Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse ikigo cy’ikoranabuhanga mu kuvura Kanseri y’ibere n’indwara z’umutima

radiotv10by radiotv10
10/12/2021
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwungutse ikigo cy’ikoranabuhanga mu kuvura Kanseri y’ibere n’indwara z’umutima
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangijwe ikigo cy’ikoranabuhanga rizafasha abahanga mu by’ubuvuzi bugezweho bwifashisha imirasire [Radiology] kumenya indwara zikomeye zirimo iz’umutima na kanseri y’ibere.

Ikigo gishya cyashyizweho kugira ngo gifashe ba rwiyemezamirimo bo muri Afurika guteza imbere ikoranabuhanga ry’impinduramatwara ku bibazo by’ubuzima bikomeje kwiyongera.

Iri huriro rizashyigikira udushya duhindura ubuvuzi ku bibazo bikomeye by’ubuzima birimo indwara z’umutima, kanseri y’ibere, no gutanga serivisi z’ubuzima busanzwe.

Abashoramari 20 baho ni bamwe mu bantu 30 batangiriye muri Afrika bazakirwa muri HealthTech Hub Afrika kandi bazabona aho bakorera hamwe n’ubujyanama, ubufasha bw’inzobere no kubona abashoramari.

Aba bantu 30 batoranyijwe binyuze mu marushanwa afunguye, hamwe na batanu ba mbere batangiye batsindira inkunga y’amafaranga. Muri rusange uwatsinze yahawe 30.000 USD mu gihe uwa mbere n’uwa kabiri bahawe 20.000 USD. Uwa kane n’uwa gatanu bazahabwa 10,000 na 5,000 USD.

Iki kigo kiri mu Rwanda cyatangije ikoranabuhanga rifasha abahanga mu by’ubuvuzi bwifashisha imirasire [Radiology] kumenya indwara zangiza ubuzima, bigatuma  amashusho y’ubuvuzi azajya abonekera ku gihe.

HealthTech-hub izaba umuyoboro-w’ubuzima uhuza abafata ibyemezo na ba rwiyemezamirimo kugira ngo udushya dushobore kwaguka vuba.

Minisitiri w’ubuzima mu Rwanda Dr.NGAMIJE Daniel avuga ko ibikorwa nikibi bifungura amarembo ku bushakashatsi bwagutse,

Yagize ati “Ubushakashatsi mu bikorwa byo kwa muganga bijyanye n’ubuzima ni bintu bihora bijya imbere kuko hari indwara nshya ziza, hari ibikoresho biba Bihari bikagenda binozwa kurushaho kugira ngo bibashe gukemura ikibazo kiba cyavutse bityo rero ibi bazadufasha kunoza uburyo bw’ubuvuzi ndetse no kurushaho guhangana n’icyorezo cya COVID-19 gihora kihinduranya ndetse na kanseri yaba iy’Ibere ndetse n’izindi.”

Minisitiri w’ikoranabuhanga, Musoni Ingabire Paula avuga ko iyi hubtech izafasha abahanga mu byikoranabuhanga ariko cyane cyane mu birebana n’ubuzima.

Yagize ati “Iyi hubtech icyo yitezwe ni uguhuriza hamwe abahanga bacu n’abandi baturutse mu bihugu bitandukanye mu by’ikoranabuhanga ikindi kandi bizihutisha serivise z’ubuzima birimo kugaragaza ibizamini vuba by’indwarazitandukanye.”

Umuyobozi mukuru muri Norrsken muri Afurika y’Iburasirazuba, Pascal Mirongo yavuze ko yizera ko ihuriro rishobora gushakira igisubizo kimwe mu bibazo bikomeye ku isi kandi bikagira ubuzima bwiza ku baturage bo ku mugabane wa Afurika.

Ati “Twizera ko gutangiza ikoranabuhanga mu buvuzi twahisemo kuri Norrsken House Kigali na HealthTech Africa Hub bifite ubushobozi bwo gufasha gukemura bimwe muri ibyo bibazo.”

Akomeza agira ati “Turizera ko ikoranabuhanga ryatejwe imbere muri HealthTech Hub Afurika rizagira icyo rihindura mu kwihutisha gutahura no kubona ubuvuzi bwiza bw’indwara zidakira. Fondasiyo ya Novartis imaze igihe kinini yiyemeje guteza imbere ubuvuzi binyuze mu ikoranabuhanga rigezweho.”

Emmanuel HAKIZIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − twelve =

Previous Post

Urubanza rw’akurikiranyweho kugaba igitero i Kinigi rwapfundikiwe hasabwa indishyi ya Miliyoni 105

Next Post

Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.