Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ko rwifuriza ineza Congo n’inzira rugiye kunyura ngo ibyaho bihoshe

radiotv10by radiotv10
21/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ko rwifuriza ineza Congo n’inzira rugiye kunyura ngo ibyaho bihoshe
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruvuga ko rwifuza ko haboneka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bibangamiye n’umutekano warwo, ndetse ko ruramutse rwifujweho inkunga rwayitanga, ariko ko ubu rugiye gusaba abashinzwe umutekano muri Afurika kugira icyo bakora.

I Kigali mu Rwanda hateraniye inama yahuje inzobere ziturutse mu Bihugu icumi (10) igamije gushaka umuti w’ibibazo byugarije akarere.

Izi nzobere zagarutse kuri bimwe mu bibazo bicyugarije Afuruka, birimo ihirikwa ry’ubutegetsi mu Bihugu byo muri Afurika yo hagati ndetse n’intambara z’urudaca zisiga abaturage bambuwe uburenganzira bw’ibanze.

Izi nzobere zemeza ko abahirika ubutegetsi bamaze gutanga agahenge, ubu igihangayikije cyane ari ibibazo by’intambara zikomeje guhitana abaturage, by’umwihariko iyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iyi nama inarimo uhagarariye iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda rwahawe inshingano zo kuyobora inama Ngishwanama y’Abaminisitiri mu bibazo by’umutekano muri Afurika yo hagati.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umugabane w’u Burayi, America n’Imiryango Mpuzamahanga, Amb. Guillaume Kavaruganda yavuze ko ikibazo cyo muri Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo muri DRC, ari cyo u Rwanda rugomba gusaba izi nzobere gushakira umuti, kuko kibangamiye n’umutekano w’u Rwanda.

Yagize ati “Igihugu ubwacyo kibashije kwirangiriza ibibazo natwe byadufasha, badusabye inkunga nk’uko byagiye bibaho mu bihe byashize, natwe twayibaha. Ni byo dusaba ntakindi. Ni ukubabwira ko twebwe twifuza ko Igihugu cyabo cyatekana, tugahahirana, tukagenderana.”

Yakomeje agira ati “Ibyo tuvuyemo tuzabishyikiriza Abaminisitiri, ni bo bafata ibyemezo bifatika. Twebwe tubagira inama. Inama nk’uko ubizi igirira akamaro uyihawe, ntabwo dutanga amategeko. Twe tujya inama ishobora gukurikizwa cyangwa ntikurikizwe.”

Iyi nzira igiye gukoreshwa n’u Rwanda iriyongera ku zindi zirimo iy’i Luanda na Nairobi, zombi zashyigikiraga ko habaho ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ariko kugeza ubu bikaba byarakomeje kunanirana kubera imbaraga nke z’ubutegetsi bwa kiriya Gihugu.

Izi nzobere ziri kwiga ku bibazo binyuranye
Amb. Guillaume Kavaruganda avuga ko bagiye kugira icyo basaba cyatuma ibyo muri Congo birangira
U Rwanda rwahawe kuyobora Inama Ngishwanama y’Abaminisitiri ku bibazo by’umutekano muri Afurika yo hagati

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Hamenyekanye agaciro k’abarirwa mu mamiliyoni k’ibyangirikiye mu nkongi yibasiye inyubako i Musanze

Next Post

Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y’Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y’Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y'Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.