Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yasabye iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kurekura mu buryo bwihuse kandi nta mananiza Abanyarwanda babiri bafashwe mu mpera za Kanama 2022 bakaba bafunzwe n’urwego rw’iperereza rwa Congo.

Ikinyamakuru Jeune Afrique dukesha aya amakuru, gitangaza ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta aherutse kwandikira ibaruwa mugenzi we wa Congo, Christophe Lutundura ko u Rwanda rwababajwe cyane n’ifatwa ry’Abanyarwanda babiri bari basanzwe baba muri Congo mu buryo bwemewe n’amategeko.

Iki kinyamakuru gitangaza ko iyi baruwa ya Minisitiri Dr Vincent Biruta, yanditswe ku ya 04 Ugushyingo 2022, igaragaza ko Guverimoma y’u Rwanda ihangayikishijwe n’ibikorwa byo guhohotera Abanyarwanda basanzwe batuye muri DRC bakomeje gukorwa.

Muri iyo baruwa, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, amenyesha mugenzi we wa DRC, ko Abanyarwanda babiri bafashwe mu buryo bw’ibanga bagafungwa n’urwego rushinzwe iperereza ruzwi nka ANR (Agence Nationale de Renseignements).

Minisitiri Biruta, asaba ko abo Banyarwanda babiri “barekurwa mu buryo bwihuse kandi hatabayeho amananiza.”

Aba banyarwanda bafashwe, bombi basanzwe baba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu buryo bwemewe n’amategeko, bakaba ari Dr Nshimiyimana Juvenal wabaye umuyobozi w’agateganyo w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rya UNAIDS muri Congo, ubu akaba ari umuyobozi w’umuryango Nyafurika utari uwa Leta witwa AHDO (African Health Development Organization) ushinzwe guteza imbere ubuzima muri Congo.

Hari kandi Moses Mushabe we usanzwe ari umukozi w’uyu Muryango Nyafurika utegamiye kuri Leta, na we akaba akorera muri Congo.

Aba Banyarwanda bafashwe tariki 30 Kanama 2022, bakuwe mu rugo rwa Dr Nshimiyimana muri Congo Kinshasa, bajya gufungwa n’urwego rushinzwe iperereza muri Congo.

Ibikorwa byo kwibasira Abanyarwanda baba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze iminsi kuva umubano w’Ibihugu byombi wazamo igitotsi, binaheruka kugaragara mu Mujyi wa Goma mu cyumweru gishize ubwo hongeraga kuba imyigaragarambyo yo kubamagana no kwamagana u Rwanda.

Muri Gicurasi, FARDC ifatanyije na FDLR bashimuse abasirikare babiri b’u Rwanda, babakuye ku mupaka aho bari bacunze umutekano, baza kurekurwa nyuma y’ibiganiro byabaye hagati y’ubuyobozi bw’Ibihugu byombi.

Congo kandi yakomeje gushotora u Rwanda mu bikorwa bitandukanye, birimo n’icyabaye mu masaha macye ashize, aho ku munsi w’ejo hashize, tariki Indwi Ugushyingo, indege y’intambara ya DRC yavogereye ikirere cy’u Rwanda ikaza ikagwa ku kibuga cy’Indege cya Rubavu, ikongera igasubirayo.

Ni igikorwa cyababaje Guverinoma y’u Rwanda, yahise ishyira hanze itangazo ryamagana ubu bushotoranyi bwabaye izuba riva ariko u Rwanda ntirugire igikorwa cya gisirikare rukora mu gusubiza Congo kuri ubu bushotoranyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + five =

Previous Post

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Next Post

Shira amatsiko: Ibirambuye ku ngendo za RwandAir Kigali-London n’ibiciro byazo

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya indege ya RwandAir yakoze urugendo rwa mbere Kigali-London ntahandi iciye

Shira amatsiko: Ibirambuye ku ngendo za RwandAir Kigali-London n’ibiciro byazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.