Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’u Rwanda bwahakanye amakuru yatangajwe n’ubwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ingabo z’u Rwanda zifasha inyeshyamba zagabye ibitero mu duce two muri Kivu ya Ruguru, buvuga ko ari ibirego bidafite ishingiro.

Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba, ryamagana amakuru yatangajwe n’Umuvugizi w’Intara ya Kivu ya Ruguru mu izina ry’Igisirikare cya DRC, ashinja ingabo z’u Rwanda gutera inkunga imitwe yagabye ibitero kuri FARDC.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois, rigira riti “Twamaganye byimazeyo ibirego bidafite ishingiro kandi duhamya ko RDF idafite aho ihuriye n’ibikorwa bihungabanya umutekano muri DRC.”

Iri tangazo risohotse nyuma y’ibyatangajwe n’Umuvugizi w’Intara ya Kivu ya Ruguru ndetse na bimwe mu Binyamakuru bishinja RDF gufasha inyeshyamba zagabye ibitero mu gicuku cy’ijoro rishyira kuri uyu wa mbere byabereye mu duce twa Tshanzu na Runyoni.

Ibi birego byagarutse ku basirikare babiri ba RDF bavugwa ko bafashwe mpiri.

Itangazo ry’ubuyobozi bw’u Rwanda, rikomeza ryamagana aya makuru ko ayo mazina y’abo basirikare bavuzwe n’ubundi yavuzwe mu nama yahuje inzego z’ubutasi bw’Igisirikare cy’u Rwanda n’icya DRC yabereye i Kigali tariki 25 Gashyantare 2022.

Iri tangazo rivuga ko ntacyagaraje ko abo basirikare baba barabajijwe mu nzego z’ubutabera, rigira riti “RDF nta musirikare igira ufite izina mu yavuzwe n’itangazo.”

Ubuyobozi bw’u Rwanda buvuga ko hasanzwe hari urwego rwashyizweho na ICGLR ndetse n’imikoranire yarwo na DRC yo kugenzura ibikorwa by’ubushotoranyi ku mpande zombi, bugasaba ko iryo huriro rihuriweho rya EJVM ndetse n’iry’iperereza rya JIT, yakora iperereza kuri ibyo birego bishinjwa RDF.

Iri tangazo risoza rivuga ko u Rwanda ryagaragaje imikoranire myiza yo gucyura abahoze mu mitwe yahungabanyaga umutekano wa DRC bagashyira intwaro hasi, bityo ko Guverinoma y’u Rwanda itagomba kubazwa imbaraga nke za Guverinoma ya DRC mu kurangiza ibyo bibazo.

Mu mpera z’umwaka ushize ubwo M23 yuburaga imirwano muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nabwo hari amakuru yashinjaga Igisirikare cy’u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe.

Gusa icyo gihe, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangaro buhakana ibi birego, buvuga ko RDF ntaho ihuriye n’inyeshyamba za M23 ahubwo ko izateye igitero muri uko kwezi k’Ugushyingo 2021, zari ziturutse muri Uganda.

U Rwanda rwavuze ko abasirikare biswe ab’u Rwanda atari aba RDF

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Gatete uherutse kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri UN yahuye n’uw’u Burundi

Next Post

Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.