Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe; yavuze ko u Rwanda ruri guha inzira itekanye n’abaherekeza Ingabo zari mu butumwa bwa SADC muri DRC, rwibutsa ko kuba zari zaragiyeyo, byararushagaho gutiza umurindi amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Congo.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025, ingabo zari zaragiye mu butumwa bwa SADC mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatangiye gutaha, nyuma yuko hafashwe icyemezo ko ubu butumwa buhagarara.

Ku munsi wa mbere hagaragaye ko hacyuwe ibikoresho byinshi byiganjemo intwaro, ndetse n’abasirikare bacye, banyuze ku mupaka uhuza u Rwanda na RDC uzwi nka Grande Barrière (La Corniche).

Nyuma y’amasaha macye iki gikorwa kibaye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda ruri korohereza izi ngabo kwerecyeza muri Tanzani n’ibikoresho byazo.

Yagize ati “U Rwanda ruri guha inzira itekanye ndetse n’abaherecyeza b’imodoka z’ingabo za SAMIDRC n’ibikoresho byabo bava mu burasirazuba bwa DRC banyuze mu Rwanda berecyeza muri Tanzania.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yakomeje avuga ko uku gucyura izi ngabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC guhangana na M23, ari icyemezo cyiza.

Ati “Kuba ingabo za SAMIDRC zariyo [muri DRC] byakomeje kuba impamvu yo gutiza umurindi amakimbirane, none uyu munsi kuba zatangiye gucyurwa bigaragaza intambwe nziza mu gushyigikira inzira z’amahoro ziri gukoreshwa.”

Kuva bimwe mu Bihugu bigize SADC byatangira kohereza ingabo mu Burasirazuba bwa DRC, byakunze kunengwa n’u Rwanda, rwavugaga ko bitumvikana kuba Umuryango nk’uriya wohereza abasirikare bajya gufatanya n’igisirikare cya Leta yari ikomeje kwikiza abenegihugu bayo, ndetse gikorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda igahitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Nyuma yuko umutwe wa M23 ufashe Umujyi wa Goma ubanje gukubita incuro uruhande bari bahanganye rwari rugizwe na FARDC ndetse n’izi ngabo za SADC ndetse zimwe muri zo ziganjemo iza Afurika y’Epfo zikahasiga ubuzima, Imiryango ya SADC na EAC yahuje ubumwe, ibona ko ibibazo byo muri DRC bitazacyemurwa n’imbaraga za Gisirikare, ahubwo ko hakwiye inzira z’amahoro n’ibiganiro, ari na ho havuye icyemezo cyo guhagarika ubutumwa bwa SAMIRDC.

Izi ngabo ziri guherecyeza na RDF nyuma yo kugera mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Byagenze gute ngo icyamamare mpuzamahanga Travis Scott ateze igihombo gikabije sosiyete yari yamwizeye?

Next Post

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.