Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kugaragaza ubushake ntashidikanywaho ko rwifuriza DRCongo ibyiza

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwongeye kugaragaza ubushake ntashidikanywaho ko rwifuriza DRCongo ibyiza
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda nk’Igihugu kigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, rwemeye gutanga inkunga y’amafaranga mu kigega cy’uyu Muryango cyo gushyigikira ibikorwa byo gushakira amahoro uburasirazuba bwa Congo. Guverinoma y’u Rwanda yavuze icyatumye yemera gutanga iyi nkunga.

U Rwanda rwemeye gutanga iyi nkunga nyuma y’uko bimwe mu Bihugu bigize uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, byatanze ayo mafaranga.

Aya makuru yatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango, Dr Peter Mathuki, mu nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC iherutse guteranira i Burundi.

Yavuze ko Guverinoma z’Ibihugu nka Uganda, Tanzania ndetse na Kenya, zatanze miliyoni 1 USD, kuri buri Gihugu, ari na bwo yavuze ko “Na Repubulika y’u Rwanda yemeye gutanga uruhare rwayo muri ibi bikorwa.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze impamvu u Rwanda na rwo rwaremeye gutanga inkunga yarwo muri ibi bikorwa byo gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “U Rwanda rwashimye iyi gahunda ndetse rwemera kuyishyigikira, ariko umusanzu uzatangwa ntabwo uremezwa.”

Iyi nkunga iri kunyuza muri gahunda yo gufasha ibikorwa by’amahoro mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, izwi nka EAC Peace Facility, yanatanzwe kandi n’Ibihugu by’inshuti za EAC, Angola ndetse na Senegal; nk’uko byemejwe na Dr Peter Mathuki muri iruya nama idasanzwe ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango.

Ni amafaranga yo gushyigikira ibikorwa by’Ingabo zihuriweho z’Ibihugu bya EAC zigize itsinda rya EACRF zanongerewe manda yazo, ikazageza muri Nzeri uyu mwaka.

U Rwanda rwaheejwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri ubu butumwa bw’Ingabo, rwakunze kugaragaza kenshi ko rwifuza ko iki Gihugu cyo mu burengerazuba bwarwo, cyabona amahoro, kuko nta kiza cyo kuba umuturanyi warwo yabaho adatekanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Next Post

Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.