Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yasabye abantu kudaha agaciro itangazo ry’iricurano ryitiriwe Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko u Rwanda rwahaye amasaha 24 ingabo zidasanzwe za Congo ziri ku butaka bwarwo, kuba zabuvuyeho.

Iri tangazo ryakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Mutarama 2023, ritangira rivuga ko hari abasirikare ba Congo bo mu mutwe udasanzwe bari ku butaka bw’u Rwanda.

Iri tangazo bigaragara ko rikubiyemo ibinyoma, rikomeza ryumvikanamo ko uwaricuze yari anagamije gukomeza gutsindagira ikinyoma cya Congo Kinshasa ko u Rwanda rukorana n’umutwe wa M23, nyamara bihabanye n’ukuri.

Iri tangazo ry’iricurano risoza rivuga ko Guverinoma y’u Rwanda ihaye amasaha 24 izi ngabo za Congo kuba zavuye ku butaka bw’u Rwanda kandi ngo nibitaba ibyo Abanyekongo bose bari mu Rwanda baza kubigiraho ingaruka bagatabwa muri yombi.

Urwego rw’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda rwatangaje ko iri tangazo ari iricurano (fake news), rwibutsa ko amatangazo yose y’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bifite aho binyuzwa yaba ku rubuga rwa Twitter rwa “Primature Rwanda no ku rubuga rwa primature.gov.rw”

Please ignore this FAKE NEWS.
All official announcements from the Office of the Prime Minister are posted by @PrimatureRwanda and on https://t.co/VY8VW0pqe4 pic.twitter.com/ttzG8SCajX

— Rwanda Government Communications (@RwandaOGS) January 25, 2023

Ubutumwa bw’Urwego rw’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, busaba abantu “Kudaha agaciro iri tangazo ko ritanga amakuru y’ibinyoma.”

Uburyo nk’ubu bwo gushyira hanze inyandiko z’incurano, bukunze kwifashishwa mu rwego rwo kuyobya abantu, ku buryo bisaba ubushishozi ku bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga mu gihe babonye inyandiko nk’izi zidasanzwe ziba zirimo n’amakuru anyuranyije n’ukuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe

Next Post

Basketball: Umukinnyi wahaye ibyishimo abaturarwanda agarutse akubutse i Burundi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Umukinnyi wahaye ibyishimo abaturarwanda agarutse akubutse i Burundi

Basketball: Umukinnyi wahaye ibyishimo abaturarwanda agarutse akubutse i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.