Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwahamirije Isi ko rwubahiriza amasezerano rwasinye yo kurengera ibidukikije

radiotv10by radiotv10
01/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwahamirije Isi ko rwubahiriza amasezerano rwasinye yo kurengera ibidukikije
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko yashyize umukono ku masezerano 16 ajyanye no kurengera ibidukikije, kandi ko rwubahiriza ibyo rusabwa uko bikwiye, rugasaba Ibihugu gutahiriza umugozi umwe mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu nama yiga ku ngamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe iri kubera muri Kenya.

Muri iyi nama, Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus; yavuze ko hari impamvu zihutirwa zo kurengera ibidukikije, zirimo ingaruka zikomeje guterwa n’imihindagurikire y’ikirere.

Yagize ati “Ubushyuhe bukabije bukomeje kongera indwara z’umutima. Umwuka uhumanye na wo utera kanseri y’ibihaha, asima, ndetse n’izindi ndwara z’ibihaha zidakira. Hari ibinyabutabire bitera ibibazo mu mitekerereze, indwara z’umutima n’impyiko”

Yakomeje agira ati “Amapfa no kubura amazi bituma abaturage babura ibiribwa bikwiye kuko birushaho guhenda. Imihindagurikire y’ikirere nayo ituma imibu, inyoni n’izindi nyamaswa bihindura imyitwarire n’icyerekezo. Ibyo bituma zikwirakwiza indwara zandura na malaria.”

Arongera ati “Ingaruka z’ihumana ry’ikirere no kugabanuka kw’ibinyabuzima; ntabwo biteye impungenge zo kuzateza ibibazo mu minsi iri imbere, ahubwo ingaruka zabyo tuzirimo uyu munsi. Ibyo bidutegeka kugira icyo dukora mu kurerengera ikirere.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente yavuze ko kubera ibi bibazo byose biterwa n’imihindagurikire y’ibihe, hakwiye ingamba kandi zigashyirwamo imbaraga n’Ibihugu bitandukanye.

By’umwihariko Dr Edouard Ngirente yavuze ko u Rwanda rwashyize umukono ku masezerano menshi yo kurengera ibidukikije, kandi yose rukaba rushyira mu bikorwa ibyo rusabwa byose.

Yagize ati “Ibi biratwibutsa twese ko imikoranire ari ngombwa mu guhangana n’ibibazo by’imibereho bikomoka ku migindagurikire y’ikirere bibangamiye imibereho y’abatuye kuri iyi Si. Uyu kandi ni umwanya wo kwerekana ubushobozi bw’ibyemezo bishingiye ku siyansi mu guhangana n’iki kibazo kibangaiye ibidukikije.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda rwashyize umukono ku musazera arenga 16 agamije kurengera ikirere, twayashyize mu mikorere yacu, kandi ducungira hafi uko ashyirwa mu bikorwa. Nishimiye no kubabwira ko twubahiriza ibyo ayo masezerano adusaba byose.”

Dr Ngirente yagaragaje ko Ibihugu byose bigomba gushyira mu bikorwa ibyo bisabwa kugira ngo intego z’Umuryango w’Abibumbye ku guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, zigerweho.

Dr Ngirente yitabiriye iyi nama
Yagaragarije Isi ko u Rwanda rwubahiriza ibyo rwashyiriyeho umukono

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Muri Tanzania bari mu gahinda ko gupfusha uwabaye Perezida

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.