Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje icyo rwakora igihe Congo yarushozaho intambara

radiotv10by radiotv10
21/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwagaragaje icyo rwakora igihe Congo yarushozaho intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko nta na rimwe rwigeze rutekereza kuba rwashoza intambara ku Gihugu cy’igituranyi, icyakora ko mu gihe rwo rwayishozwaho nkuko Congo ikomeje kubicamo amarenga, ntacyarubuza kuyirwana.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda nyuma yuko u Rwanda rugize icyo ruvuga ku itangazo rya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagiye hanze ku ya 17 Mutarama 2023.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya DRC, ryanasubijwe na Guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yashyize hanze ku wa Kane tariki 19 Mutarama 2023, ryamagana irya Congo Kinshasa yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23.

Mu itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, yagaragaje ko ibikubiye mu itangazo rya Congo Kinshasa bigaragaza umugambi mubisha wo gutegura intambara ku Rwanda.

Muri iri tangazo ry’u Rwanda, hari ahagira hati “Kuba DRC yarahaye akazi abacancuro mpuzamahanga, ni gihamya ntashidikanywaho ko DRC iri gutegura intambara aho kuba amahoro.”

Amarenga yo kuba DRC ishaka gushoza intambara ku Rwanda yanagiye anumvikana mu mvugo za Perezida wa kiriya Gihugu, Felix Tshisekedi, wagiye avuga kenshi ko ashaka gutera u Rwanda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko u Rwanda ruhora rwifuza kubana neza n’Ibihugu byaba ibituranyi byarwo cyangwa ibindi bya kure.

Ati “U Rwanda ntabwo ruzigera rushaka gutera Igihugu icyo ari cyo cyose gituranyi. Gahunda turimo ni iyo gutera imbere, gahunda turimo gushoramo ingufu mu bukungu n’ibindi, ni ibikorwa bisaba ko habaho umutekano. Ntabwo u Rwanda rushaka intambara.

Amahoro kuri kariya gace, ni ubukire ku Rwanda na Uganda na Tanzania n’ibindi Bihugu icyenda byose bikikije Congo kuko twese turabyemera Congo ni Geant [irakungahaye] ntawabihakana.”

Alain Mukuralinda kandi yaboneyeho guhumuriza Abaturarwanda ko umutekano wabo urinzwe ku buryo ntawapfa kuwuhungabanya kandi ko n’iyo hagira ubigerageza ko inzego z’umutekano zarwo ziteguye.

Ati “Umutekano w’u Rwanda urarinzwe, inkiko z’u Rwanda zirarinzwe, ibigomba gukorwa byose kugira ngo abantu batekane birakobwa, n’intambara niruyishorwamo ruzayirwana. Ntayo ruzateza ariko niruyishorwamo ruzayirwana.”

Tariki 30 Ugushyingo 2022, ubwo Perezida Paul Kagame yayoboraga umuhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya bari binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, yagarutse kuri Perezida Tshisekedi wari umaze iminsi avuga ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda.

Icyo gihe Perezida Kagame yari yagize ati “Iyo nza kuba ndi ugira inama uwo muntu wakunze kuvuga ibi, nakamugiriye inama ko dukeneye gukorana no kubana mu mahoro, kuko niba wifuza umuntu uzi iby’intambara, rwose uzaze umbaze kuko hari icyo nyiziho kandi nzi uburyo ari mbi kandi nzi neza ko ntakiruta kugira amahoro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + two =

Previous Post

Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Next Post

Abapolisi babonye umusore ahetse ibikapu bamukeho ibitemewe bamusatse basanga ntibibeshye

Related Posts

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years
IMYIDAGADURO

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi babonye umusore ahetse ibikapu bamukeho ibitemewe bamusatse basanga ntibibeshye

Abapolisi babonye umusore ahetse ibikapu bamukeho ibitemewe bamusatse basanga ntibibeshye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.