Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

U Rwanda rwahakanye ko inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi yasinyiwemo amasezerano yo guhagarika intambara

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in Uncategorized
0
U Rwanda rwahakanye ko inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi yasinyiwemo amasezerano yo guhagarika intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yahakanye ibyavugwaga ko inama y’Abakuru b’Ibihugu bitatu (Rwanda, DRCongo na Angola) yasinyiwemo amasezerano y’imishyikirano yo guhagarika intambara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Nyakanga 2022.

Mu itangazo yatambukije kuri Twitter ye, Dr Biruta yavuze ko Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu bitatu, yagaragaje inzira ziboneye zo gushyira mu bikorwa amasezerano y’impande zirebwa n’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Nta masezerano y’ubwumvikane cyangwa yo guhagarika intambara yigeze asinywa.”

Yakomeje avuga ko ibyatangajwe ko habayeho amasezerano y’ubwumvikane yo gusaba guhagarika intambara, ari ibinyoma “biyobya rubanda bigamije guca intege intego yo kugera mu mahoro muri Repubulika Ihatanira Demokarasi ya Congo no mu karere.”

Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye i Luanda muri Angola

Guverinoma ya DRC yari yatangaje ko muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu yabereye i Luanda muri Angola ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 06 Nyakanga 2022, yarangiye u Rwanda n’iki Gihugu byemeranyijwe kuzahura umubano.

Ubutumwa bwatambutse kuri Twitter y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, bwavugaga kandi ko iyi nama yanzuye ko M23 ihagaruka vuba na bwandu intambara ndetse ikava mu birindiro irimo nta yandi mananiza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, ahakanye ko iyi nama itigeze isinyirwamo amasezerano yo guhagarika intamabara nyuma yuko hari bamwe mu basesenguzi, bavutangaje ko bitumvikana ukuntu umutwe wa M23 ufatirwa kiriya cyemezo nyamara utari uhagarariwe muri iriya nama.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma kuri uyu wa Kane, yari yavuze ko badashobora kuva mu birindiro byabo kuko ari Abanye-Congo kandi batagomba gusubira mu buhungiro.

Maj Willy Ngoma yavuze ko umutwe wa M23 ufite impamvu urwana kandi zumvikane bityo ko mu gihe cyose Leta ya DRC itarubahiriza ibikubiye mu masezerano bagiranye, badashobora kumanika amaboko.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 9 =

Previous Post

UPDATE: Uwabaye PM w’u Buyapani warashwe ari gutambutsa imbwirwaruhame yapfuye

Next Post

Liberia: Perezida yasekeje abantu baratembagara ubwo yongeraga guceza Buga noneho imbere y’imbaga

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye
MU RWANDA

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

21/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Liberia: Perezida yasekeje abantu baratembagara ubwo yongeraga guceza Buga noneho imbere y’imbaga

Liberia: Perezida yasekeje abantu baratembagara ubwo yongeraga guceza Buga noneho imbere y’imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.