Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwahawe inkunga y’inguzanyo ya miliyari 34 Frw

radiotv10by radiotv10
11/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwahawe inkunga y’inguzanyo ya miliyari 34 Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’ikigega gishinzwe Iterambere i Abu Dhabi (ADFD), basinye amasezerano y’inguzanyo y’igihe kirekire ya miliyoni 25$ (arenga Miliyari 34 Frw) azifashishwa mu kwagura ibikorwa bya rumwe mu ngomero z’amazi mu Rwanda

Iyi nkunga y’inguzanyo yatanzwe n’ikigega ADFD, izifashishwa mu bikorwa byo kwagura urugomero rw’amazi rwa Karenge mu Karere ka Rwamagana, ikaba ari kimwe mu bikorwa by’iki Kigega gikora mu gushyigikira imishinga y’iterambere mu bice binyuranye by’Isi.

Amasezerano y’iyi nguzanyo, yashyizweho umukono ku ruhande rw’u Rwanda na Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, John Mirenge, ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa ADFD, Mohamed Saif Al Suwaidi.

Al Suwaidi yagize ati “Aya masezerano ashimangira umuhate wa ADFD mu gutera inkunga imishinga yo guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage mu nyungu z’Ibihugu.”

Yakomeje avuga kandi ko aya masezerano, ari umasaruro w’umubano mwiza n’imikoranire bisanzwe biri hagati y’u Rwanda n’iki Kigega, ndetse na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Yavuze kandi ko urugomero rw’amazi rwa Karenge ruzashyirwamo iyi nkunga, ruzagira uruhare mu kugeza amazi meza ku baturage, ndetse n’iterambere ryabo n’iry’u Rwanda muri rusange.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, John Mirenge, yavuze ko u Rwanda rwishimira umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda, n’iki kigega cya ADFD, avuga ko bishimangira uruhare rwa UAE mu gukomeza gushyikira iterambere rirambye ku rwego mpuzamahanga.

Yagize ati “Kwagura urugomero rw’amazi rwa Karenge, ni umwe mu mishinga ikomeye izadufasha kugera ku ntego zacu zo guha amazi meza abaturage bacu, ndetse no kuzamura ibikorwa remezo birambye by’amazi mu rwego rwo guhaza ibyifuzo by’abaturage.”

Amb. John Mirenge yavuze ko kandi ko uyu mushinga uzazamura n’imibereho myiza y’abaturage, kandi ukagira uruhare mu guhanga imirimo mishya, nka zimwe mu ntego za Guverinoma y’u Rwanda.

Aya masezerano yasinyiwe muri muri UAE
Habayeho n’ibiganiro ku mpande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − five =

Previous Post

Kigali: Hasobanuwe amayeri yakoreshwaga n’abasore bakekwaho ubujura n’urwego bagendaga biyitirira

Next Post

Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.