Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

radiotv10by radiotv10
08/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yavuze ko hifuzwa ko inzitizi zavutse mu rubanza ruregwamo Kabuga Felicien, zasuzumwa mu buryo bwihuse, akaburanishwa, mu gihe uruhande rwunganira Kabuga rwanasabye ko yarekurwa kubera uburwayi afite.

Dr Jean Damascene Bizimana yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Mata 2023, habura umunsi umwe ngo Abanyarwanda n’Isi yose binjire mu cyumweru cyo Kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Kimwe mu bitoneka abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ukuba hari abayigizemo uruhare, bataraburanishwa ngo bacirwe imanza.

Kabuga Felicien ni umwe mu bakekwaho kugira uruhare rukomeye mu gucura umugambi wa Jenoside no kuwutera inkunga mu buryo budasanzwe.

Ari kuburanishwa n’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), ariko rukaba ruherutse gufata icyemezo cyo kuba ruhagaritse uru rubanza kugira ngo habanze hasuzumwe uko ubuzima bwe buhagaze.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma yuko ku wa 08 Werurwe 2023 umunyamategeko wa Kabuga Félicien, Emmanuel Altit yasabye ko arekurwa kubera ko ubuzima bwe butifashe neza.

Ubu busabe bwe yabushingiraga kuri raporo y’inzobere yagaragaje ko ubuzima bwa Kabuga bumeze nabi, ku buryo butatuma ashobora kwitabira urubanza aregwamo. Iyi raporo ivuga ko Kabuga afite uburwayi bwa ‘dementia’ butera umuntu kwibagirwa.

Nyuma yo kwiherera no gusuzuma neza ubusabe bw’abunganira Kabuga, abacamanza ba IRMCT batangaje ko bafashe icyemezo cyo kuba bahagaritse iburanisha ry’urubanza rwa Kabuga, kugira ngo habanze hasuzumwe uko ubuzima bwe bwifashe.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yatangaje ko icyo bifuza ari uko umwanzuro wafatwa vuba , ubundi akaburana akaba umwere cyangwa agahamwa n’ibyaha akabihanirwa.

Yagize ati “Icyo twifuza ni uko ibirimo gusuzumwa byasuzumwa neza kandi vuba kugira ngo hatangwe ubutabera, abe umwere cyangwa ahamwe n’ibyaha.”

Dr Bizimana kandi yavuze ko u Rwanda rwishimira kuba Ibihugu by’i Burayi bikomeje kuburanisha abakekwaho gukora Jenoside, gusa yanenze Ibihugu bya Afurika bikomeje kubigiramo intege nke, kuko nta na kimwe kiragira uwo kiburanisha kandi hari ibibacumbikiye, byanashyikirijwe impapuro zo kubata muri yombi

Ati “Nubwo tubyishimira turacyifuza ko umuvuduko waba mwinshi kurushaho, imbaraga zigashyirwamo ari nyinshi, kuko urebye dufite impapuro zisaba gufata abantu bakoze Jenoside zirenga igihumbi (1 000) zoherejwe mu Bihugu by’amahanga bitandukanye harimo n’ibya Afurika.”

Gusa kuri uyu Mugabane hari Ibihugu byagiye bigira abo byohereza, birimo nka Uganda, Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo ndetse na Malawi.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 9 =

Previous Post

Inzobere igaragaje ingingo ikomeye y’icyikango kigaragazwa n’imyitwarire ya Congo kuri M23

Next Post

Bacuruza bata amarira mu bicuruzwa byabo kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kubaho

Related Posts

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

by radiotv10
11/11/2025
0

Iraguha Clement wari uzwi nka Mwarimu Clement mu kazi ko kwigisha gutwara imodoka, yitabye Imana bikekwa ko yiyahuye mu Kiyaga...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

by radiotv10
11/11/2025
0

Abapadiri n’Ababikira ba Kiliziya Gatulika yo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye mu biganiro...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

by radiotv10
11/11/2025
0

Catholic priests and nuns from Rwanda, Burundi, and the Democratic Republic of Congo have gathered in Kigali for discussions aimed...

IZIHERUKA

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon
FOOTBALL

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bacuruza bata amarira mu bicuruzwa byabo kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kubaho

Bacuruza bata amarira mu bicuruzwa byabo kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kubaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.