Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwinjiye mu by’urupfu rw’umukinnyi w’Umuryanyarwanda waguye muri Kenya

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwinjiye mu by’urupfu rw’umukinnyi w’Umuryanyarwanda waguye muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umunyarwanda wari usanzwe ari umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku maguru wabigize umwuga, apfiriye muri Kenya, bivugwa ko yishwe n’uwo bagiranye amakimbirane bapfa umugore bakundaga bombi, Ambasade y’u Rwanda muri Kenya yinjiye mu by’iki kibazo.

Rubayita Siraj yapfiriye muri Kenya ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, agwa mu gace kitwa Iten ubwo yari mu myitozo, dore ko yari asanzwe ari umukinnyi mu mukino wo gusiganwa ku maguru.

Urupfu rwe rwagarutsweho na bimwe mu bitangazamakuru byo muri Kenya, ruhuzwa n’amakimbirane uyu Munyarwanda yari aherutse kugirana n’umukinnyi mugenzi we w’Umunya-Kenya, yaturutse ku kuba bombi bakunda umugore umwe.

Nyuma y’uru rupfu, ambasade y’u Rwanda muri Kenya yohereje umukozi mu gace ka Iten aho nyakwigendera yaguye, kugira ngo ajye gukurikirana iby’iki kibazo.

Nanone kandi umuryango wa nyakwigendera wamaze kugera muri Kenya kugira ngo ujye gufata umurambo we, ubundi ujye kuwushyingura mu Rwanda.

Ambasade y’u Rwanda muri Kenya kandi, iri gufasha uyu muryango muri ibi bikorwa by’akababaro, kugira ngo ucyure umurambo wa nyakwigendera.

Rubayita Siraj wari umwe mu bakinnyi batanga icyizere mu mukino wo gusiganwa ku maguru mu Rwanda, yitabiriye amarushanwa anyuranye yo ku rwego mpuzamahanga, arimo iryo yagiyemo mu Butaliyani rizwi nka Regional 10000m Championships, ndetse na Kigali Peace Marathon ribera mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + fifteen =

Previous Post

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda usanzwe akina Karate yateye intambwe muri uyu mukino

Next Post

Ibintu bitanganje kuri Kiyovu mu mboni za Kazungu 

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubusesenguzi bwa Kazungu nyuma y'isezererwa rya Rayon na APR mu mikino ya Afurika

Ibintu bitanganje kuri Kiyovu mu mboni za Kazungu 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.