Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, witabiriye irahira rya Perezida Donald Trump, yavuze ko u Rwanda rwiteguye kuzakomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Ni nyuma yuko Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump na Visi Perezida James David Vance, barahiye kuyobora iki Gihugu mu muhango wabereye mu nyubako Rotunda iri mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025.

Ambasaderi w’u Rwanda, Mathilde Mukantabana witabiriye uyu muhango, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko yishimiye kuba yari umwe mu bakurikiranye iki gikorwa aho cyabereye imbonankubone.

Ati “Twiteguye gukomeza guha imbaraga imikoranire n’ubufatanye hagati ya Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda.”

Amb. Mukantabana muri 2017 ubwo Trump yiteguraga kuyobora America muri manda ye ya mbere

Leta Zunze Ubumwe za America, nka kimwe mu Bihugu by’abafatanyabikorwa b’u Rwanda, mu butegetsi bucyuye igihe bwa Joe Biden, cyagiye kigenera ubutumwa u Rwanda bw’ibyo cyifuza, aho nk’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, aho iki Gihugu cyaguye mu mutego w’ikinyoma cyahimbwe na Congo, na cyo kikarushinja gufasha umutwe wa M23. Ni ikibazo kitigeze gihugungabanya umubano w’u Rwanda na USA.

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro aherutse kugirana n’Itangazamakuru, yabajijwe icyo yiteze ku buyobozi bushya bwa USA, ku myitwarire y’iki Gihugu muri ibi bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na DRC.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Mbere na mbere mpa agaciro impinduka zabayeho muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuko byabaye ku bw’impamvu nziza y’uburenganzira bw’Abanyamerika mu gutora. Nishimira uko babikoze kandi nzabasha kugendana na byo uko bizaba bimeze.”

Perezida Kagame yavuze ko ku bw’aya mahitamo y’Abanyamerika, hari byinshi byahindutse kandi hari n’ibindi bizahinduka birimo imyitwarire y’iki Gihugu ku mabwiriza gikunze guha ibindi Bihugu.

Ati “Kandi nizeye ko bizaba nk’uburyo bukoreshwa nk’ubwo Abanyafurika bakeneye, kandi n’uburyo bitwara mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo, na ho hagomba kuzabamo impinduka. Ibi ni byo ntekereza bitaraba ariko reka dutegereze gusa nizeye ko hazabaho impinduka nyinshi.”

Ubwo Donald Trump yari amaze gutorwa, Perezida Paul Kagame, ni umwe mu bamushimiye, aho yavuze ko imiyoborere ye itanga ubwisanzure mu mikoranire n’ibindi Bihugu, aho kubihatira uko bigomba kwitwara.

Mu butumwa yageneye Trump mu kwezi k’Ugushyingo 2024, Perezida Kagame yari yagize ati “Ubutumwa bwawe bwumvikana, bwakomeje kugaragaza ko Leta Zunze Ubumwe za America ari umufatanyabikorwa w’amahitamo wakomeza gutanga urugero, aho guhatira abandi uko ibona ibintu cyangwa kugendera mu nzira ze.”

Perezida Paul Kagame kandi yanizeje Donald Trump ubwo yari amaze gutorwa, ko u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America, bazakomeza gukorana ku bw’inyungu zihuriweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Uko gahunda y’izina ryihariye irimo n’agashya yabafashije kurwanya imirire mibi mu bana

Next Post

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.