Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwahawe inkunga y’inguzanyo ya miliyari 34 Frw

radiotv10by radiotv10
11/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwahawe inkunga y’inguzanyo ya miliyari 34 Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’ikigega gishinzwe Iterambere i Abu Dhabi (ADFD), basinye amasezerano y’inguzanyo y’igihe kirekire ya miliyoni 25$ (arenga Miliyari 34 Frw) azifashishwa mu kwagura ibikorwa bya rumwe mu ngomero z’amazi mu Rwanda

Iyi nkunga y’inguzanyo yatanzwe n’ikigega ADFD, izifashishwa mu bikorwa byo kwagura urugomero rw’amazi rwa Karenge mu Karere ka Rwamagana, ikaba ari kimwe mu bikorwa by’iki Kigega gikora mu gushyigikira imishinga y’iterambere mu bice binyuranye by’Isi.

Amasezerano y’iyi nguzanyo, yashyizweho umukono ku ruhande rw’u Rwanda na Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, John Mirenge, ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa ADFD, Mohamed Saif Al Suwaidi.

Al Suwaidi yagize ati “Aya masezerano ashimangira umuhate wa ADFD mu gutera inkunga imishinga yo guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage mu nyungu z’Ibihugu.”

Yakomeje avuga kandi ko aya masezerano, ari umasaruro w’umubano mwiza n’imikoranire bisanzwe biri hagati y’u Rwanda n’iki Kigega, ndetse na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Yavuze kandi ko urugomero rw’amazi rwa Karenge ruzashyirwamo iyi nkunga, ruzagira uruhare mu kugeza amazi meza ku baturage, ndetse n’iterambere ryabo n’iry’u Rwanda muri rusange.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, John Mirenge, yavuze ko u Rwanda rwishimira umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda, n’iki kigega cya ADFD, avuga ko bishimangira uruhare rwa UAE mu gukomeza gushyikira iterambere rirambye ku rwego mpuzamahanga.

Yagize ati “Kwagura urugomero rw’amazi rwa Karenge, ni umwe mu mishinga ikomeye izadufasha kugera ku ntego zacu zo guha amazi meza abaturage bacu, ndetse no kuzamura ibikorwa remezo birambye by’amazi mu rwego rwo guhaza ibyifuzo by’abaturage.”

Amb. John Mirenge yavuze ko kandi ko uyu mushinga uzazamura n’imibereho myiza y’abaturage, kandi ukagira uruhare mu guhanga imirimo mishya, nka zimwe mu ntego za Guverinoma y’u Rwanda.

Aya masezerano yasinyiwe muri muri UAE
Habayeho n’ibiganiro ku mpande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 13 =

Previous Post

Kigali: Hasobanuwe amayeri yakoreshwaga n’abasore bakekwaho ubujura n’urwego bagendaga biyitirira

Next Post

Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.