Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Rwanda rwagarutsweho imbere y’Urukiko rusumba izindi mu Bwongereza ruvugwaho ingingo ikomeye

radiotv10by radiotv10
10/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagarutsweho imbere y’Urukiko rusumba izindi mu Bwongereza ruvugwaho ingingo ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire ku mpaka zo kohereza mu Rwanda abimukira n’abashaka ubuhungiro baturutse mu Bwongereza, Abanyamategeko b’uruhande rwa Guverinoma y’u Bwongereza babwiye Urukiko rw’Ikirenga ko; u Rwanda ari Igihugu gikwiye kwizerwa ku kuba rwabafata neza.

Babitangaje mu ifungurwa ry’uru rubanza, aho Abanyamategeko b’Umunyamabanga w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, bavuze ko Urukiko rw’Ubujurire rwakoze amakosa mu guhagarika gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, kuko rwagendeye ku mpungenge zidahari.

Aba banyamategeko basabye Urukiko rusumba izindi mu Bwongereza guha umugisha iyi gahunda, igiye kuzuza umwaka n’igice izamo birantega.

Muri Kamena umwaka ushize wa 2022, Urukiko rw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi rushinzwe Uburenganzira bwa Muntu, rwaburijemo ku munota wa nyuma ihaguruka ry’indege yari igiye kujyana mu Rwanda abimukira ba mbere, ruvuga ko Abacamanza bagomba kubanza gufata umwanya wo gusuzuma niba uyu mugambi ukurikije amategeko.

Kuva ubwo, uru rubanza rwarazamutse rugera mu Rukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, ari na rwo ruri kumva ibitangazwa n’impande zirebwa n’iyi ngingo.

Inteko y’Abacamanza batanu b’uru Rukiko rw’Ikirenga, basanzwe ari bari mu bacamanza bakomeye, ni yo igomba kwemeza ko uyu mugambi ushyirwa mu bikorwa cyangwa uhagarara.

Abanyamategeko bahagarariye uruhande rwa Guverinoma, babwiye uru Rukiko ko muri Kamena Urukiko rw’Ubujurire rwibeshye rugafata umwanzuro rushingiye ku makuru atari yo ko u Rwanda rutakwizerwa ku gufata neza abimukira.

Umunyamategeko Sir James Eadie KC usanzwe ari mu Bavoka bakomeye mu Bwongereza, uhagarariye Umunyamabanga w’Imbere, yabwiye Urukiko rw’Ikirenga ko “hari impamvu buri wese yakwemeza” ko u Rwanda ari ahantu h’amahitamo akwiye.

Yavuze ko u Rwanda ari Igihugu gisanzwe gifite ingamba zihamye n’isura nziza, kandi cyahawe ubushobozi bwo kuzafata neza abashaka ubuhungiro, kandi ko n’iyo havuka imbogamizi, hari uburyo bwashyizweho bwo kubigenzura.

Nanone kandi hari umukozi wa Guverinoma y’u Bwongereza uzaba afite ibiro i Kigali, mu rwego rwo kugenzura ko uyu mugambi uri gushyirwa neza mu bikorwa, ndetse akajya anagaragaza ikibazo mu gihe cyaba cyavutse.

Sir James Eadie KC yavuze kandi ko abimukira bazoherezwa bazakomeza kugira ubwigenge n’uburenganzira ku byifuzo byabo.

Aya masezerano y’Ibihugu byombi (u Rwanda n’u Bwongereza), agena ko abazoherezwa mu Rwanda, bazagira amahitamo atandukanye, aho abazabyifuza bazatura nk’Abaturarwanda bose, abandi bagakomeza gushaka ubuhungiro mu Bihugu byabakira, cyangwa abashaka gusubira mu Bihugu baturutsemo, bakaba bajyayo.

 

Nta kuntu u Rwanda rutakwizerwa

Sir James avuga ko mu gihe abavugaga nabi u Rwanda ku bijyanye n’iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa muntu bashingiye ku byabaye mu bihe byahise cyera, bidakwiye guhabwa agaciro.

Yagize ati “Nta kibazo na kimwe kijyanye no kuba u Rwanda rwakwizerwa ku bijyanye no kuba ruzubahirizwa ibyo rwumvikanye n’u Bwongereza.”

Yakomeje yizeza Urukiko ko iyi gahunda y’ubwumvikane hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda, ishingiye ku iyubahirizwa ry’amasezerano y’Umuryango w’Abibumye yo kurengera impunzi ndetse n’ay’iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa Muntu y’u Burayi.

Guverinoma y’u Rwanda yo yakunze gusobanura ko yiyemeje kugirana n’u Bwongereza uyu mugambi mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abimukira n’impunzi, kuko ruzi ingaruka zo kuba abantu babaho badafite aho bita iwabo, kubera amateka y’ibihe by’amajye rwanyuzemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Afghanistan: Amarira akomeje kuba menshi kubera imibare ihanitse y’abahitanywe n’umutingito

Next Post

Mu magambo y’ikiniga uwakunzwe muri ruhago y’Isi yatangaje amakuru atunguranye

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu magambo y’ikiniga uwakunzwe muri ruhago y’Isi yatangaje amakuru atunguranye

Mu magambo y’ikiniga uwakunzwe muri ruhago y’Isi yatangaje amakuru atunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.