Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’u Rwanda bwahakanye amakuru yatangajwe n’ubwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ingabo z’u Rwanda zifasha inyeshyamba zagabye ibitero mu duce two muri Kivu ya Ruguru, buvuga ko ari ibirego bidafite ishingiro.

Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba, ryamagana amakuru yatangajwe n’Umuvugizi w’Intara ya Kivu ya Ruguru mu izina ry’Igisirikare cya DRC, ashinja ingabo z’u Rwanda gutera inkunga imitwe yagabye ibitero kuri FARDC.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois, rigira riti “Twamaganye byimazeyo ibirego bidafite ishingiro kandi duhamya ko RDF idafite aho ihuriye n’ibikorwa bihungabanya umutekano muri DRC.”

Iri tangazo risohotse nyuma y’ibyatangajwe n’Umuvugizi w’Intara ya Kivu ya Ruguru ndetse na bimwe mu Binyamakuru bishinja RDF gufasha inyeshyamba zagabye ibitero mu gicuku cy’ijoro rishyira kuri uyu wa mbere byabereye mu duce twa Tshanzu na Runyoni.

Ibi birego byagarutse ku basirikare babiri ba RDF bavugwa ko bafashwe mpiri.

Itangazo ry’ubuyobozi bw’u Rwanda, rikomeza ryamagana aya makuru ko ayo mazina y’abo basirikare bavuzwe n’ubundi yavuzwe mu nama yahuje inzego z’ubutasi bw’Igisirikare cy’u Rwanda n’icya DRC yabereye i Kigali tariki 25 Gashyantare 2022.

Iri tangazo rivuga ko ntacyagaraje ko abo basirikare baba barabajijwe mu nzego z’ubutabera, rigira riti “RDF nta musirikare igira ufite izina mu yavuzwe n’itangazo.”

Ubuyobozi bw’u Rwanda buvuga ko hasanzwe hari urwego rwashyizweho na ICGLR ndetse n’imikoranire yarwo na DRC yo kugenzura ibikorwa by’ubushotoranyi ku mpande zombi, bugasaba ko iryo huriro rihuriweho rya EJVM ndetse n’iry’iperereza rya JIT, yakora iperereza kuri ibyo birego bishinjwa RDF.

Iri tangazo risoza rivuga ko u Rwanda ryagaragaje imikoranire myiza yo gucyura abahoze mu mitwe yahungabanyaga umutekano wa DRC bagashyira intwaro hasi, bityo ko Guverinoma y’u Rwanda itagomba kubazwa imbaraga nke za Guverinoma ya DRC mu kurangiza ibyo bibazo.

Mu mpera z’umwaka ushize ubwo M23 yuburaga imirwano muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nabwo hari amakuru yashinjaga Igisirikare cy’u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe.

Gusa icyo gihe, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangaro buhakana ibi birego, buvuga ko RDF ntaho ihuriye n’inyeshyamba za M23 ahubwo ko izateye igitero muri uko kwezi k’Ugushyingo 2021, zari ziturutse muri Uganda.

U Rwanda rwavuze ko abasirikare biswe ab’u Rwanda atari aba RDF

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Gatete uherutse kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri UN yahuye n’uw’u Burundi

Next Post

Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.