Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, witabiriye irahira rya Perezida Donald Trump, yavuze ko u Rwanda rwiteguye kuzakomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Ni nyuma yuko Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump na Visi Perezida James David Vance, barahiye kuyobora iki Gihugu mu muhango wabereye mu nyubako Rotunda iri mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025.

Ambasaderi w’u Rwanda, Mathilde Mukantabana witabiriye uyu muhango, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko yishimiye kuba yari umwe mu bakurikiranye iki gikorwa aho cyabereye imbonankubone.

Ati “Twiteguye gukomeza guha imbaraga imikoranire n’ubufatanye hagati ya Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda.”

Amb. Mukantabana muri 2017 ubwo Trump yiteguraga kuyobora America muri manda ye ya mbere

Leta Zunze Ubumwe za America, nka kimwe mu Bihugu by’abafatanyabikorwa b’u Rwanda, mu butegetsi bucyuye igihe bwa Joe Biden, cyagiye kigenera ubutumwa u Rwanda bw’ibyo cyifuza, aho nk’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, aho iki Gihugu cyaguye mu mutego w’ikinyoma cyahimbwe na Congo, na cyo kikarushinja gufasha umutwe wa M23. Ni ikibazo kitigeze gihugungabanya umubano w’u Rwanda na USA.

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro aherutse kugirana n’Itangazamakuru, yabajijwe icyo yiteze ku buyobozi bushya bwa USA, ku myitwarire y’iki Gihugu muri ibi bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na DRC.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Mbere na mbere mpa agaciro impinduka zabayeho muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuko byabaye ku bw’impamvu nziza y’uburenganzira bw’Abanyamerika mu gutora. Nishimira uko babikoze kandi nzabasha kugendana na byo uko bizaba bimeze.”

Perezida Kagame yavuze ko ku bw’aya mahitamo y’Abanyamerika, hari byinshi byahindutse kandi hari n’ibindi bizahinduka birimo imyitwarire y’iki Gihugu ku mabwiriza gikunze guha ibindi Bihugu.

Ati “Kandi nizeye ko bizaba nk’uburyo bukoreshwa nk’ubwo Abanyafurika bakeneye, kandi n’uburyo bitwara mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo, na ho hagomba kuzabamo impinduka. Ibi ni byo ntekereza bitaraba ariko reka dutegereze gusa nizeye ko hazabaho impinduka nyinshi.”

Ubwo Donald Trump yari amaze gutorwa, Perezida Paul Kagame, ni umwe mu bamushimiye, aho yavuze ko imiyoborere ye itanga ubwisanzure mu mikoranire n’ibindi Bihugu, aho kubihatira uko bigomba kwitwara.

Mu butumwa yageneye Trump mu kwezi k’Ugushyingo 2024, Perezida Kagame yari yagize ati “Ubutumwa bwawe bwumvikana, bwakomeje kugaragaza ko Leta Zunze Ubumwe za America ari umufatanyabikorwa w’amahitamo wakomeza gutanga urugero, aho guhatira abandi uko ibona ibintu cyangwa kugendera mu nzira ze.”

Perezida Paul Kagame kandi yanizeje Donald Trump ubwo yari amaze gutorwa, ko u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America, bazakomeza gukorana ku bw’inyungu zihuriweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − 2 =

Previous Post

Uko gahunda y’izina ryihariye irimo n’agashya yabafashije kurwanya imirire mibi mu bana

Next Post

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.