro kuri kariya gace, ni ubukire ku Rwanda na Uganda na Tanzania n’ibindi Bihugu icyenda byose bikikije Congo kuko twese turabyemera Congo ni Geant [irakungahaye] ntawabihakana.”

Alain Mukuralinda kandi yaboneyeho guhumuriza Abaturarwanda ko umutekano wabo urinzwe ku buryo ntawapfa kuwuhungabanya kandi ko n’iyo hagira ubigerageza ko inzego z’umutekano zarwo ziteguye.

Ati “Umutekano w’u Rwanda urarinzwe, inkiko z’u Rwanda zirarinzwe, ibigomba gukorwa byose kugira ngo abantu batekane birakobwa, n’intambara niruyishorwamo ruzayirwana. Ntayo ruzateza ariko niruyishorwamo ruzayirwana.”

Tariki 30 Ugushyingo 2022, ubwo Perezida Paul Kagame yayoboraga umuhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya bari binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, yagarutse kuri Perezida Tshisekedi wari umaze iminsi avuga ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda.

Icyo gihe Perezida Kagame yari yagize ati “Iyo nza kuba ndi ugira inama uwo muntu wakunze kuvuga ibi, nakamugiriye inama ko dukeneye gukorana no kubana mu mahoro, kuko niba wifuza umuntu uzi iby’intambara, rwose uzaze umbaze kuko hari icyo nyiziho kandi nzi uburyo ari mbi kandi nzi neza ko ntakiruta kugira amahoro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 13 =

Previous Post

Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Next Post

Abapolisi babonye umusore ahetse ibikapu bamukeho ibitemewe bamusatse basanga ntibibeshye

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi babonye umusore ahetse ibikapu bamukeho ibitemewe bamusatse basanga ntibibeshye

Abapolisi babonye umusore ahetse ibikapu bamukeho ibitemewe bamusatse basanga ntibibeshye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.