Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwahawe inkunga y’inguzanyo ya miliyari 34 Frw

radiotv10by radiotv10
11/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwahawe inkunga y’inguzanyo ya miliyari 34 Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’ikigega gishinzwe Iterambere i Abu Dhabi (ADFD), basinye amasezerano y’inguzanyo y’igihe kirekire ya miliyoni 25$ (arenga Miliyari 34 Frw) azifashishwa mu kwagura ibikorwa bya rumwe mu ngomero z’amazi mu Rwanda

Iyi nkunga y’inguzanyo yatanzwe n’ikigega ADFD, izifashishwa mu bikorwa byo kwagura urugomero rw’amazi rwa Karenge mu Karere ka Rwamagana, ikaba ari kimwe mu bikorwa by’iki Kigega gikora mu gushyigikira imishinga y’iterambere mu bice binyuranye by’Isi.

Amasezerano y’iyi nguzanyo, yashyizweho umukono ku ruhande rw’u Rwanda na Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, John Mirenge, ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa ADFD, Mohamed Saif Al Suwaidi.

Al Suwaidi yagize ati “Aya masezerano ashimangira umuhate wa ADFD mu gutera inkunga imishinga yo guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage mu nyungu z’Ibihugu.”

Yakomeje avuga kandi ko aya masezerano, ari umasaruro w’umubano mwiza n’imikoranire bisanzwe biri hagati y’u Rwanda n’iki Kigega, ndetse na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Yavuze kandi ko urugomero rw’amazi rwa Karenge ruzashyirwamo iyi nkunga, ruzagira uruhare mu kugeza amazi meza ku baturage, ndetse n’iterambere ryabo n’iry’u Rwanda muri rusange.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, John Mirenge, yavuze ko u Rwanda rwishimira umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda, n’iki kigega cya ADFD, avuga ko bishimangira uruhare rwa UAE mu gukomeza gushyikira iterambere rirambye ku rwego mpuzamahanga.

Yagize ati “Kwagura urugomero rw’amazi rwa Karenge, ni umwe mu mishinga ikomeye izadufasha kugera ku ntego zacu zo guha amazi meza abaturage bacu, ndetse no kuzamura ibikorwa remezo birambye by’amazi mu rwego rwo guhaza ibyifuzo by’abaturage.”

Amb. John Mirenge yavuze ko kandi ko uyu mushinga uzazamura n’imibereho myiza y’abaturage, kandi ukagira uruhare mu guhanga imirimo mishya, nka zimwe mu ntego za Guverinoma y’u Rwanda.

Aya masezerano yasinyiwe muri muri UAE
Habayeho n’ibiganiro ku mpande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 16 =

Previous Post

Kigali: Hasobanuwe amayeri yakoreshwaga n’abasore bakekwaho ubujura n’urwego bagendaga biyitirira

Next Post

Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.