Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Rwanda rwagarutsweho imbere y’Urukiko rusumba izindi mu Bwongereza ruvugwaho ingingo ikomeye

radiotv10by radiotv10
10/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagarutsweho imbere y’Urukiko rusumba izindi mu Bwongereza ruvugwaho ingingo ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire ku mpaka zo kohereza mu Rwanda abimukira n’abashaka ubuhungiro baturutse mu Bwongereza, Abanyamategeko b’uruhande rwa Guverinoma y’u Bwongereza babwiye Urukiko rw’Ikirenga ko; u Rwanda ari Igihugu gikwiye kwizerwa ku kuba rwabafata neza.

Babitangaje mu ifungurwa ry’uru rubanza, aho Abanyamategeko b’Umunyamabanga w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, bavuze ko Urukiko rw’Ubujurire rwakoze amakosa mu guhagarika gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, kuko rwagendeye ku mpungenge zidahari.

Aba banyamategeko basabye Urukiko rusumba izindi mu Bwongereza guha umugisha iyi gahunda, igiye kuzuza umwaka n’igice izamo birantega.

Muri Kamena umwaka ushize wa 2022, Urukiko rw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi rushinzwe Uburenganzira bwa Muntu, rwaburijemo ku munota wa nyuma ihaguruka ry’indege yari igiye kujyana mu Rwanda abimukira ba mbere, ruvuga ko Abacamanza bagomba kubanza gufata umwanya wo gusuzuma niba uyu mugambi ukurikije amategeko.

Kuva ubwo, uru rubanza rwarazamutse rugera mu Rukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, ari na rwo ruri kumva ibitangazwa n’impande zirebwa n’iyi ngingo.

Inteko y’Abacamanza batanu b’uru Rukiko rw’Ikirenga, basanzwe ari bari mu bacamanza bakomeye, ni yo igomba kwemeza ko uyu mugambi ushyirwa mu bikorwa cyangwa uhagarara.

Abanyamategeko bahagarariye uruhande rwa Guverinoma, babwiye uru Rukiko ko muri Kamena Urukiko rw’Ubujurire rwibeshye rugafata umwanzuro rushingiye ku makuru atari yo ko u Rwanda rutakwizerwa ku gufata neza abimukira.

Umunyamategeko Sir James Eadie KC usanzwe ari mu Bavoka bakomeye mu Bwongereza, uhagarariye Umunyamabanga w’Imbere, yabwiye Urukiko rw’Ikirenga ko “hari impamvu buri wese yakwemeza” ko u Rwanda ari ahantu h’amahitamo akwiye.

Yavuze ko u Rwanda ari Igihugu gisanzwe gifite ingamba zihamye n’isura nziza, kandi cyahawe ubushobozi bwo kuzafata neza abashaka ubuhungiro, kandi ko n’iyo havuka imbogamizi, hari uburyo bwashyizweho bwo kubigenzura.

Nanone kandi hari umukozi wa Guverinoma y’u Bwongereza uzaba afite ibiro i Kigali, mu rwego rwo kugenzura ko uyu mugambi uri gushyirwa neza mu bikorwa, ndetse akajya anagaragaza ikibazo mu gihe cyaba cyavutse.

Sir James Eadie KC yavuze kandi ko abimukira bazoherezwa bazakomeza kugira ubwigenge n’uburenganzira ku byifuzo byabo.

Aya masezerano y’Ibihugu byombi (u Rwanda n’u Bwongereza), agena ko abazoherezwa mu Rwanda, bazagira amahitamo atandukanye, aho abazabyifuza bazatura nk’Abaturarwanda bose, abandi bagakomeza gushaka ubuhungiro mu Bihugu byabakira, cyangwa abashaka gusubira mu Bihugu baturutsemo, bakaba bajyayo.

 

Nta kuntu u Rwanda rutakwizerwa

Sir James avuga ko mu gihe abavugaga nabi u Rwanda ku bijyanye n’iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa muntu bashingiye ku byabaye mu bihe byahise cyera, bidakwiye guhabwa agaciro.

Yagize ati “Nta kibazo na kimwe kijyanye no kuba u Rwanda rwakwizerwa ku bijyanye no kuba ruzubahirizwa ibyo rwumvikanye n’u Bwongereza.”

Yakomeje yizeza Urukiko ko iyi gahunda y’ubwumvikane hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda, ishingiye ku iyubahirizwa ry’amasezerano y’Umuryango w’Abibumye yo kurengera impunzi ndetse n’ay’iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa Muntu y’u Burayi.

Guverinoma y’u Rwanda yo yakunze gusobanura ko yiyemeje kugirana n’u Bwongereza uyu mugambi mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abimukira n’impunzi, kuko ruzi ingaruka zo kuba abantu babaho badafite aho bita iwabo, kubera amateka y’ibihe by’amajye rwanyuzemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + sixteen =

Previous Post

Afghanistan: Amarira akomeje kuba menshi kubera imibare ihanitse y’abahitanywe n’umutingito

Next Post

Mu magambo y’ikiniga uwakunzwe muri ruhago y’Isi yatangaje amakuru atunguranye

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu magambo y’ikiniga uwakunzwe muri ruhago y’Isi yatangaje amakuru atunguranye

Mu magambo y’ikiniga uwakunzwe muri ruhago y’Isi yatangaje amakuru atunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.