Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America yafatiye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, General (Rtd) James Kabarebe, bidafite ishingiro, rwibutsa ko ibihano ntacyo bizatanga mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri DRC.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ryagiye hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025.

Ni nyuma yuko Ibiro bya USA Bishinzwe ibihano mu by’ubukungu (OFAC- Office of Foreign Assets Control) bitangaje ko iki Gihugu cyafatiye ibihano General (Rtd) James Kabarebe, usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’akarere, n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka.

Leta Zunze Ubumwe za America zishinja Gen (Rtd) James Kabarebe kugira uruhare mu buhuza bwa Leta y’u Rwanda n’umutwe wa M23, aho iki Gihugu na cyo cyaguye mu mutego w’ibinyoma by’ibirego bishinjwa u Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, rivuga ko “Ibihano byafatiwe Umunyamabanga wa Leta James Kabarebe byafashwe na OFAC, ntibifite ishingiro. Iyo ibihano biza kuba bikemura amakimbirane mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Vongo, twakagombye kuba dufite amahoro kuva mu myaka myinshi ishize.”

U Rwanda rwibukije ko kuva mu myaka itatu ishize ubwo imirwano yuburaga mu burasirazuba bwa DRC, umutekano w’u Rwanda wagiye ubangamirwa n’abagakwiye guhabwa ibihano ariko batabihawe.

Guverinoma iti “Muri bo harimo ingabo za Congo (FARDC), zirwana zifatanyije n’iza SAMIDRC, ingabo z’u Burundi, Umutwe w’abajenosideri wa FDLR, n’abacancuro b’Abanyaburayi (barimo 300 baherutse kunyuzwa mu Rwanda bajya muri Romania).”

U Rwanda ruvuga ko kuba Umuryango Mpuzamahanga warakomeje kurebera ibibazo by’akarengane gakorerwa bamwe mu Banyekongo bikorwa na Guverinoma ya Congo, byagiye byenyeza imirwano mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Guverinoma iti “Intego y’u Rwanda ni imwe gusa yo kwirindira umutekano, ndetse no kwifuza ko habaho iherezo ry’ubutagondwa muri Politiki ishingiye ku irondabwoko mu karere. Iki ni ikibazo cy’umutekano w’Igihugu, kandi ni cyo dushyize imbere. Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kubaho mu mahoro, batikanga ibibazo by’umutekano byaturuka muri DRC.”

U Rwanda rwagarutse kuri ibi by’ibihano, ruvuga ko bidashobora kugira uruhare mu kuzana umuti w’ibibazo by’umutekano, amahoro n’ituze bimaze igihe mu karere k’ibiyaga bigari.

Ruti “Izi ngamba ziza nko kwivanga kw’amahanga mu nzira ziyemejwe n’Abanyafurika, ni iziza kurogoya no gutinza umuti w’amakimbirane.”

U Rwanda rwibukije amahanga ko agomba gushyigikira no kubaha inzira z’ibiganiro zahiswemo n’Umugabane wa Afurika mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo, zirimo imyanzuro iherutse gufatirwa mu nama yahuje Imiryango ya EAC na SADC kimwe n’iy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, rwibutsa ko ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwagira icyo butanga, kandi ko u Rwanda ruzakomeza kubushyigikira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + ten =

Previous Post

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

Next Post

Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

IZIHERUKA

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda
MU RWANDA

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.