Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yasabye iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kurekura mu buryo bwihuse kandi nta mananiza Abanyarwanda babiri bafashwe mu mpera za Kanama 2022 bakaba bafunzwe n’urwego rw’iperereza rwa Congo.

Ikinyamakuru Jeune Afrique dukesha aya amakuru, gitangaza ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta aherutse kwandikira ibaruwa mugenzi we wa Congo, Christophe Lutundura ko u Rwanda rwababajwe cyane n’ifatwa ry’Abanyarwanda babiri bari basanzwe baba muri Congo mu buryo bwemewe n’amategeko.

Iki kinyamakuru gitangaza ko iyi baruwa ya Minisitiri Dr Vincent Biruta, yanditswe ku ya 04 Ugushyingo 2022, igaragaza ko Guverimoma y’u Rwanda ihangayikishijwe n’ibikorwa byo guhohotera Abanyarwanda basanzwe batuye muri DRC bakomeje gukorwa.

Muri iyo baruwa, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, amenyesha mugenzi we wa DRC, ko Abanyarwanda babiri bafashwe mu buryo bw’ibanga bagafungwa n’urwego rushinzwe iperereza ruzwi nka ANR (Agence Nationale de Renseignements).

Minisitiri Biruta, asaba ko abo Banyarwanda babiri “barekurwa mu buryo bwihuse kandi hatabayeho amananiza.”

Aba banyarwanda bafashwe, bombi basanzwe baba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu buryo bwemewe n’amategeko, bakaba ari Dr Nshimiyimana Juvenal wabaye umuyobozi w’agateganyo w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rya UNAIDS muri Congo, ubu akaba ari umuyobozi w’umuryango Nyafurika utari uwa Leta witwa AHDO (African Health Development Organization) ushinzwe guteza imbere ubuzima muri Congo.

Hari kandi Moses Mushabe we usanzwe ari umukozi w’uyu Muryango Nyafurika utegamiye kuri Leta, na we akaba akorera muri Congo.

Aba Banyarwanda bafashwe tariki 30 Kanama 2022, bakuwe mu rugo rwa Dr Nshimiyimana muri Congo Kinshasa, bajya gufungwa n’urwego rushinzwe iperereza muri Congo.

Ibikorwa byo kwibasira Abanyarwanda baba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze iminsi kuva umubano w’Ibihugu byombi wazamo igitotsi, binaheruka kugaragara mu Mujyi wa Goma mu cyumweru gishize ubwo hongeraga kuba imyigaragarambyo yo kubamagana no kwamagana u Rwanda.

Muri Gicurasi, FARDC ifatanyije na FDLR bashimuse abasirikare babiri b’u Rwanda, babakuye ku mupaka aho bari bacunze umutekano, baza kurekurwa nyuma y’ibiganiro byabaye hagati y’ubuyobozi bw’Ibihugu byombi.

Congo kandi yakomeje gushotora u Rwanda mu bikorwa bitandukanye, birimo n’icyabaye mu masaha macye ashize, aho ku munsi w’ejo hashize, tariki Indwi Ugushyingo, indege y’intambara ya DRC yavogereye ikirere cy’u Rwanda ikaza ikagwa ku kibuga cy’Indege cya Rubavu, ikongera igasubirayo.

Ni igikorwa cyababaje Guverinoma y’u Rwanda, yahise ishyira hanze itangazo ryamagana ubu bushotoranyi bwabaye izuba riva ariko u Rwanda ntirugire igikorwa cya gisirikare rukora mu gusubiza Congo kuri ubu bushotoranyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − three =

Previous Post

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Next Post

Shira amatsiko: Ibirambuye ku ngendo za RwandAir Kigali-London n’ibiciro byazo

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya indege ya RwandAir yakoze urugendo rwa mbere Kigali-London ntahandi iciye

Shira amatsiko: Ibirambuye ku ngendo za RwandAir Kigali-London n’ibiciro byazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.