Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yasabye iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kurekura mu buryo bwihuse kandi nta mananiza Abanyarwanda babiri bafashwe mu mpera za Kanama 2022 bakaba bafunzwe n’urwego rw’iperereza rwa Congo.

Ikinyamakuru Jeune Afrique dukesha aya amakuru, gitangaza ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta aherutse kwandikira ibaruwa mugenzi we wa Congo, Christophe Lutundura ko u Rwanda rwababajwe cyane n’ifatwa ry’Abanyarwanda babiri bari basanzwe baba muri Congo mu buryo bwemewe n’amategeko.

Iki kinyamakuru gitangaza ko iyi baruwa ya Minisitiri Dr Vincent Biruta, yanditswe ku ya 04 Ugushyingo 2022, igaragaza ko Guverimoma y’u Rwanda ihangayikishijwe n’ibikorwa byo guhohotera Abanyarwanda basanzwe batuye muri DRC bakomeje gukorwa.

Muri iyo baruwa, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, amenyesha mugenzi we wa DRC, ko Abanyarwanda babiri bafashwe mu buryo bw’ibanga bagafungwa n’urwego rushinzwe iperereza ruzwi nka ANR (Agence Nationale de Renseignements).

Minisitiri Biruta, asaba ko abo Banyarwanda babiri “barekurwa mu buryo bwihuse kandi hatabayeho amananiza.”

Aba banyarwanda bafashwe, bombi basanzwe baba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu buryo bwemewe n’amategeko, bakaba ari Dr Nshimiyimana Juvenal wabaye umuyobozi w’agateganyo w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rya UNAIDS muri Congo, ubu akaba ari umuyobozi w’umuryango Nyafurika utari uwa Leta witwa AHDO (African Health Development Organization) ushinzwe guteza imbere ubuzima muri Congo.

Hari kandi Moses Mushabe we usanzwe ari umukozi w’uyu Muryango Nyafurika utegamiye kuri Leta, na we akaba akorera muri Congo.

Aba Banyarwanda bafashwe tariki 30 Kanama 2022, bakuwe mu rugo rwa Dr Nshimiyimana muri Congo Kinshasa, bajya gufungwa n’urwego rushinzwe iperereza muri Congo.

Ibikorwa byo kwibasira Abanyarwanda baba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze iminsi kuva umubano w’Ibihugu byombi wazamo igitotsi, binaheruka kugaragara mu Mujyi wa Goma mu cyumweru gishize ubwo hongeraga kuba imyigaragarambyo yo kubamagana no kwamagana u Rwanda.

Muri Gicurasi, FARDC ifatanyije na FDLR bashimuse abasirikare babiri b’u Rwanda, babakuye ku mupaka aho bari bacunze umutekano, baza kurekurwa nyuma y’ibiganiro byabaye hagati y’ubuyobozi bw’Ibihugu byombi.

Congo kandi yakomeje gushotora u Rwanda mu bikorwa bitandukanye, birimo n’icyabaye mu masaha macye ashize, aho ku munsi w’ejo hashize, tariki Indwi Ugushyingo, indege y’intambara ya DRC yavogereye ikirere cy’u Rwanda ikaza ikagwa ku kibuga cy’Indege cya Rubavu, ikongera igasubirayo.

Ni igikorwa cyababaje Guverinoma y’u Rwanda, yahise ishyira hanze itangazo ryamagana ubu bushotoranyi bwabaye izuba riva ariko u Rwanda ntirugire igikorwa cya gisirikare rukora mu gusubiza Congo kuri ubu bushotoranyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 12 =

Previous Post

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Next Post

Shira amatsiko: Ibirambuye ku ngendo za RwandAir Kigali-London n’ibiciro byazo

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya indege ya RwandAir yakoze urugendo rwa mbere Kigali-London ntahandi iciye

Shira amatsiko: Ibirambuye ku ngendo za RwandAir Kigali-London n’ibiciro byazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.