Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi umuzigo uremereye ku Bihugu bikennye n’uburyo byawitura

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwagaragarije Isi umuzigo uremereye ku Bihugu bikennye n’uburyo byawitura
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwasabye Umuryango w’Abibumbye gushyiraho uburyo bufasha Ibihugu bikennye kudakomeza kubohwa n’amadeni, kuko hari bimwe bibura ubwishyu, bigatanga ayo byagombaga guhemba abakozi.

Imyaka itatu ishize, COVID-19 yasize Ibihugu bikennye mu madeni akomeye. Ingengo y’imari yagomba kujya mu bikorwa bigamije iterambere ry’imibereho y’abanyagihugu, yashyizwe mu kwita ku mibereho y’abaturage bagizweho ingaruka n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo zirimo kuguma mu rugo.

Ibi byatumye Ibihugu byugarizwa n’amadeni menshi kandi bigomba kwishyura mu bihe byegeranye.

Iyi ngingo yagarutsweho na Ambasaderi Claver Gatete, uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye; wagaragaje ko ibihugu bikennye bikomeje kuremererwa n’ayo madeni.

Yagize ati “Ibihugu byasigaranye amahitamo yo gufata inguzanyo z’ubucuruzi, bisiga ingaruka zikomeye. Ugomba gufata amafaranga wagombaga kwishyura abakozi cyangwa ukagabanya amafaranga yari yagenewe ibikorwa by’iterambere rirambye, akenshi iyo umaze kwishyura ayo madeni, bigabanya ubwizigamire bw’amafaranga ya banki nkuru y’Igihugu.”

Yakomeje avuga ko ibi biri mu byatumye ibiciro ku masoko bitumbagira, bikarushaho kongerera ibibazo mu bukungu bw’ibyo Bihugu.

Ati “Kugira ngo twirinde ko Ibihugu byazongera kuremererwa n’amadeni, banki mpuzamahanga z’iterambere zigomba gushaka amafaranga yo gufasha Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, nibitagenda bityo, tuzakomeza kuzenguruka mu ruziga rw’amadeni.”

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres, yavuze ko hari ibyigeze gufatwa nk’igisubizo, ariko ko bitatanze umusaruro, gusa yiyemeza kubikoraho ubuvugizi.

Yagize ati “Ikibazo cyo gushyiraho uburyo bwo guhangana n’amadeni; mu myaka ibiri ishize byageragejwe mu Bihugu bine. Hari icyo byahinduye muri Tchad na Ghana, ariko muri Ethiopia na Zambia ntacyo byatanze. Ibyo bivuze ko ubu buryo nta musaruro bwatanze.”

Icyakora u Rwanda rwo rukunze kuvuga ko rutugarijwe n’amadeni, ndetse rukaba rutari mu Bihugu byigeze bisaba amahanga kurworohereza. Iki gihugu kandi giherutse no kwishyura ideni rya miliyoni 400 USD.

Perezida Paul Kagame ubwo yari mu nama yiga ku bukungu muri Qatar; yavuze ko u Rwanda rushobora gufata andi amafaranga yo gushyigikira iminshinga y’iterambere.

Yagize ati “Igihe cyose bizaba ngombwa tuzasubirayo, bizaterwa n’ikibazo dushaka gukemura. Ntitugomba gushaka amafaranga yo gushyira mu byo twakoze, ahubwo tuzajyayo kubera ibindi bikorwa kubera ko dutera imbere.”

Abakuriye ubukungu bw’Ibihugu bavuga ko ubufasha bwo kubuzahura bujya mu Bihugu bikize, nyamara ibiri mu nzira y’amajyambere bikazahazwa n’ubukene.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + nineteen =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo ntakuka ku kuba Kabuga atazongera kuburana

Next Post

Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.