Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, witabiriye irahira rya Perezida Donald Trump, yavuze ko u Rwanda rwiteguye kuzakomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Ni nyuma yuko Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump na Visi Perezida James David Vance, barahiye kuyobora iki Gihugu mu muhango wabereye mu nyubako Rotunda iri mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025.

Ambasaderi w’u Rwanda, Mathilde Mukantabana witabiriye uyu muhango, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko yishimiye kuba yari umwe mu bakurikiranye iki gikorwa aho cyabereye imbonankubone.

Ati “Twiteguye gukomeza guha imbaraga imikoranire n’ubufatanye hagati ya Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda.”

Amb. Mukantabana muri 2017 ubwo Trump yiteguraga kuyobora America muri manda ye ya mbere

Leta Zunze Ubumwe za America, nka kimwe mu Bihugu by’abafatanyabikorwa b’u Rwanda, mu butegetsi bucyuye igihe bwa Joe Biden, cyagiye kigenera ubutumwa u Rwanda bw’ibyo cyifuza, aho nk’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, aho iki Gihugu cyaguye mu mutego w’ikinyoma cyahimbwe na Congo, na cyo kikarushinja gufasha umutwe wa M23. Ni ikibazo kitigeze gihugungabanya umubano w’u Rwanda na USA.

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro aherutse kugirana n’Itangazamakuru, yabajijwe icyo yiteze ku buyobozi bushya bwa USA, ku myitwarire y’iki Gihugu muri ibi bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na DRC.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Mbere na mbere mpa agaciro impinduka zabayeho muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuko byabaye ku bw’impamvu nziza y’uburenganzira bw’Abanyamerika mu gutora. Nishimira uko babikoze kandi nzabasha kugendana na byo uko bizaba bimeze.”

Perezida Kagame yavuze ko ku bw’aya mahitamo y’Abanyamerika, hari byinshi byahindutse kandi hari n’ibindi bizahinduka birimo imyitwarire y’iki Gihugu ku mabwiriza gikunze guha ibindi Bihugu.

Ati “Kandi nizeye ko bizaba nk’uburyo bukoreshwa nk’ubwo Abanyafurika bakeneye, kandi n’uburyo bitwara mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo, na ho hagomba kuzabamo impinduka. Ibi ni byo ntekereza bitaraba ariko reka dutegereze gusa nizeye ko hazabaho impinduka nyinshi.”

Ubwo Donald Trump yari amaze gutorwa, Perezida Paul Kagame, ni umwe mu bamushimiye, aho yavuze ko imiyoborere ye itanga ubwisanzure mu mikoranire n’ibindi Bihugu, aho kubihatira uko bigomba kwitwara.

Mu butumwa yageneye Trump mu kwezi k’Ugushyingo 2024, Perezida Kagame yari yagize ati “Ubutumwa bwawe bwumvikana, bwakomeje kugaragaza ko Leta Zunze Ubumwe za America ari umufatanyabikorwa w’amahitamo wakomeza gutanga urugero, aho guhatira abandi uko ibona ibintu cyangwa kugendera mu nzira ze.”

Perezida Paul Kagame kandi yanizeje Donald Trump ubwo yari amaze gutorwa, ko u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America, bazakomeza gukorana ku bw’inyungu zihuriweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Uko gahunda y’izina ryihariye irimo n’agashya yabafashije kurwanya imirire mibi mu bana

Next Post

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.