Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije amahanga icyarutunguye nyuma yuko Abacancuro b’Abanyaburayi batahuwe mu ntambara ya Congo

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije amahanga icyarutunguye nyuma yuko Abacancuro b’Abanyaburayi batahuwe mu ntambara ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko bitumvikana kuba Umuryango Mpuzamahanga wararuciye ukarumira ubwo abacancuro barenga 280 b’Abanyaburayi bamanikaga amaboko mu ntambara bari baragiyemo gufashamo FARDC, ndetse bakambuka banyuzwa mu Rwanda, kandi ubizi neza ko ikoreshwa ryabo rihabanye n’amasezerano mpuzamahanga.

Ambasaderi Ernest Rwamucyo yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025 mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, kigaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagarutse ku byagiye biba mu gihe cyatambutse by’umwihariko ibyabaye kuva mu ntangiro z’uyu mwaka, byongeye kugaragaza ko Umuryango Mpuzamahanga wirengagiza umuzi w’ibi bibazo bikomeje kugira ingaruka ku baturage benshi.

Rwamucyo yavuze ko u Rwanda rwakomeje kwakira abahunga baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo abasivile ndetse n’abandi bagiraga uruhare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ati “Mu buryo butunguranye bamwe mu bambutse bajya mu Rwanda, ni bamwe mu bateye imbogamizi nk’uko twabibwiye kenshi Akanama. Tariki 29 Mutarama, abacancuro barenga 280 b’abanyamahanga ndetse n’abasirikare barenga 100 ba Congo, bambutse bajya mu Rwanda, byanagaragaje ko FARDC ikoresha abarwanyi b’abanyamahanga, ariko ntacyo Umuryango Mpuzamahanga wigeze ubivugaho.”

Amb. Rwamucyo yavuze kandi ko u Rwanda rutahwemye kwibutsa amahanga ibyo yemeranyijweho ku ikoreshwa ry’abacancuro, nk’uko biteganywa n’amasezerano mpuzamahanga yo mu 1989 y’Umuryango w’Abibumbye abuza Ibihugu kubifashisha mu bikorwa bya gisirikare.

Ati “Ikibabaje kurushaho, ni ukuba umuryango mpuzamahanga ukomeje gutera umugongo gushakira umuti impungenge z’umutekano w’u Rwanda, umugambi wo kurimbura Abanyekongo b’Abatutsi, ndetse no gusobanura mu buryo butari bwo aya makimbirane.”

Yavuze ko aho kugira ngo ubutegetsi bwa Congo bufate inshingano zo gukemura ibibazo by’iki Gihugu, ahubwo bwiyemeje guhora bushaka uwo bubyegekaho, byumwihariko bukaba bwarakunze kubitwerera u Rwanda, none ubu buri no kubishyira Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu.

Ati “Ni ryari uyu mukino wo kwegeka ibibazo ku bandi uzarangira? Ndakeka umwe mu bari hano agomba gufata inshingano. Ukuri kw’ibiri kuba, kwakomeje kwigaragaza, kongera kubura imirwano kwa M23, bifite umuzi mu byabaye mu binyacumi bishize byo kwambura uburenganzira imwe mu miryango migari y’Abanyekongo hashingiwe ku bwoko byabayeho mbere y’ubuyobozi bw’u Rwanda buriho ubu.”

Uhagarariye u Rwanda muri UN, yongeye kwibutsa ko u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko umutwe wa FDRL uri mu mizi y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo.

Ati “Kuva muri 2018, ibisasu bya rutura birenga 20 byarashwe mu Rwanda byumwihariko mu Ntara y’Amajyaruguru n’Iburengerazuba. Uretse kuba FDLR ari umutwe uteye impungenge, unakorana ndetse ugaterwa inkunga na FARDC. Guverinoma ya DRC igomba kumenya ko imikoranire yayo na FDLR, bihungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi bikagira ingaruka kuri bamwe mu Banyekongo b’Abasivile.”

Yavuze kandi ko uretse uyu mutwe wa FDLR, u Rwanda runatewe impungenge n’abasirikare bagiye gufasha Congo, bakomeje kurundwa ku mipaka yarwo, barimo ingabo z’u Burundi zifite ingengabitekerezo imwe na FDLR ishingiye ku bwoko, kimwe n’abasirikare ba SAMIDRC ndetse n’Abacancuro basigaye muri kiriya Gihugu.

Nanone kandi u Rwanda rwagaragaje ko rutewe impungenge no kuba Perezida Felix Tshisekedi wa DRC akomeje kuzenguruka amahanga, yongera gusaba bimwe mu Bihugu byo muri Afurika kumuha ingabo zo kujya kumufasha.

Ati “Ingabo zose z’amahanga zigomba kuva mu burasirazuba bwa DRC kuko ziteye impungenge umutekano w’u Rwanda. Urugero, ubwo i Goma hafatwaga, ingabo za FARDC, iz’u Burundi ndetse n’abarwanyi ba FDLR, bahise berecyeza intwaro zabo ku Rwanda bica abasivile b’inzirakarengane 16 ndetse banakomeretsa abandi 177 b’abasivile, ndetse banasenya imitungo n’inzu byabo.”

Amb. Rwamucyo yakomeje agira ati “Ariko nta Gihugu na kimwe kigeze cyamagana ibi bikorwa byo kuvogera ubusugire bw’u Rwanda. U Rwanda ntayandi mahitamo rufite, uretse gukaza ingamba z’ubwirinzi kandi ruzakomeza kubikora.”

Uhagarariye u Rwanda muri UN, kandi yongeye guhakana ibirego by’ibinyoma byakunze gushinjwa u Rwanda ko rwiba amabuye y’agaciro ya Congo, avuga ko abiba imitungo ya kiriya Gihugu bazwi ariko ko u Rwanda rutigeze rubamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 2 =

Previous Post

Minisitiri Nduhungirehe yashimiye uhagarariye Ukraine mu Rwanda warangije inshingano ze

Next Post

Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.