Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yasabye abantu kudaha agaciro itangazo ry’iricurano ryitiriwe Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko u Rwanda rwahaye amasaha 24 ingabo zidasanzwe za Congo ziri ku butaka bwarwo, kuba zabuvuyeho.

Iri tangazo ryakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Mutarama 2023, ritangira rivuga ko hari abasirikare ba Congo bo mu mutwe udasanzwe bari ku butaka bw’u Rwanda.

Iri tangazo bigaragara ko rikubiyemo ibinyoma, rikomeza ryumvikanamo ko uwaricuze yari anagamije gukomeza gutsindagira ikinyoma cya Congo Kinshasa ko u Rwanda rukorana n’umutwe wa M23, nyamara bihabanye n’ukuri.

Iri tangazo ry’iricurano risoza rivuga ko Guverinoma y’u Rwanda ihaye amasaha 24 izi ngabo za Congo kuba zavuye ku butaka bw’u Rwanda kandi ngo nibitaba ibyo Abanyekongo bose bari mu Rwanda baza kubigiraho ingaruka bagatabwa muri yombi.

Urwego rw’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda rwatangaje ko iri tangazo ari iricurano (fake news), rwibutsa ko amatangazo yose y’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bifite aho binyuzwa yaba ku rubuga rwa Twitter rwa “Primature Rwanda no ku rubuga rwa primature.gov.rw”

Please ignore this FAKE NEWS.
All official announcements from the Office of the Prime Minister are posted by @PrimatureRwanda and on https://t.co/VY8VW0pqe4 pic.twitter.com/ttzG8SCajX

— Rwanda Government Communications (@RwandaOGS) January 25, 2023

Ubutumwa bw’Urwego rw’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, busaba abantu “Kudaha agaciro iri tangazo ko ritanga amakuru y’ibinyoma.”

Uburyo nk’ubu bwo gushyira hanze inyandiko z’incurano, bukunze kwifashishwa mu rwego rwo kuyobya abantu, ku buryo bisaba ubushishozi ku bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga mu gihe babonye inyandiko nk’izi zidasanzwe ziba zirimo n’amakuru anyuranyije n’ukuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + fifteen =

Previous Post

Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe

Next Post

Basketball: Umukinnyi wahaye ibyishimo abaturarwanda agarutse akubutse i Burundi

Related Posts

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

by radiotv10
31/12/2025
0

We often think being busy means being productive. But working non-stop can make us tired, stressed, and less creative. The...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity
IMIBEREHO MYIZA

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Umukinnyi wahaye ibyishimo abaturarwanda agarutse akubutse i Burundi

Basketball: Umukinnyi wahaye ibyishimo abaturarwanda agarutse akubutse i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.