Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije abakeka ko rutazaburana urubanza rwarezwemo n’umuryango wa Rusesabagina muri USA

radiotv10by radiotv10
09/05/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwasubije abakeka ko rutazaburana urubanza rwarezwemo n’umuryango wa Rusesabagina muri USA
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, yamaze impungenge abakeka ko u Rwanda rutazaburana urubanza rwarezwemo n’Umuryango wa Paul Rusesabagina muri Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko rwiteguye gukurikiza ibiteganywa n’amategeko.

Alain Mukuralinda yavuze ko igihe cyose hari umuntu wareze Leta y’u Rwanda, idashobora guterera iyo, ahubwo ko ikora ibiteganywa n’amategeko.

Ati “Leta y’u Rwanda na yo ifite uburyo igomba gusubiza icyo kirego, ifite uburyo igomba gushyiraho abavoka n’imyanzuro baba bagomba gukora kandi bakayitangira ku gihe. Abantu ntibagire impungenge igihe cyatanzwe kizagera Leta y’u Rwanda yagize ibyo ikora yasabwe.”

Abunganira umuryango wa Paul Rusesabagina bari batangarije Ijwi rya Amerika ko kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Gicurasi 2022, wari umunsi ntarengwa wo kuba u Rwanda rwasubije ibyo rwabajijwe kuri uru rubanza.

Alain Mukuralinda yabwiye iyi Radio ko uretse kuba abanyamategeko ba Leta y’u Rwanda bagomba gusubiza ibyo iki Gihugu cyabajijwe ariko bagomba no kuzaburana uru rubanza mu gihe rwaba rukomeje.

Umuryango wa Paul Rusesabagina wakunze kuvuga ko uyu mugabo yagejejwe mu Rwanda ashimuswe, wasabye impozamarira za Miliyoni 400 USD, mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yo yakunze kugaragaza ibimenyetso ko uyu mugabo atigeze ashimutwa.

Alain Mukuralinda yavuze ko ibizakorwa n’abanyamategeko b’u Rwanda byose bizaba bishingiye ku biteganywa n’amategeko.

Yagize ati “Niba tugomba kugaragaza ko Leta y’u Rwanda itakagombye kujya kuburanira mu rukiko runaka hanze y’Igihugu, nta handi wabigaragariza utagiye muri urwo rukiko.”

Mukuralinda yavuze kandi ko mu biteganywa n’amategeko, harimo no kuba uwarezwe atakwitaba Urukiko.

Ati “Leta y’u Rwanda ifite n’uburenganzira bwo kutitaba, uzi ko ubwo burenganzira buremewe mu rukiko nk’uko mujya mubibona abantu bajya mu rubanza rwageramo hagati bakarwivanamo. Buriya ni ibintu byemewe amategeko aba ateganya.”

Paul Rusesabagina wagejejwe mu Rwanda mu mpera za Kanama 2022, muri Nzeri 2021 yakatiwe igifungo cy’imyaka 25 n’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, ariko Ubushinjacyaha bujuririra iki gihano mu Rukiko rw’Ubujurire na rwo mu ntangiro z’ukwezi gushize rukaba rwaragumishijeho iki gihano.

Paul Rusesabagina yahamijwe ibyaha by’iterabwoba bishingiye ku bikorwa byakozwe n’umutwe yashinze wa MRCD-FLN birimo ibitero byagabwe mu mu bice binyuranye birimo mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, byanaguyemo inzirakarengane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =

Previous Post

Ruhango: Yabanje gukubita ifuni umugore we arangije yica umwana we na we ariyahura

Next Post

Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza

Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.