Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ko rwifuriza ineza Congo n’inzira rugiye kunyura ngo ibyaho bihoshe

radiotv10by radiotv10
21/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ko rwifuriza ineza Congo n’inzira rugiye kunyura ngo ibyaho bihoshe
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruvuga ko rwifuza ko haboneka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bibangamiye n’umutekano warwo, ndetse ko ruramutse rwifujweho inkunga rwayitanga, ariko ko ubu rugiye gusaba abashinzwe umutekano muri Afurika kugira icyo bakora.

I Kigali mu Rwanda hateraniye inama yahuje inzobere ziturutse mu Bihugu icumi (10) igamije gushaka umuti w’ibibazo byugarije akarere.

Izi nzobere zagarutse kuri bimwe mu bibazo bicyugarije Afuruka, birimo ihirikwa ry’ubutegetsi mu Bihugu byo muri Afurika yo hagati ndetse n’intambara z’urudaca zisiga abaturage bambuwe uburenganzira bw’ibanze.

Izi nzobere zemeza ko abahirika ubutegetsi bamaze gutanga agahenge, ubu igihangayikije cyane ari ibibazo by’intambara zikomeje guhitana abaturage, by’umwihariko iyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iyi nama inarimo uhagarariye iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda rwahawe inshingano zo kuyobora inama Ngishwanama y’Abaminisitiri mu bibazo by’umutekano muri Afurika yo hagati.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umugabane w’u Burayi, America n’Imiryango Mpuzamahanga, Amb. Guillaume Kavaruganda yavuze ko ikibazo cyo muri Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo muri DRC, ari cyo u Rwanda rugomba gusaba izi nzobere gushakira umuti, kuko kibangamiye n’umutekano w’u Rwanda.

Yagize ati “Igihugu ubwacyo kibashije kwirangiriza ibibazo natwe byadufasha, badusabye inkunga nk’uko byagiye bibaho mu bihe byashize, natwe twayibaha. Ni byo dusaba ntakindi. Ni ukubabwira ko twebwe twifuza ko Igihugu cyabo cyatekana, tugahahirana, tukagenderana.”

Yakomeje agira ati “Ibyo tuvuyemo tuzabishyikiriza Abaminisitiri, ni bo bafata ibyemezo bifatika. Twebwe tubagira inama. Inama nk’uko ubizi igirira akamaro uyihawe, ntabwo dutanga amategeko. Twe tujya inama ishobora gukurikizwa cyangwa ntikurikizwe.”

Iyi nzira igiye gukoreshwa n’u Rwanda iriyongera ku zindi zirimo iy’i Luanda na Nairobi, zombi zashyigikiraga ko habaho ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ariko kugeza ubu bikaba byarakomeje kunanirana kubera imbaraga nke z’ubutegetsi bwa kiriya Gihugu.

Izi nzobere ziri kwiga ku bibazo binyuranye
Amb. Guillaume Kavaruganda avuga ko bagiye kugira icyo basaba cyatuma ibyo muri Congo birangira
U Rwanda rwahawe kuyobora Inama Ngishwanama y’Abaminisitiri ku bibazo by’umutekano muri Afurika yo hagati

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Hamenyekanye agaciro k’abarirwa mu mamiliyoni k’ibyangirikiye mu nkongi yibasiye inyubako i Musanze

Next Post

Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y’Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y’Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y'Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.