Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije amahanga icyarutunguye nyuma yuko Abacancuro b’Abanyaburayi batahuwe mu ntambara ya Congo

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije amahanga icyarutunguye nyuma yuko Abacancuro b’Abanyaburayi batahuwe mu ntambara ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko bitumvikana kuba Umuryango Mpuzamahanga wararuciye ukarumira ubwo abacancuro barenga 280 b’Abanyaburayi bamanikaga amaboko mu ntambara bari baragiyemo gufashamo FARDC, ndetse bakambuka banyuzwa mu Rwanda, kandi ubizi neza ko ikoreshwa ryabo rihabanye n’amasezerano mpuzamahanga.

Ambasaderi Ernest Rwamucyo yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025 mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, kigaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagarutse ku byagiye biba mu gihe cyatambutse by’umwihariko ibyabaye kuva mu ntangiro z’uyu mwaka, byongeye kugaragaza ko Umuryango Mpuzamahanga wirengagiza umuzi w’ibi bibazo bikomeje kugira ingaruka ku baturage benshi.

Rwamucyo yavuze ko u Rwanda rwakomeje kwakira abahunga baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo abasivile ndetse n’abandi bagiraga uruhare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ati “Mu buryo butunguranye bamwe mu bambutse bajya mu Rwanda, ni bamwe mu bateye imbogamizi nk’uko twabibwiye kenshi Akanama. Tariki 29 Mutarama, abacancuro barenga 280 b’abanyamahanga ndetse n’abasirikare barenga 100 ba Congo, bambutse bajya mu Rwanda, byanagaragaje ko FARDC ikoresha abarwanyi b’abanyamahanga, ariko ntacyo Umuryango Mpuzamahanga wigeze ubivugaho.”

Amb. Rwamucyo yavuze kandi ko u Rwanda rutahwemye kwibutsa amahanga ibyo yemeranyijweho ku ikoreshwa ry’abacancuro, nk’uko biteganywa n’amasezerano mpuzamahanga yo mu 1989 y’Umuryango w’Abibumbye abuza Ibihugu kubifashisha mu bikorwa bya gisirikare.

Ati “Ikibabaje kurushaho, ni ukuba umuryango mpuzamahanga ukomeje gutera umugongo gushakira umuti impungenge z’umutekano w’u Rwanda, umugambi wo kurimbura Abanyekongo b’Abatutsi, ndetse no gusobanura mu buryo butari bwo aya makimbirane.”

Yavuze ko aho kugira ngo ubutegetsi bwa Congo bufate inshingano zo gukemura ibibazo by’iki Gihugu, ahubwo bwiyemeje guhora bushaka uwo bubyegekaho, byumwihariko bukaba bwarakunze kubitwerera u Rwanda, none ubu buri no kubishyira Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu.

Ati “Ni ryari uyu mukino wo kwegeka ibibazo ku bandi uzarangira? Ndakeka umwe mu bari hano agomba gufata inshingano. Ukuri kw’ibiri kuba, kwakomeje kwigaragaza, kongera kubura imirwano kwa M23, bifite umuzi mu byabaye mu binyacumi bishize byo kwambura uburenganzira imwe mu miryango migari y’Abanyekongo hashingiwe ku bwoko byabayeho mbere y’ubuyobozi bw’u Rwanda buriho ubu.”

Uhagarariye u Rwanda muri UN, yongeye kwibutsa ko u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko umutwe wa FDRL uri mu mizi y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo.

Ati “Kuva muri 2018, ibisasu bya rutura birenga 20 byarashwe mu Rwanda byumwihariko mu Ntara y’Amajyaruguru n’Iburengerazuba. Uretse kuba FDLR ari umutwe uteye impungenge, unakorana ndetse ugaterwa inkunga na FARDC. Guverinoma ya DRC igomba kumenya ko imikoranire yayo na FDLR, bihungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi bikagira ingaruka kuri bamwe mu Banyekongo b’Abasivile.”

Yavuze kandi ko uretse uyu mutwe wa FDLR, u Rwanda runatewe impungenge n’abasirikare bagiye gufasha Congo, bakomeje kurundwa ku mipaka yarwo, barimo ingabo z’u Burundi zifite ingengabitekerezo imwe na FDLR ishingiye ku bwoko, kimwe n’abasirikare ba SAMIDRC ndetse n’Abacancuro basigaye muri kiriya Gihugu.

Nanone kandi u Rwanda rwagaragaje ko rutewe impungenge no kuba Perezida Felix Tshisekedi wa DRC akomeje kuzenguruka amahanga, yongera gusaba bimwe mu Bihugu byo muri Afurika kumuha ingabo zo kujya kumufasha.

Ati “Ingabo zose z’amahanga zigomba kuva mu burasirazuba bwa DRC kuko ziteye impungenge umutekano w’u Rwanda. Urugero, ubwo i Goma hafatwaga, ingabo za FARDC, iz’u Burundi ndetse n’abarwanyi ba FDLR, bahise berecyeza intwaro zabo ku Rwanda bica abasivile b’inzirakarengane 16 ndetse banakomeretsa abandi 177 b’abasivile, ndetse banasenya imitungo n’inzu byabo.”

Amb. Rwamucyo yakomeje agira ati “Ariko nta Gihugu na kimwe kigeze cyamagana ibi bikorwa byo kuvogera ubusugire bw’u Rwanda. U Rwanda ntayandi mahitamo rufite, uretse gukaza ingamba z’ubwirinzi kandi ruzakomeza kubikora.”

Uhagarariye u Rwanda muri UN, kandi yongeye guhakana ibirego by’ibinyoma byakunze gushinjwa u Rwanda ko rwiba amabuye y’agaciro ya Congo, avuga ko abiba imitungo ya kiriya Gihugu bazwi ariko ko u Rwanda rutigeze rubamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 4 =

Previous Post

Minisitiri Nduhungirehe yashimiye uhagarariye Ukraine mu Rwanda warangije inshingano ze

Next Post

Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.