Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse ikigo cy’ikoranabuhanga mu kuvura Kanseri y’ibere n’indwara z’umutima

radiotv10by radiotv10
10/12/2021
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwungutse ikigo cy’ikoranabuhanga mu kuvura Kanseri y’ibere n’indwara z’umutima
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangijwe ikigo cy’ikoranabuhanga rizafasha abahanga mu by’ubuvuzi bugezweho bwifashisha imirasire [Radiology] kumenya indwara zikomeye zirimo iz’umutima na kanseri y’ibere.

Ikigo gishya cyashyizweho kugira ngo gifashe ba rwiyemezamirimo bo muri Afurika guteza imbere ikoranabuhanga ry’impinduramatwara ku bibazo by’ubuzima bikomeje kwiyongera.

Iri huriro rizashyigikira udushya duhindura ubuvuzi ku bibazo bikomeye by’ubuzima birimo indwara z’umutima, kanseri y’ibere, no gutanga serivisi z’ubuzima busanzwe.

Abashoramari 20 baho ni bamwe mu bantu 30 batangiriye muri Afrika bazakirwa muri HealthTech Hub Afrika kandi bazabona aho bakorera hamwe n’ubujyanama, ubufasha bw’inzobere no kubona abashoramari.

Aba bantu 30 batoranyijwe binyuze mu marushanwa afunguye, hamwe na batanu ba mbere batangiye batsindira inkunga y’amafaranga. Muri rusange uwatsinze yahawe 30.000 USD mu gihe uwa mbere n’uwa kabiri bahawe 20.000 USD. Uwa kane n’uwa gatanu bazahabwa 10,000 na 5,000 USD.

Iki kigo kiri mu Rwanda cyatangije ikoranabuhanga rifasha abahanga mu by’ubuvuzi bwifashisha imirasire [Radiology] kumenya indwara zangiza ubuzima, bigatuma  amashusho y’ubuvuzi azajya abonekera ku gihe.

HealthTech-hub izaba umuyoboro-w’ubuzima uhuza abafata ibyemezo na ba rwiyemezamirimo kugira ngo udushya dushobore kwaguka vuba.

Minisitiri w’ubuzima mu Rwanda Dr.NGAMIJE Daniel avuga ko ibikorwa nikibi bifungura amarembo ku bushakashatsi bwagutse,

Yagize ati “Ubushakashatsi mu bikorwa byo kwa muganga bijyanye n’ubuzima ni bintu bihora bijya imbere kuko hari indwara nshya ziza, hari ibikoresho biba Bihari bikagenda binozwa kurushaho kugira ngo bibashe gukemura ikibazo kiba cyavutse bityo rero ibi bazadufasha kunoza uburyo bw’ubuvuzi ndetse no kurushaho guhangana n’icyorezo cya COVID-19 gihora kihinduranya ndetse na kanseri yaba iy’Ibere ndetse n’izindi.”

Minisitiri w’ikoranabuhanga, Musoni Ingabire Paula avuga ko iyi hubtech izafasha abahanga mu byikoranabuhanga ariko cyane cyane mu birebana n’ubuzima.

Yagize ati “Iyi hubtech icyo yitezwe ni uguhuriza hamwe abahanga bacu n’abandi baturutse mu bihugu bitandukanye mu by’ikoranabuhanga ikindi kandi bizihutisha serivise z’ubuzima birimo kugaragaza ibizamini vuba by’indwarazitandukanye.”

Umuyobozi mukuru muri Norrsken muri Afurika y’Iburasirazuba, Pascal Mirongo yavuze ko yizera ko ihuriro rishobora gushakira igisubizo kimwe mu bibazo bikomeye ku isi kandi bikagira ubuzima bwiza ku baturage bo ku mugabane wa Afurika.

Ati “Twizera ko gutangiza ikoranabuhanga mu buvuzi twahisemo kuri Norrsken House Kigali na HealthTech Africa Hub bifite ubushobozi bwo gufasha gukemura bimwe muri ibyo bibazo.”

Akomeza agira ati “Turizera ko ikoranabuhanga ryatejwe imbere muri HealthTech Hub Afurika rizagira icyo rihindura mu kwihutisha gutahura no kubona ubuvuzi bwiza bw’indwara zidakira. Fondasiyo ya Novartis imaze igihe kinini yiyemeje guteza imbere ubuvuzi binyuze mu ikoranabuhanga rigezweho.”

Emmanuel HAKIZIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + four =

Previous Post

Urubanza rw’akurikiranyweho kugaba igitero i Kinigi rwapfundikiwe hasabwa indishyi ya Miliyoni 105

Next Post

Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

IZIHERUKA

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze
MU RWANDA

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.