Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bice binyuranye byo mu Ntara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 na FARDC, mu gihe impande zombi zari ziherutse kwemeranya agahenge.

Amakuru dukesha Radio Okapi, avuga ko iyi mirwano iremereye yumvikanyemo intwaro za rutura kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025 muri Lokarite nyinshi zo muri Teritwari ya Walungu, Kabare na Kalehe mu Ntata ya Kivu y’Epfo.

Abatanze amakuru, bavuga ko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, hari hakomeje kumvikana urusaku rw’amasasu y’imbunda za rutura n’izoroheje muri Sheferi ya Kaziba muri Teritwari ya Walungu.

Nanone kandi abatanze amakuru, bavuga ko abarwanyi ba AFC/M23 mu mpera z’icyumweru gishize bari baherutse kuza gukambika mu gace ka Nyangezi banyuze muri Mushenyi, ndetse ko ari bo bagabye ibitero kuri FARDC na Wazalendo.

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko utazihanganira na rimwe kubona uruhande bahanganye rukora amarorerwa cyangwa rurushotora, ko igihe cyose bizajya biba, utazajya utinzamo, ahubwo ko uzajya ujya kubiburizamo.

Iyi mirwano yabangamiye ibikorwa by’amajyambere bisanzwe bikorerwa muri ibi bice, ndetse ikaba yateye ubwoba abaturage babituyemo.

Nanone andi makuru avuga ko habayemo indi mirwano mu bice binyuranye muri Teritwari za Kabare na Kalehe, zombi na zo zo mu Ntara ya Kivu y’Epfo. Lokarite za Kabamba, Kasheke ndetse no mu misozi ya Kalehe; ni ho hakomeje kumvikana urusaku rw’amasasu y’imbunda ziremereye.

Kubera iyi mirwano, ibintu byinshi byahungabanye, birimo amashuri, ibikorwa by’ubucuruzi ndetse n’ubuhinzi bukunze gukorwa muri ibi bice by’icyaro, aho abaturage bagumye mu ngo zabo, mu gihe abandi bari guhunga.

Ni mu gihe Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baherutse gushyira hanze itangazo rihuriweho, ryagaragazaga ibyavuye mu biganiro byahuje izi mpande i Doha muri Qatar, aho impande zombi zari zumvikanye ku gahenge kugira ngo zibashe gukomeza ibiganiro nta nkomyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fourteen =

Previous Post

U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe

Next Post

BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n'indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.