Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwahamirije Isi ko rwubahiriza amasezerano rwasinye yo kurengera ibidukikije

radiotv10by radiotv10
01/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwahamirije Isi ko rwubahiriza amasezerano rwasinye yo kurengera ibidukikije
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko yashyize umukono ku masezerano 16 ajyanye no kurengera ibidukikije, kandi ko rwubahiriza ibyo rusabwa uko bikwiye, rugasaba Ibihugu gutahiriza umugozi umwe mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu nama yiga ku ngamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe iri kubera muri Kenya.

Muri iyi nama, Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus; yavuze ko hari impamvu zihutirwa zo kurengera ibidukikije, zirimo ingaruka zikomeje guterwa n’imihindagurikire y’ikirere.

Yagize ati “Ubushyuhe bukabije bukomeje kongera indwara z’umutima. Umwuka uhumanye na wo utera kanseri y’ibihaha, asima, ndetse n’izindi ndwara z’ibihaha zidakira. Hari ibinyabutabire bitera ibibazo mu mitekerereze, indwara z’umutima n’impyiko”

Yakomeje agira ati “Amapfa no kubura amazi bituma abaturage babura ibiribwa bikwiye kuko birushaho guhenda. Imihindagurikire y’ikirere nayo ituma imibu, inyoni n’izindi nyamaswa bihindura imyitwarire n’icyerekezo. Ibyo bituma zikwirakwiza indwara zandura na malaria.”

Arongera ati “Ingaruka z’ihumana ry’ikirere no kugabanuka kw’ibinyabuzima; ntabwo biteye impungenge zo kuzateza ibibazo mu minsi iri imbere, ahubwo ingaruka zabyo tuzirimo uyu munsi. Ibyo bidutegeka kugira icyo dukora mu kurerengera ikirere.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente yavuze ko kubera ibi bibazo byose biterwa n’imihindagurikire y’ibihe, hakwiye ingamba kandi zigashyirwamo imbaraga n’Ibihugu bitandukanye.

By’umwihariko Dr Edouard Ngirente yavuze ko u Rwanda rwashyize umukono ku masezerano menshi yo kurengera ibidukikije, kandi yose rukaba rushyira mu bikorwa ibyo rusabwa byose.

Yagize ati “Ibi biratwibutsa twese ko imikoranire ari ngombwa mu guhangana n’ibibazo by’imibereho bikomoka ku migindagurikire y’ikirere bibangamiye imibereho y’abatuye kuri iyi Si. Uyu kandi ni umwanya wo kwerekana ubushobozi bw’ibyemezo bishingiye ku siyansi mu guhangana n’iki kibazo kibangaiye ibidukikije.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda rwashyize umukono ku musazera arenga 16 agamije kurengera ikirere, twayashyize mu mikorere yacu, kandi ducungira hafi uko ashyirwa mu bikorwa. Nishimiye no kubabwira ko twubahiriza ibyo ayo masezerano adusaba byose.”

Dr Ngirente yagaragaje ko Ibihugu byose bigomba gushyira mu bikorwa ibyo bisabwa kugira ngo intego z’Umuryango w’Abibumbye ku guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, zigerweho.

Dr Ngirente yitabiriye iyi nama
Yagaragarije Isi ko u Rwanda rwubahiriza ibyo rwashyiriyeho umukono

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − thirteen =

Previous Post

Muri Tanzania bari mu gahinda ko gupfusha uwabaye Perezida

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.