Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje icyo rwakuye mu mvugo ya Tshisekedi wongeye kwerura umugambi arufiteho

radiotv10by radiotv10
20/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje icyo rwakuye mu mvugo ya Tshisekedi wongeye kwerura umugambi arufiteho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi avuze ko Igihugu cye  cyiteguye gukoresha intwaro mu guhangana n’u Rwanda, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko na rwo rwumvise icyo Tshisekedi aganishaho, kandi ko na rwo rudasinziriye.

Perezida Felix Tshisekedi yatangaje aya magambo mu kiganiro yagiranye n’ibitangazamakuru mpuzamahanga; France 24 na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI).

Iki kiganiro cyagiye hanze mu cyumweru twaraye dusoje, ku wa Kane tariki 16 Ugushyingo, Tshisekedi uba wakiriye abanyamakuru babiri b’ibi bitangazamakuru, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko ari rwo nyirabayazana w’ibibazo by’umutekano biri mu Gihugu cye.

Ni ibirego u Rwanda rutahwemye kwamaganira kure, rusobanura ko ibibazo byo muri Congo ari iby’iki Gihugu ubwacyo kandi ko bishinze imizi ku miyoborere yacyo idashoboye gukemura umuzi w’ibitera ibi bibazo, nko kurandura imitwe irimo FDLR idahwema kugirira nabi bamwe mu Banyekongo.

Muri iki kiganiro na France 24 na RFI, Perezida Tshisekedi yavuze ko Igihugu cye cyiteguye gukoresha imbaraga zose ngo kuko cyasabye Umuryango Mpuzamahanga gufatira u Rwanda ibihano ariko urinangira.

Yagize ati “Nibakomeza kwinangira tuzakora ibiri mu bushobozi bwacu turinde umutekano. Tuzakoresha inzira zacu kugira ngo twirwaneho, tunacungire umutekano abaturage bacu.”

Umunyamakuru yahise abaza Tshisekedi niba atari kuvuga ko Igihugu cye cyaba cyiteguye gukoresha uburyo bwa gisirikare, amusubiza na bwangu agira ati “Ubwo se urumva ubundi buryo tuzakoresha atari intwaro ari ubuhe?”

Nubwo atari rimwe cyangwa kabiri Tshisekedi yeruye ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, iyi mvugo ye yongeye kubishimangira.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, agendeye kuri iyi mvugo ya Perezida wa DRC, yavuze ko u Rwanda na rwo rwumvise ubutumwa yashatse kuvuga.

Akoresheje imigani migufi, Mukuralinda yagize ati “Imfubyi yumvira mu rusaku, kandi Ukubita umwana ntumubwiriza kurira. Kubera iki? Kandi habwirwa benshi hakumva bene yo.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yakomeje avuga ko mu gihe Tshisekedi yivugiye ubwe ko batahwemye kurega u Rwanda ngo barufatire ibihano, none akaba yageretseho ariya magambo ko Igihugu cye cyiteguye gukoresha intwaro, ntakindi bigaragaza atari umugambi we yakunze kuvuga.

Mukuralinda yakomeje agaragaza ibyatangajwe na Tshisekedi wavuze ko “ ‘none kajugujugu zacu, ubu ni muryerye zarakozwe, ni nshya zirahari. Indege z’intambara zarakozwe ni nshya zirahari, abacanshuro barahari, batoza ingabo za Congo ngo ariko batarwana’. Ariko yabyemeye ku mugaragaro, Bati ‘ariko twumvise ko mugiye kuzana za drones’, ati ‘mufite amakuru ariko mwayumvise nabi’ ati ‘ahubwo zirahari’, ‘bati zirasa?’, ati ‘izo drones zirahari zirasa’.”

Mukuralinda yakomeje avuga ko Tshisekedi we ubwe yiyemereye ko izi ntwaro zose zirimo n’indege, ziri ku mupaka uhiza Igihugu cye n’u Rwanda.

Ati “Yakoresheje iryo jambo kwirwanaho, ariko uwumva yumve, ni yo mpamvu nababwiye iriya migani. Nta mpamvu y’uko Ingabo z’u Rwanda zitakomeza kuba maso.”

Mukuralinda avuga ko u Rwanda rutahita rwemeza ngo intambara na Congo irashoboka, kuko atari cyo rushyize imbere, ariko ko niramuka inabaye ruzayirwana rwemye.

Ati “Yaba itaba [Intambara] u Rwanda ruriteguye, rwiteguye kujya mu nzira y’amahoro, ni na yo rushyira imbere. Inzira y’ibiganiro bifasha Repubulika ya Demokarasi ya Congo niba ibyifuza gukemura kiriya kibazo […] ariko ntabwo u Rwanda ruzigera rwibeshya na gato rurangara na gato ngo rureke kurinda umutekano n’ubusugire bw’ubutaka bw’inkiko z’u Rwanda ndetse n’ubw’abaturage.”

Mu matangazo u Rwanda rwakunze gushyira hanze, nyuma y’uko ubutegetsi bwa DRC bukunze kuvuga ko bwifuza intambara n’iki Gihugu, rwavuze ko rwakajije umutekano ku mupaka uruhuza n’iki Gihugu cyo mu burengerazuba bwacyo, kugira ngo hatagira igiturukayo cyahungabanya umutekano warwo cyaba kinyuze ku butaka cyangwa mu kirere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + nine =

Previous Post

Uko imirwano yifashe muri Gaza aka kanya: Umuriro w’amasasu watse hafi y’ibitaro

Next Post

Uko hatahuwe umusore umuranye ‘Permis’ amezi 6 atazi n’uko ikizamini cyayo kimera

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe umusore umuranye ‘Permis’ amezi 6 atazi n’uko ikizamini cyayo kimera

Uko hatahuwe umusore umuranye ‘Permis’ amezi 6 atazi n’uko ikizamini cyayo kimera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.