Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje icyo rwakuye mu mvugo ya Tshisekedi wongeye kwerura umugambi arufiteho

radiotv10by radiotv10
20/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje icyo rwakuye mu mvugo ya Tshisekedi wongeye kwerura umugambi arufiteho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi avuze ko Igihugu cye  cyiteguye gukoresha intwaro mu guhangana n’u Rwanda, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko na rwo rwumvise icyo Tshisekedi aganishaho, kandi ko na rwo rudasinziriye.

Perezida Felix Tshisekedi yatangaje aya magambo mu kiganiro yagiranye n’ibitangazamakuru mpuzamahanga; France 24 na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI).

Iki kiganiro cyagiye hanze mu cyumweru twaraye dusoje, ku wa Kane tariki 16 Ugushyingo, Tshisekedi uba wakiriye abanyamakuru babiri b’ibi bitangazamakuru, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko ari rwo nyirabayazana w’ibibazo by’umutekano biri mu Gihugu cye.

Ni ibirego u Rwanda rutahwemye kwamaganira kure, rusobanura ko ibibazo byo muri Congo ari iby’iki Gihugu ubwacyo kandi ko bishinze imizi ku miyoborere yacyo idashoboye gukemura umuzi w’ibitera ibi bibazo, nko kurandura imitwe irimo FDLR idahwema kugirira nabi bamwe mu Banyekongo.

Muri iki kiganiro na France 24 na RFI, Perezida Tshisekedi yavuze ko Igihugu cye cyiteguye gukoresha imbaraga zose ngo kuko cyasabye Umuryango Mpuzamahanga gufatira u Rwanda ibihano ariko urinangira.

Yagize ati “Nibakomeza kwinangira tuzakora ibiri mu bushobozi bwacu turinde umutekano. Tuzakoresha inzira zacu kugira ngo twirwaneho, tunacungire umutekano abaturage bacu.”

Umunyamakuru yahise abaza Tshisekedi niba atari kuvuga ko Igihugu cye cyaba cyiteguye gukoresha uburyo bwa gisirikare, amusubiza na bwangu agira ati “Ubwo se urumva ubundi buryo tuzakoresha atari intwaro ari ubuhe?”

Nubwo atari rimwe cyangwa kabiri Tshisekedi yeruye ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, iyi mvugo ye yongeye kubishimangira.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, agendeye kuri iyi mvugo ya Perezida wa DRC, yavuze ko u Rwanda na rwo rwumvise ubutumwa yashatse kuvuga.

Akoresheje imigani migufi, Mukuralinda yagize ati “Imfubyi yumvira mu rusaku, kandi Ukubita umwana ntumubwiriza kurira. Kubera iki? Kandi habwirwa benshi hakumva bene yo.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yakomeje avuga ko mu gihe Tshisekedi yivugiye ubwe ko batahwemye kurega u Rwanda ngo barufatire ibihano, none akaba yageretseho ariya magambo ko Igihugu cye cyiteguye gukoresha intwaro, ntakindi bigaragaza atari umugambi we yakunze kuvuga.

Mukuralinda yakomeje agaragaza ibyatangajwe na Tshisekedi wavuze ko “ ‘none kajugujugu zacu, ubu ni muryerye zarakozwe, ni nshya zirahari. Indege z’intambara zarakozwe ni nshya zirahari, abacanshuro barahari, batoza ingabo za Congo ngo ariko batarwana’. Ariko yabyemeye ku mugaragaro, Bati ‘ariko twumvise ko mugiye kuzana za drones’, ati ‘mufite amakuru ariko mwayumvise nabi’ ati ‘ahubwo zirahari’, ‘bati zirasa?’, ati ‘izo drones zirahari zirasa’.”

Mukuralinda yakomeje avuga ko Tshisekedi we ubwe yiyemereye ko izi ntwaro zose zirimo n’indege, ziri ku mupaka uhiza Igihugu cye n’u Rwanda.

Ati “Yakoresheje iryo jambo kwirwanaho, ariko uwumva yumve, ni yo mpamvu nababwiye iriya migani. Nta mpamvu y’uko Ingabo z’u Rwanda zitakomeza kuba maso.”

Mukuralinda avuga ko u Rwanda rutahita rwemeza ngo intambara na Congo irashoboka, kuko atari cyo rushyize imbere, ariko ko niramuka inabaye ruzayirwana rwemye.

Ati “Yaba itaba [Intambara] u Rwanda ruriteguye, rwiteguye kujya mu nzira y’amahoro, ni na yo rushyira imbere. Inzira y’ibiganiro bifasha Repubulika ya Demokarasi ya Congo niba ibyifuza gukemura kiriya kibazo […] ariko ntabwo u Rwanda ruzigera rwibeshya na gato rurangara na gato ngo rureke kurinda umutekano n’ubusugire bw’ubutaka bw’inkiko z’u Rwanda ndetse n’ubw’abaturage.”

Mu matangazo u Rwanda rwakunze gushyira hanze, nyuma y’uko ubutegetsi bwa DRC bukunze kuvuga ko bwifuza intambara n’iki Gihugu, rwavuze ko rwakajije umutekano ku mupaka uruhuza n’iki Gihugu cyo mu burengerazuba bwacyo, kugira ngo hatagira igiturukayo cyahungabanya umutekano warwo cyaba kinyuze ku butaka cyangwa mu kirere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + seven =

Previous Post

Uko imirwano yifashe muri Gaza aka kanya: Umuriro w’amasasu watse hafi y’ibitaro

Next Post

Uko hatahuwe umusore umuranye ‘Permis’ amezi 6 atazi n’uko ikizamini cyayo kimera

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe umusore umuranye ‘Permis’ amezi 6 atazi n’uko ikizamini cyayo kimera

Uko hatahuwe umusore umuranye ‘Permis’ amezi 6 atazi n’uko ikizamini cyayo kimera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.