Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ko rwifuriza ineza Congo n’inzira rugiye kunyura ngo ibyaho bihoshe

radiotv10by radiotv10
21/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ko rwifuriza ineza Congo n’inzira rugiye kunyura ngo ibyaho bihoshe
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruvuga ko rwifuza ko haboneka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bibangamiye n’umutekano warwo, ndetse ko ruramutse rwifujweho inkunga rwayitanga, ariko ko ubu rugiye gusaba abashinzwe umutekano muri Afurika kugira icyo bakora.

I Kigali mu Rwanda hateraniye inama yahuje inzobere ziturutse mu Bihugu icumi (10) igamije gushaka umuti w’ibibazo byugarije akarere.

Izi nzobere zagarutse kuri bimwe mu bibazo bicyugarije Afuruka, birimo ihirikwa ry’ubutegetsi mu Bihugu byo muri Afurika yo hagati ndetse n’intambara z’urudaca zisiga abaturage bambuwe uburenganzira bw’ibanze.

Izi nzobere zemeza ko abahirika ubutegetsi bamaze gutanga agahenge, ubu igihangayikije cyane ari ibibazo by’intambara zikomeje guhitana abaturage, by’umwihariko iyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iyi nama inarimo uhagarariye iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda rwahawe inshingano zo kuyobora inama Ngishwanama y’Abaminisitiri mu bibazo by’umutekano muri Afurika yo hagati.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umugabane w’u Burayi, America n’Imiryango Mpuzamahanga, Amb. Guillaume Kavaruganda yavuze ko ikibazo cyo muri Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo muri DRC, ari cyo u Rwanda rugomba gusaba izi nzobere gushakira umuti, kuko kibangamiye n’umutekano w’u Rwanda.

Yagize ati “Igihugu ubwacyo kibashije kwirangiriza ibibazo natwe byadufasha, badusabye inkunga nk’uko byagiye bibaho mu bihe byashize, natwe twayibaha. Ni byo dusaba ntakindi. Ni ukubabwira ko twebwe twifuza ko Igihugu cyabo cyatekana, tugahahirana, tukagenderana.”

Yakomeje agira ati “Ibyo tuvuyemo tuzabishyikiriza Abaminisitiri, ni bo bafata ibyemezo bifatika. Twebwe tubagira inama. Inama nk’uko ubizi igirira akamaro uyihawe, ntabwo dutanga amategeko. Twe tujya inama ishobora gukurikizwa cyangwa ntikurikizwe.”

Iyi nzira igiye gukoreshwa n’u Rwanda iriyongera ku zindi zirimo iy’i Luanda na Nairobi, zombi zashyigikiraga ko habaho ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ariko kugeza ubu bikaba byarakomeje kunanirana kubera imbaraga nke z’ubutegetsi bwa kiriya Gihugu.

Izi nzobere ziri kwiga ku bibazo binyuranye
Amb. Guillaume Kavaruganda avuga ko bagiye kugira icyo basaba cyatuma ibyo muri Congo birangira
U Rwanda rwahawe kuyobora Inama Ngishwanama y’Abaminisitiri ku bibazo by’umutekano muri Afurika yo hagati

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + six =

Previous Post

Hamenyekanye agaciro k’abarirwa mu mamiliyoni k’ibyangirikiye mu nkongi yibasiye inyubako i Musanze

Next Post

Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y’Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y’Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y'Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.