Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’u Rwanda bwahakanye amakuru yatangajwe n’ubwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ingabo z’u Rwanda zifasha inyeshyamba zagabye ibitero mu duce two muri Kivu ya Ruguru, buvuga ko ari ibirego bidafite ishingiro.

Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba, ryamagana amakuru yatangajwe n’Umuvugizi w’Intara ya Kivu ya Ruguru mu izina ry’Igisirikare cya DRC, ashinja ingabo z’u Rwanda gutera inkunga imitwe yagabye ibitero kuri FARDC.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois, rigira riti “Twamaganye byimazeyo ibirego bidafite ishingiro kandi duhamya ko RDF idafite aho ihuriye n’ibikorwa bihungabanya umutekano muri DRC.”

Iri tangazo risohotse nyuma y’ibyatangajwe n’Umuvugizi w’Intara ya Kivu ya Ruguru ndetse na bimwe mu Binyamakuru bishinja RDF gufasha inyeshyamba zagabye ibitero mu gicuku cy’ijoro rishyira kuri uyu wa mbere byabereye mu duce twa Tshanzu na Runyoni.

Ibi birego byagarutse ku basirikare babiri ba RDF bavugwa ko bafashwe mpiri.

Itangazo ry’ubuyobozi bw’u Rwanda, rikomeza ryamagana aya makuru ko ayo mazina y’abo basirikare bavuzwe n’ubundi yavuzwe mu nama yahuje inzego z’ubutasi bw’Igisirikare cy’u Rwanda n’icya DRC yabereye i Kigali tariki 25 Gashyantare 2022.

Iri tangazo rivuga ko ntacyagaraje ko abo basirikare baba barabajijwe mu nzego z’ubutabera, rigira riti “RDF nta musirikare igira ufite izina mu yavuzwe n’itangazo.”

Ubuyobozi bw’u Rwanda buvuga ko hasanzwe hari urwego rwashyizweho na ICGLR ndetse n’imikoranire yarwo na DRC yo kugenzura ibikorwa by’ubushotoranyi ku mpande zombi, bugasaba ko iryo huriro rihuriweho rya EJVM ndetse n’iry’iperereza rya JIT, yakora iperereza kuri ibyo birego bishinjwa RDF.

Iri tangazo risoza rivuga ko u Rwanda ryagaragaje imikoranire myiza yo gucyura abahoze mu mitwe yahungabanyaga umutekano wa DRC bagashyira intwaro hasi, bityo ko Guverinoma y’u Rwanda itagomba kubazwa imbaraga nke za Guverinoma ya DRC mu kurangiza ibyo bibazo.

Mu mpera z’umwaka ushize ubwo M23 yuburaga imirwano muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nabwo hari amakuru yashinjaga Igisirikare cy’u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe.

Gusa icyo gihe, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangaro buhakana ibi birego, buvuga ko RDF ntaho ihuriye n’inyeshyamba za M23 ahubwo ko izateye igitero muri uko kwezi k’Ugushyingo 2021, zari ziturutse muri Uganda.

U Rwanda rwavuze ko abasirikare biswe ab’u Rwanda atari aba RDF

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + twenty =

Previous Post

Gatete uherutse kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri UN yahuye n’uw’u Burundi

Next Post

Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.