Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yamaganye ikinyoma cyahimbwe n’igisirikare cya DRC (FARDC) cyagaragaje uwo cyise ko ari umusirikare w’u Rwanda wafatiwe ku rugamba, avuga ko uretse kuba ari ikinamico yacuzwe nabi, ari n’ikinyoma cyambaye ubusa.

Ni nyuma yuko mu minsi ishize, FARDC igaragaje umusore uvuga ko yitwa Iradukunda Jean de Dieu, ngo wafatiwe ku rugamba afatanya na M23 mu mirwano ihanganishije uyu mutwe n’igisirikare cya Congo gikorana n’imitwe irimo uw’abajenosideri wa FDLR.

Iki kinyoma cyari cyanamaganiwe kure n’umutwe wa M23, wavuze ko ibyakozwe na FARDC ari ukuyobya uburari byakunze gukorwa na Leta ya Kinshasa, kugira ngo amahanga atita ku bibazo nyirizina biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na we yamaganiye kure iki kinyoma cyahimbwe na FARDC.

Yavuze ko uretse kuba FARDC yanacuze nabi iyi kinamico, hari na gihamya nyinshi zerekana ko uyu musirikare atari uwo mu Ngabo z’u Rwanda.

Yagize ati “Ni ukuvuga ko Ingabo za Congo zatweretse uwo zivuga ko ari umusirikare w’u Rwanda, utazi inite ye cyangwa Komanda we, utanashobora kugaragaza nimero ye mu Ngabo z’u Rwanda.”

Uyu musirikare wagaragajwe na FARDC mu mashusho yashyize hanze, ngo akomoka mu Ntara y’Iburengerazuba, muri ‘Lokarite’ ya Ngororero muri ‘Gurupoma’ y’Umurenge no muri ‘Teritwari’ ya Kazabi [Inzego z’imitegekere itaba mu Rwanda ariko imenyerewe muri DRC].

Minisitiri Ndungirehe, yakomeje agira ati “Ikibazo kiri hano, ni uko izi nzego z’imitegekere ziri muri DRC ariko zitaba mu Rwanda. Abaturage bo mu Rwanda bose bazi neza ko Igihugu cyacu kigira Intara, Uturere, Imirenge, Utugari n’Imidugudu. Nubwo Akarere ka Ngororero kabaho kandi biranazwi, kakagira Imirenge 13 ariko muri yo nta Murenge ubamo witwa Kazabi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yibukije ko atari ubwa mbere FARDC ihimbye ikinyoma nk’iki, kuko na tariki 16 Gashyantare uyu mwaka wa 2024, Umuvugizi w’iki Gisirikare cya Congo, Colonel Guillaume Ndjike, na bwo yari yerekanye uwitwa Ndayambaje Abouba avuga ko ari umusirikare mu Ngabo z’u Rwanda, ngo ukomoka mu gace kitwa Kayonza wari wambaye impuzankano, nyamara atari ubwa mbere yari yamwerekanye.

Ati “Ariko ikibabaje ni uko Colonel yari yibagiwe ko mu byumweru bicye byari bishize, yari yatweretse uwo muntu ngo wari wafashwe yambaye imyambaro ya gisivile isa nabi, ndetse anambaye ibirenge bigaragara ko atari yarigeze yambara bote za gisirikare mu buzima bwe.”

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, asoza ubutumwa bwe avuga ko ibi bigaragaza ko igisirikare cya Congo, cyahinduye iturufu ibi binyoma mu rugamba kirimo kurwanamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − two =

Previous Post

AMAFOTO: Mu birori nogerajisho Miss Naomie n’umukunzi we basezeranye kuzabana mu byiza n’ibibi

Next Post

Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

by radiotv10
25/11/2025
0

Impunzi z’Abarundi 115 zabaga mu Rwanda ziganjemo izabaga mu Nkambi ya Mahama, zatahutse mu Gihugu cyabo cy’u Burundi, zinyuze ku...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

by radiotv10
25/11/2025
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, batangiye kwikanga ko bashobora kugarizwa n’amapfa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.