Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo ivuga kuri raporo y’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye iherutse kujya hanze, rwongera kwamagana ibivugwa ku ngabo z’u Rwanda, rugaragaza ko bishingiye ku bimenyetso bidafatika.

Bikubiye mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 22 Kamena 2023, aho Guverinoma y’u Rwanda yatangiye igaruka ku bikubiye muri iyi raporo byo kuba ziriya mpuguke zarashimangiye ko ibikorwa by’iterabwoba bikorwa na FDLR, bishyigikiwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi Raporo kandi ivuga ko uyu mutwe w’iterabwoba ukomeje guhabwa ubufasha na DRC, wongereye ubushobozi mu bikorwa byo guhangabanya umutekano w’u Rwanda.

Inagaragaza inkunga y’amafaranga, iy’intwaro, ndetse n’ugukingirwa ikibaba mu rwego rwa Politiki, Guverinoma ya DRC ikorera FDLR “Kandi yemeza ko hamwe n’indi mitwe yitwaje intwaro, FDLR yafatanyije n’ingabo za DRC (FARDC) kuvogera ubusugire bw’u Rwanda, inshuro nyinshi mu myaka ishize.”

Bamwe mu barwanyi ba FDLR bafashwe bagashimangira ko FARDC ibafasha. Ubu boherejwe mu Rwanda

Gusa u Rwanda ruvuga ko hari ibikubiye muri iyi raporo bishingiye ku bimenyetso bidafatika, ndetse n’amakuru atizewe “agamije gusakaza ikinyoma cy’uko u Rwanda ari rwo nyirabayazana w’umutekano muke n’ibindi bibazo by’imbere muri DRC.”

Aha Guverinoma y’u Rwanda ivuga nko ku byo kuba Ingabo z’u Rwanda ngo zifasha umutwe wa M23, ikavuga ko muri iyi raporo u Rwanda rutahawe umwanya wo kuvuga ku byo rushinjwa, ahubwo ko izi mpuguke zagendeye ku makuru yatanzwe n’abafite ibyo bagamije bitari byiza.

Iri tangazo ry’u Rwanda rikomeza rigira riti “Amakuru iri tsinda ry’impuguke riyakura mu bagize Guverinoma ya DRC, abahoze ari abarwanyi, abanyekongo bari mu miryango n’amashyirahamwe bigamije gusebya u Rwanda, ndetse n’abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro ifatanya na FARDC irimo n’uzwi nka “Wazalendo”.”

U Rwanda kandi ruvuga ko izi mpuguke zirengagije ingamba zagiye zifatwa n’Ibihugu byo mu Karere zigamije kugarura amahoro, zakunze kurengwaho na Guverinoma ya DRC.

Iri tangazo rigakomeza riti “Ikindi kirengagijwe ni ukuvogera ubusugire bw’u Rwanda inshuro nyinshi, n’uburyo DRC yagaragaje ko ishaka intambara yeruye.”

Nanone kandi u Rwanda rwanenze uburyo iyi raporo yirengagiza ibikorwa by’ihohoterwa bikorerwa Abanyekomgo bo mu bwoko bw’Abatutsi, ahubwo ikabashinja kuba bya nyirabayazana y’ibibazo bibugarije.

U Rwanda rukavuga ko ibi binyuranye cyane n’ibyagiye bigaragazwa n’izindi Raporo z’Umuryango w’Abibumbye n’indi mpiryango mpuzamahanga, zitahwemye kugaragaza ko ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’umugambi wo kuyikwirakwiza byakunze kugaragara muri DRC.

Nanone kandi u Rwanda rugaruka ku mpuruza zigeze gutangwa n’Umujyanama w’Umuryango w’Abibumbye, aho mu kwezi k’Ugushyingo 2022, yatabarije Abatutsi bariho bicwa muri DRC, akanavuga ko ubu bwicanyi bushobora kuvamo Jenoside.

U Rwanda ruti “Birababaje kubona itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye rikomeje gukwirakwiza ibinyoma bihishira ukuri kw’intandaro y’amakimbiranye yo mu burasirazuba bwa DRC, bigamije gusa kongera amakimbirane, ibintu bishyira mu kaga ubuzima bw’abantu babarirwa muri za miliyoni mu karere kacu, bitaretse no gukomeza guteza umutekano mucye n’iterabwoba ku mupaka w’u Rwanda.”

U Rwanda rusoza ruvuga ko ruzakomeza kongera ingamba zo gukumira ibyavogera ikirere n’imipaka byarwo, ruvuga kandi ko ruzanakomeza kubaha ingamba zashyizweho n’abayobozi bo mu karere, by’umwihariko amasezerano ya Nairobi n’aya Luanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seven =

Previous Post

Umunyabigwi mu ikipe y’Igihugu cyanditse amateka mu cy’Isi yatangaje ibitanejeje benshi b’iwabo

Next Post

S.Africa: Bwa mbere Perezida yavuze ku bamwiyitirira bagatekera imitwe rubanda

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Bwa mbere Perezida yavuze ku bamwiyitirira bagatekera imitwe rubanda

S.Africa: Bwa mbere Perezida yavuze ku bamwiyitirira bagatekera imitwe rubanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.