Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze impamvu rudashobora kugirana imishyikirano na Kayumba Nyamwasa

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwavuze impamvu rudashobora kugirana imishyikirano na Kayumba Nyamwasa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko idashobora kuganira na Kayumba Nyamwasa kuko ibikorwa bye bihungabanya u Rwanda, bityo ko nta mpamvu yo kuba u Rwanda rwagirana na we imishyikirano.

Byatangajwe na Prof Nshuti Manasseh, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022.

Mu kiganiro cyahuje Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente n’Itangazazamakuru cyarimo na bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda, hagarutswe ku makuru aherutse kuvugwa ko Uganda yohereje itsinda ryagiye kuvugana na Kayumba Nyamwasa.

Kimwe mu bikomeye u Rwanda rwashinjaga Uganda, ni ukuba iki Gihugu cy’igituranyi gutera inkunga umutwe wa RNC uhungabanya umutekano w’u Rwanda ukaba warashinzwe na Kayumba Nyamwasa wari Umusirikare mukuru mu Gisirikare cy’u Rwanda.

Amakuru yavugaga ko Uganda yohereje itsinda ryo kujya kuvugana n’uyu mugabo uri mu buhungiro muri Afurika y’Epfo ko ibyo gukorana na we bihagaze nyuma y’uko u Rwanda na Uganda batangiye inzira yo kubura umubano bigizwemo uruhare n’umuhungu wa Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022, muri iki kiganiro cyahuje Guverinoma y’u Rwanda n’Itangazamakuru cyanabaye nyuma y’uko Gen Muhoozi asoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, Umunyamakuru yabajije Guverinoma kuri aya makuru yo kuba Uganda yaraganiriye na Kayumba.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, ushinzwe ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Manasseh yavuze ko ayo makuru u Rwanda na rwo rwayumvise.

Yagize ati “Tuyumva nk’uko namwe mwayumvise ariko Abagande bagiyeyo muri gahunda zabo zo kumvikana na bariya, twe ntabwo turimo kujyana na bo kuko dufata ba Kayumba Nyamwasa nk’abantu bashaka guhungabanya umutekano w’Igihugu cyacu, birazwi.”

Yakomeje avuga ko Uganda yagiye kuganira na Kayumba mu mibanire yayo na bo ariko ko ku Rwanda“Nta mpamvu zo kumvikana na bo, ariko ntabwo twe dushobora kujyana na bo ntibishoboka.”

Bamwe mu bafatiwe mu bikorwa bihungabanya umutekano w’u Rwanda bari no kuburanishwa n’ubutabera bw’u Rwanda, bagiye bagaragaza uruhare rwa Kayumba Nyamwasa muri iyi migambi mibisha ku Rwanda.

Nka Nsabimana Callixte alias Sankara wabaye Umuvugizi w’umutwe MRCD-FLN wagabye ibitero mu Majyepfo y’u Rwanda bigahitana ubuzima bwa bamwe mu Banyarwanda, yanavuze ko yibonaniye na Kayumba akaba ari na we umwinjiza muri ibi bikorwa.

Kayumba Nyamwasa wari ugeze ku ipeti rya Lieutenant General, yagiye agira imyanya ikomeye mu Gisirikare cy’u Rwanda aho yanabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, muri Mutarama 2011 yakatiwe igifungo cy’imyaka 24 no kwamburwa impeta za Gisirikare nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + nineteen =

Previous Post

Icyatumye Umupadiri yuriza imodoka ubwato akayijyana ku Kirwa cya Nkombo cyamenyekanye

Next Post

Muhoozi yavuze umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Kagame anagaragaza akamuri ku mutima

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yavuze umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Kagame anagaragaza akamuri ku mutima

Muhoozi yavuze umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Kagame anagaragaza akamuri ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.