Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yamaganye ikinyoma cyahimbwe n’igisirikare cya DRC (FARDC) cyagaragaje uwo cyise ko ari umusirikare w’u Rwanda wafatiwe ku rugamba, avuga ko uretse kuba ari ikinamico yacuzwe nabi, ari n’ikinyoma cyambaye ubusa.

Ni nyuma yuko mu minsi ishize, FARDC igaragaje umusore uvuga ko yitwa Iradukunda Jean de Dieu, ngo wafatiwe ku rugamba afatanya na M23 mu mirwano ihanganishije uyu mutwe n’igisirikare cya Congo gikorana n’imitwe irimo uw’abajenosideri wa FDLR.

Iki kinyoma cyari cyanamaganiwe kure n’umutwe wa M23, wavuze ko ibyakozwe na FARDC ari ukuyobya uburari byakunze gukorwa na Leta ya Kinshasa, kugira ngo amahanga atita ku bibazo nyirizina biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na we yamaganiye kure iki kinyoma cyahimbwe na FARDC.

Yavuze ko uretse kuba FARDC yanacuze nabi iyi kinamico, hari na gihamya nyinshi zerekana ko uyu musirikare atari uwo mu Ngabo z’u Rwanda.

Yagize ati “Ni ukuvuga ko Ingabo za Congo zatweretse uwo zivuga ko ari umusirikare w’u Rwanda, utazi inite ye cyangwa Komanda we, utanashobora kugaragaza nimero ye mu Ngabo z’u Rwanda.”

Uyu musirikare wagaragajwe na FARDC mu mashusho yashyize hanze, ngo akomoka mu Ntara y’Iburengerazuba, muri ‘Lokarite’ ya Ngororero muri ‘Gurupoma’ y’Umurenge no muri ‘Teritwari’ ya Kazabi [Inzego z’imitegekere itaba mu Rwanda ariko imenyerewe muri DRC].

Minisitiri Ndungirehe, yakomeje agira ati “Ikibazo kiri hano, ni uko izi nzego z’imitegekere ziri muri DRC ariko zitaba mu Rwanda. Abaturage bo mu Rwanda bose bazi neza ko Igihugu cyacu kigira Intara, Uturere, Imirenge, Utugari n’Imidugudu. Nubwo Akarere ka Ngororero kabaho kandi biranazwi, kakagira Imirenge 13 ariko muri yo nta Murenge ubamo witwa Kazabi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yibukije ko atari ubwa mbere FARDC ihimbye ikinyoma nk’iki, kuko na tariki 16 Gashyantare uyu mwaka wa 2024, Umuvugizi w’iki Gisirikare cya Congo, Colonel Guillaume Ndjike, na bwo yari yerekanye uwitwa Ndayambaje Abouba avuga ko ari umusirikare mu Ngabo z’u Rwanda, ngo ukomoka mu gace kitwa Kayonza wari wambaye impuzankano, nyamara atari ubwa mbere yari yamwerekanye.

Ati “Ariko ikibabaje ni uko Colonel yari yibagiwe ko mu byumweru bicye byari bishize, yari yatweretse uwo muntu ngo wari wafashwe yambaye imyambaro ya gisivile isa nabi, ndetse anambaye ibirenge bigaragara ko atari yarigeze yambara bote za gisirikare mu buzima bwe.”

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, asoza ubutumwa bwe avuga ko ibi bigaragaza ko igisirikare cya Congo, cyahinduye iturufu ibi binyoma mu rugamba kirimo kurwanamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + five =

Previous Post

AMAFOTO: Mu birori nogerajisho Miss Naomie n’umukunzi we basezeranye kuzabana mu byiza n’ibibi

Next Post

Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.