Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi umuzigo uremereye ku Bihugu bikennye n’uburyo byawitura

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwagaragarije Isi umuzigo uremereye ku Bihugu bikennye n’uburyo byawitura
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwasabye Umuryango w’Abibumbye gushyiraho uburyo bufasha Ibihugu bikennye kudakomeza kubohwa n’amadeni, kuko hari bimwe bibura ubwishyu, bigatanga ayo byagombaga guhemba abakozi.

Imyaka itatu ishize, COVID-19 yasize Ibihugu bikennye mu madeni akomeye. Ingengo y’imari yagomba kujya mu bikorwa bigamije iterambere ry’imibereho y’abanyagihugu, yashyizwe mu kwita ku mibereho y’abaturage bagizweho ingaruka n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo zirimo kuguma mu rugo.

Ibi byatumye Ibihugu byugarizwa n’amadeni menshi kandi bigomba kwishyura mu bihe byegeranye.

Iyi ngingo yagarutsweho na Ambasaderi Claver Gatete, uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye; wagaragaje ko ibihugu bikennye bikomeje kuremererwa n’ayo madeni.

Yagize ati “Ibihugu byasigaranye amahitamo yo gufata inguzanyo z’ubucuruzi, bisiga ingaruka zikomeye. Ugomba gufata amafaranga wagombaga kwishyura abakozi cyangwa ukagabanya amafaranga yari yagenewe ibikorwa by’iterambere rirambye, akenshi iyo umaze kwishyura ayo madeni, bigabanya ubwizigamire bw’amafaranga ya banki nkuru y’Igihugu.”

Yakomeje avuga ko ibi biri mu byatumye ibiciro ku masoko bitumbagira, bikarushaho kongerera ibibazo mu bukungu bw’ibyo Bihugu.

Ati “Kugira ngo twirinde ko Ibihugu byazongera kuremererwa n’amadeni, banki mpuzamahanga z’iterambere zigomba gushaka amafaranga yo gufasha Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, nibitagenda bityo, tuzakomeza kuzenguruka mu ruziga rw’amadeni.”

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres, yavuze ko hari ibyigeze gufatwa nk’igisubizo, ariko ko bitatanze umusaruro, gusa yiyemeza kubikoraho ubuvugizi.

Yagize ati “Ikibazo cyo gushyiraho uburyo bwo guhangana n’amadeni; mu myaka ibiri ishize byageragejwe mu Bihugu bine. Hari icyo byahinduye muri Tchad na Ghana, ariko muri Ethiopia na Zambia ntacyo byatanze. Ibyo bivuze ko ubu buryo nta musaruro bwatanze.”

Icyakora u Rwanda rwo rukunze kuvuga ko rutugarijwe n’amadeni, ndetse rukaba rutari mu Bihugu byigeze bisaba amahanga kurworohereza. Iki gihugu kandi giherutse no kwishyura ideni rya miliyoni 400 USD.

Perezida Paul Kagame ubwo yari mu nama yiga ku bukungu muri Qatar; yavuze ko u Rwanda rushobora gufata andi amafaranga yo gushyigikira iminshinga y’iterambere.

Yagize ati “Igihe cyose bizaba ngombwa tuzasubirayo, bizaterwa n’ikibazo dushaka gukemura. Ntitugomba gushaka amafaranga yo gushyira mu byo twakoze, ahubwo tuzajyayo kubera ibindi bikorwa kubera ko dutera imbere.”

Abakuriye ubukungu bw’Ibihugu bavuga ko ubufasha bwo kubuzahura bujya mu Bihugu bikize, nyamara ibiri mu nzira y’amajyambere bikazahazwa n’ubukene.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo ntakuka ku kuba Kabuga atazongera kuburana

Next Post

Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.