Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi umuzigo uremereye ku Bihugu bikennye n’uburyo byawitura

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwagaragarije Isi umuzigo uremereye ku Bihugu bikennye n’uburyo byawitura
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwasabye Umuryango w’Abibumbye gushyiraho uburyo bufasha Ibihugu bikennye kudakomeza kubohwa n’amadeni, kuko hari bimwe bibura ubwishyu, bigatanga ayo byagombaga guhemba abakozi.

Imyaka itatu ishize, COVID-19 yasize Ibihugu bikennye mu madeni akomeye. Ingengo y’imari yagomba kujya mu bikorwa bigamije iterambere ry’imibereho y’abanyagihugu, yashyizwe mu kwita ku mibereho y’abaturage bagizweho ingaruka n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo zirimo kuguma mu rugo.

Ibi byatumye Ibihugu byugarizwa n’amadeni menshi kandi bigomba kwishyura mu bihe byegeranye.

Iyi ngingo yagarutsweho na Ambasaderi Claver Gatete, uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye; wagaragaje ko ibihugu bikennye bikomeje kuremererwa n’ayo madeni.

Yagize ati “Ibihugu byasigaranye amahitamo yo gufata inguzanyo z’ubucuruzi, bisiga ingaruka zikomeye. Ugomba gufata amafaranga wagombaga kwishyura abakozi cyangwa ukagabanya amafaranga yari yagenewe ibikorwa by’iterambere rirambye, akenshi iyo umaze kwishyura ayo madeni, bigabanya ubwizigamire bw’amafaranga ya banki nkuru y’Igihugu.”

Yakomeje avuga ko ibi biri mu byatumye ibiciro ku masoko bitumbagira, bikarushaho kongerera ibibazo mu bukungu bw’ibyo Bihugu.

Ati “Kugira ngo twirinde ko Ibihugu byazongera kuremererwa n’amadeni, banki mpuzamahanga z’iterambere zigomba gushaka amafaranga yo gufasha Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, nibitagenda bityo, tuzakomeza kuzenguruka mu ruziga rw’amadeni.”

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres, yavuze ko hari ibyigeze gufatwa nk’igisubizo, ariko ko bitatanze umusaruro, gusa yiyemeza kubikoraho ubuvugizi.

Yagize ati “Ikibazo cyo gushyiraho uburyo bwo guhangana n’amadeni; mu myaka ibiri ishize byageragejwe mu Bihugu bine. Hari icyo byahinduye muri Tchad na Ghana, ariko muri Ethiopia na Zambia ntacyo byatanze. Ibyo bivuze ko ubu buryo nta musaruro bwatanze.”

Icyakora u Rwanda rwo rukunze kuvuga ko rutugarijwe n’amadeni, ndetse rukaba rutari mu Bihugu byigeze bisaba amahanga kurworohereza. Iki gihugu kandi giherutse no kwishyura ideni rya miliyoni 400 USD.

Perezida Paul Kagame ubwo yari mu nama yiga ku bukungu muri Qatar; yavuze ko u Rwanda rushobora gufata andi amafaranga yo gushyigikira iminshinga y’iterambere.

Yagize ati “Igihe cyose bizaba ngombwa tuzasubirayo, bizaterwa n’ikibazo dushaka gukemura. Ntitugomba gushaka amafaranga yo gushyira mu byo twakoze, ahubwo tuzajyayo kubera ibindi bikorwa kubera ko dutera imbere.”

Abakuriye ubukungu bw’Ibihugu bavuga ko ubufasha bwo kubuzahura bujya mu Bihugu bikize, nyamara ibiri mu nzira y’amajyambere bikazahazwa n’ubukene.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo ntakuka ku kuba Kabuga atazongera kuburana

Next Post

Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.