Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo ivuga kuri raporo y’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye iherutse kujya hanze, rwongera kwamagana ibivugwa ku ngabo z’u Rwanda, rugaragaza ko bishingiye ku bimenyetso bidafatika.

Bikubiye mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 22 Kamena 2023, aho Guverinoma y’u Rwanda yatangiye igaruka ku bikubiye muri iyi raporo byo kuba ziriya mpuguke zarashimangiye ko ibikorwa by’iterabwoba bikorwa na FDLR, bishyigikiwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi Raporo kandi ivuga ko uyu mutwe w’iterabwoba ukomeje guhabwa ubufasha na DRC, wongereye ubushobozi mu bikorwa byo guhangabanya umutekano w’u Rwanda.

Inagaragaza inkunga y’amafaranga, iy’intwaro, ndetse n’ugukingirwa ikibaba mu rwego rwa Politiki, Guverinoma ya DRC ikorera FDLR “Kandi yemeza ko hamwe n’indi mitwe yitwaje intwaro, FDLR yafatanyije n’ingabo za DRC (FARDC) kuvogera ubusugire bw’u Rwanda, inshuro nyinshi mu myaka ishize.”

Bamwe mu barwanyi ba FDLR bafashwe bagashimangira ko FARDC ibafasha. Ubu boherejwe mu Rwanda

Gusa u Rwanda ruvuga ko hari ibikubiye muri iyi raporo bishingiye ku bimenyetso bidafatika, ndetse n’amakuru atizewe “agamije gusakaza ikinyoma cy’uko u Rwanda ari rwo nyirabayazana w’umutekano muke n’ibindi bibazo by’imbere muri DRC.”

Aha Guverinoma y’u Rwanda ivuga nko ku byo kuba Ingabo z’u Rwanda ngo zifasha umutwe wa M23, ikavuga ko muri iyi raporo u Rwanda rutahawe umwanya wo kuvuga ku byo rushinjwa, ahubwo ko izi mpuguke zagendeye ku makuru yatanzwe n’abafite ibyo bagamije bitari byiza.

Iri tangazo ry’u Rwanda rikomeza rigira riti “Amakuru iri tsinda ry’impuguke riyakura mu bagize Guverinoma ya DRC, abahoze ari abarwanyi, abanyekongo bari mu miryango n’amashyirahamwe bigamije gusebya u Rwanda, ndetse n’abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro ifatanya na FARDC irimo n’uzwi nka “Wazalendo”.”

U Rwanda kandi ruvuga ko izi mpuguke zirengagije ingamba zagiye zifatwa n’Ibihugu byo mu Karere zigamije kugarura amahoro, zakunze kurengwaho na Guverinoma ya DRC.

Iri tangazo rigakomeza riti “Ikindi kirengagijwe ni ukuvogera ubusugire bw’u Rwanda inshuro nyinshi, n’uburyo DRC yagaragaje ko ishaka intambara yeruye.”

Nanone kandi u Rwanda rwanenze uburyo iyi raporo yirengagiza ibikorwa by’ihohoterwa bikorerwa Abanyekomgo bo mu bwoko bw’Abatutsi, ahubwo ikabashinja kuba bya nyirabayazana y’ibibazo bibugarije.

U Rwanda rukavuga ko ibi binyuranye cyane n’ibyagiye bigaragazwa n’izindi Raporo z’Umuryango w’Abibumbye n’indi mpiryango mpuzamahanga, zitahwemye kugaragaza ko ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’umugambi wo kuyikwirakwiza byakunze kugaragara muri DRC.

Nanone kandi u Rwanda rugaruka ku mpuruza zigeze gutangwa n’Umujyanama w’Umuryango w’Abibumbye, aho mu kwezi k’Ugushyingo 2022, yatabarije Abatutsi bariho bicwa muri DRC, akanavuga ko ubu bwicanyi bushobora kuvamo Jenoside.

U Rwanda ruti “Birababaje kubona itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye rikomeje gukwirakwiza ibinyoma bihishira ukuri kw’intandaro y’amakimbiranye yo mu burasirazuba bwa DRC, bigamije gusa kongera amakimbirane, ibintu bishyira mu kaga ubuzima bw’abantu babarirwa muri za miliyoni mu karere kacu, bitaretse no gukomeza guteza umutekano mucye n’iterabwoba ku mupaka w’u Rwanda.”

U Rwanda rusoza ruvuga ko ruzakomeza kongera ingamba zo gukumira ibyavogera ikirere n’imipaka byarwo, ruvuga kandi ko ruzanakomeza kubaha ingamba zashyizweho n’abayobozi bo mu karere, by’umwihariko amasezerano ya Nairobi n’aya Luanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Umunyabigwi mu ikipe y’Igihugu cyanditse amateka mu cy’Isi yatangaje ibitanejeje benshi b’iwabo

Next Post

S.Africa: Bwa mbere Perezida yavuze ku bamwiyitirira bagatekera imitwe rubanda

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Bwa mbere Perezida yavuze ku bamwiyitirira bagatekera imitwe rubanda

S.Africa: Bwa mbere Perezida yavuze ku bamwiyitirira bagatekera imitwe rubanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.