Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze impamvu rudashobora kugirana imishyikirano na Kayumba Nyamwasa

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwavuze impamvu rudashobora kugirana imishyikirano na Kayumba Nyamwasa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko idashobora kuganira na Kayumba Nyamwasa kuko ibikorwa bye bihungabanya u Rwanda, bityo ko nta mpamvu yo kuba u Rwanda rwagirana na we imishyikirano.

Byatangajwe na Prof Nshuti Manasseh, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022.

Mu kiganiro cyahuje Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente n’Itangazazamakuru cyarimo na bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda, hagarutswe ku makuru aherutse kuvugwa ko Uganda yohereje itsinda ryagiye kuvugana na Kayumba Nyamwasa.

Kimwe mu bikomeye u Rwanda rwashinjaga Uganda, ni ukuba iki Gihugu cy’igituranyi gutera inkunga umutwe wa RNC uhungabanya umutekano w’u Rwanda ukaba warashinzwe na Kayumba Nyamwasa wari Umusirikare mukuru mu Gisirikare cy’u Rwanda.

Amakuru yavugaga ko Uganda yohereje itsinda ryo kujya kuvugana n’uyu mugabo uri mu buhungiro muri Afurika y’Epfo ko ibyo gukorana na we bihagaze nyuma y’uko u Rwanda na Uganda batangiye inzira yo kubura umubano bigizwemo uruhare n’umuhungu wa Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022, muri iki kiganiro cyahuje Guverinoma y’u Rwanda n’Itangazamakuru cyanabaye nyuma y’uko Gen Muhoozi asoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, Umunyamakuru yabajije Guverinoma kuri aya makuru yo kuba Uganda yaraganiriye na Kayumba.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, ushinzwe ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Manasseh yavuze ko ayo makuru u Rwanda na rwo rwayumvise.

Yagize ati “Tuyumva nk’uko namwe mwayumvise ariko Abagande bagiyeyo muri gahunda zabo zo kumvikana na bariya, twe ntabwo turimo kujyana na bo kuko dufata ba Kayumba Nyamwasa nk’abantu bashaka guhungabanya umutekano w’Igihugu cyacu, birazwi.”

Yakomeje avuga ko Uganda yagiye kuganira na Kayumba mu mibanire yayo na bo ariko ko ku Rwanda“Nta mpamvu zo kumvikana na bo, ariko ntabwo twe dushobora kujyana na bo ntibishoboka.”

Bamwe mu bafatiwe mu bikorwa bihungabanya umutekano w’u Rwanda bari no kuburanishwa n’ubutabera bw’u Rwanda, bagiye bagaragaza uruhare rwa Kayumba Nyamwasa muri iyi migambi mibisha ku Rwanda.

Nka Nsabimana Callixte alias Sankara wabaye Umuvugizi w’umutwe MRCD-FLN wagabye ibitero mu Majyepfo y’u Rwanda bigahitana ubuzima bwa bamwe mu Banyarwanda, yanavuze ko yibonaniye na Kayumba akaba ari na we umwinjiza muri ibi bikorwa.

Kayumba Nyamwasa wari ugeze ku ipeti rya Lieutenant General, yagiye agira imyanya ikomeye mu Gisirikare cy’u Rwanda aho yanabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, muri Mutarama 2011 yakatiwe igifungo cy’imyaka 24 no kwamburwa impeta za Gisirikare nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − one =

Previous Post

Icyatumye Umupadiri yuriza imodoka ubwato akayijyana ku Kirwa cya Nkombo cyamenyekanye

Next Post

Muhoozi yavuze umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Kagame anagaragaza akamuri ku mutima

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yavuze umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Kagame anagaragaza akamuri ku mutima

Muhoozi yavuze umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Kagame anagaragaza akamuri ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.