Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse ikigo cy’ikoranabuhanga mu kuvura Kanseri y’ibere n’indwara z’umutima

radiotv10by radiotv10
10/12/2021
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwungutse ikigo cy’ikoranabuhanga mu kuvura Kanseri y’ibere n’indwara z’umutima
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangijwe ikigo cy’ikoranabuhanga rizafasha abahanga mu by’ubuvuzi bugezweho bwifashisha imirasire [Radiology] kumenya indwara zikomeye zirimo iz’umutima na kanseri y’ibere.

Ikigo gishya cyashyizweho kugira ngo gifashe ba rwiyemezamirimo bo muri Afurika guteza imbere ikoranabuhanga ry’impinduramatwara ku bibazo by’ubuzima bikomeje kwiyongera.

Iri huriro rizashyigikira udushya duhindura ubuvuzi ku bibazo bikomeye by’ubuzima birimo indwara z’umutima, kanseri y’ibere, no gutanga serivisi z’ubuzima busanzwe.

Abashoramari 20 baho ni bamwe mu bantu 30 batangiriye muri Afrika bazakirwa muri HealthTech Hub Afrika kandi bazabona aho bakorera hamwe n’ubujyanama, ubufasha bw’inzobere no kubona abashoramari.

Aba bantu 30 batoranyijwe binyuze mu marushanwa afunguye, hamwe na batanu ba mbere batangiye batsindira inkunga y’amafaranga. Muri rusange uwatsinze yahawe 30.000 USD mu gihe uwa mbere n’uwa kabiri bahawe 20.000 USD. Uwa kane n’uwa gatanu bazahabwa 10,000 na 5,000 USD.

Iki kigo kiri mu Rwanda cyatangije ikoranabuhanga rifasha abahanga mu by’ubuvuzi bwifashisha imirasire [Radiology] kumenya indwara zangiza ubuzima, bigatuma  amashusho y’ubuvuzi azajya abonekera ku gihe.

HealthTech-hub izaba umuyoboro-w’ubuzima uhuza abafata ibyemezo na ba rwiyemezamirimo kugira ngo udushya dushobore kwaguka vuba.

Minisitiri w’ubuzima mu Rwanda Dr.NGAMIJE Daniel avuga ko ibikorwa nikibi bifungura amarembo ku bushakashatsi bwagutse,

Yagize ati “Ubushakashatsi mu bikorwa byo kwa muganga bijyanye n’ubuzima ni bintu bihora bijya imbere kuko hari indwara nshya ziza, hari ibikoresho biba Bihari bikagenda binozwa kurushaho kugira ngo bibashe gukemura ikibazo kiba cyavutse bityo rero ibi bazadufasha kunoza uburyo bw’ubuvuzi ndetse no kurushaho guhangana n’icyorezo cya COVID-19 gihora kihinduranya ndetse na kanseri yaba iy’Ibere ndetse n’izindi.”

Minisitiri w’ikoranabuhanga, Musoni Ingabire Paula avuga ko iyi hubtech izafasha abahanga mu byikoranabuhanga ariko cyane cyane mu birebana n’ubuzima.

Yagize ati “Iyi hubtech icyo yitezwe ni uguhuriza hamwe abahanga bacu n’abandi baturutse mu bihugu bitandukanye mu by’ikoranabuhanga ikindi kandi bizihutisha serivise z’ubuzima birimo kugaragaza ibizamini vuba by’indwarazitandukanye.”

Umuyobozi mukuru muri Norrsken muri Afurika y’Iburasirazuba, Pascal Mirongo yavuze ko yizera ko ihuriro rishobora gushakira igisubizo kimwe mu bibazo bikomeye ku isi kandi bikagira ubuzima bwiza ku baturage bo ku mugabane wa Afurika.

Ati “Twizera ko gutangiza ikoranabuhanga mu buvuzi twahisemo kuri Norrsken House Kigali na HealthTech Africa Hub bifite ubushobozi bwo gufasha gukemura bimwe muri ibyo bibazo.”

Akomeza agira ati “Turizera ko ikoranabuhanga ryatejwe imbere muri HealthTech Hub Afurika rizagira icyo rihindura mu kwihutisha gutahura no kubona ubuvuzi bwiza bw’indwara zidakira. Fondasiyo ya Novartis imaze igihe kinini yiyemeje guteza imbere ubuvuzi binyuze mu ikoranabuhanga rigezweho.”

Emmanuel HAKIZIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Urubanza rw’akurikiranyweho kugaba igitero i Kinigi rwapfundikiwe hasabwa indishyi ya Miliyoni 105

Next Post

Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Related Posts

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

IZIHERUKA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera
IMIBEREHO MYIZA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.