Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yamaganye ikinyoma cyahimbwe n’igisirikare cya DRC (FARDC) cyagaragaje uwo cyise ko ari umusirikare w’u Rwanda wafatiwe ku rugamba, avuga ko uretse kuba ari ikinamico yacuzwe nabi, ari n’ikinyoma cyambaye ubusa.

Ni nyuma yuko mu minsi ishize, FARDC igaragaje umusore uvuga ko yitwa Iradukunda Jean de Dieu, ngo wafatiwe ku rugamba afatanya na M23 mu mirwano ihanganishije uyu mutwe n’igisirikare cya Congo gikorana n’imitwe irimo uw’abajenosideri wa FDLR.

Iki kinyoma cyari cyanamaganiwe kure n’umutwe wa M23, wavuze ko ibyakozwe na FARDC ari ukuyobya uburari byakunze gukorwa na Leta ya Kinshasa, kugira ngo amahanga atita ku bibazo nyirizina biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na we yamaganiye kure iki kinyoma cyahimbwe na FARDC.

Yavuze ko uretse kuba FARDC yanacuze nabi iyi kinamico, hari na gihamya nyinshi zerekana ko uyu musirikare atari uwo mu Ngabo z’u Rwanda.

Yagize ati “Ni ukuvuga ko Ingabo za Congo zatweretse uwo zivuga ko ari umusirikare w’u Rwanda, utazi inite ye cyangwa Komanda we, utanashobora kugaragaza nimero ye mu Ngabo z’u Rwanda.”

Uyu musirikare wagaragajwe na FARDC mu mashusho yashyize hanze, ngo akomoka mu Ntara y’Iburengerazuba, muri ‘Lokarite’ ya Ngororero muri ‘Gurupoma’ y’Umurenge no muri ‘Teritwari’ ya Kazabi [Inzego z’imitegekere itaba mu Rwanda ariko imenyerewe muri DRC].

Minisitiri Ndungirehe, yakomeje agira ati “Ikibazo kiri hano, ni uko izi nzego z’imitegekere ziri muri DRC ariko zitaba mu Rwanda. Abaturage bo mu Rwanda bose bazi neza ko Igihugu cyacu kigira Intara, Uturere, Imirenge, Utugari n’Imidugudu. Nubwo Akarere ka Ngororero kabaho kandi biranazwi, kakagira Imirenge 13 ariko muri yo nta Murenge ubamo witwa Kazabi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yibukije ko atari ubwa mbere FARDC ihimbye ikinyoma nk’iki, kuko na tariki 16 Gashyantare uyu mwaka wa 2024, Umuvugizi w’iki Gisirikare cya Congo, Colonel Guillaume Ndjike, na bwo yari yerekanye uwitwa Ndayambaje Abouba avuga ko ari umusirikare mu Ngabo z’u Rwanda, ngo ukomoka mu gace kitwa Kayonza wari wambaye impuzankano, nyamara atari ubwa mbere yari yamwerekanye.

Ati “Ariko ikibabaje ni uko Colonel yari yibagiwe ko mu byumweru bicye byari bishize, yari yatweretse uwo muntu ngo wari wafashwe yambaye imyambaro ya gisivile isa nabi, ndetse anambaye ibirenge bigaragara ko atari yarigeze yambara bote za gisirikare mu buzima bwe.”

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, asoza ubutumwa bwe avuga ko ibi bigaragaza ko igisirikare cya Congo, cyahinduye iturufu ibi binyoma mu rugamba kirimo kurwanamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

AMAFOTO: Mu birori nogerajisho Miss Naomie n’umukunzi we basezeranye kuzabana mu byiza n’ibibi

Next Post

Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.