Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse ikigo cy’ikoranabuhanga mu kuvura Kanseri y’ibere n’indwara z’umutima

radiotv10by radiotv10
10/12/2021
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwungutse ikigo cy’ikoranabuhanga mu kuvura Kanseri y’ibere n’indwara z’umutima
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangijwe ikigo cy’ikoranabuhanga rizafasha abahanga mu by’ubuvuzi bugezweho bwifashisha imirasire [Radiology] kumenya indwara zikomeye zirimo iz’umutima na kanseri y’ibere.

Ikigo gishya cyashyizweho kugira ngo gifashe ba rwiyemezamirimo bo muri Afurika guteza imbere ikoranabuhanga ry’impinduramatwara ku bibazo by’ubuzima bikomeje kwiyongera.

Iri huriro rizashyigikira udushya duhindura ubuvuzi ku bibazo bikomeye by’ubuzima birimo indwara z’umutima, kanseri y’ibere, no gutanga serivisi z’ubuzima busanzwe.

Abashoramari 20 baho ni bamwe mu bantu 30 batangiriye muri Afrika bazakirwa muri HealthTech Hub Afrika kandi bazabona aho bakorera hamwe n’ubujyanama, ubufasha bw’inzobere no kubona abashoramari.

Aba bantu 30 batoranyijwe binyuze mu marushanwa afunguye, hamwe na batanu ba mbere batangiye batsindira inkunga y’amafaranga. Muri rusange uwatsinze yahawe 30.000 USD mu gihe uwa mbere n’uwa kabiri bahawe 20.000 USD. Uwa kane n’uwa gatanu bazahabwa 10,000 na 5,000 USD.

Iki kigo kiri mu Rwanda cyatangije ikoranabuhanga rifasha abahanga mu by’ubuvuzi bwifashisha imirasire [Radiology] kumenya indwara zangiza ubuzima, bigatuma  amashusho y’ubuvuzi azajya abonekera ku gihe.

HealthTech-hub izaba umuyoboro-w’ubuzima uhuza abafata ibyemezo na ba rwiyemezamirimo kugira ngo udushya dushobore kwaguka vuba.

Minisitiri w’ubuzima mu Rwanda Dr.NGAMIJE Daniel avuga ko ibikorwa nikibi bifungura amarembo ku bushakashatsi bwagutse,

Yagize ati “Ubushakashatsi mu bikorwa byo kwa muganga bijyanye n’ubuzima ni bintu bihora bijya imbere kuko hari indwara nshya ziza, hari ibikoresho biba Bihari bikagenda binozwa kurushaho kugira ngo bibashe gukemura ikibazo kiba cyavutse bityo rero ibi bazadufasha kunoza uburyo bw’ubuvuzi ndetse no kurushaho guhangana n’icyorezo cya COVID-19 gihora kihinduranya ndetse na kanseri yaba iy’Ibere ndetse n’izindi.”

Minisitiri w’ikoranabuhanga, Musoni Ingabire Paula avuga ko iyi hubtech izafasha abahanga mu byikoranabuhanga ariko cyane cyane mu birebana n’ubuzima.

Yagize ati “Iyi hubtech icyo yitezwe ni uguhuriza hamwe abahanga bacu n’abandi baturutse mu bihugu bitandukanye mu by’ikoranabuhanga ikindi kandi bizihutisha serivise z’ubuzima birimo kugaragaza ibizamini vuba by’indwarazitandukanye.”

Umuyobozi mukuru muri Norrsken muri Afurika y’Iburasirazuba, Pascal Mirongo yavuze ko yizera ko ihuriro rishobora gushakira igisubizo kimwe mu bibazo bikomeye ku isi kandi bikagira ubuzima bwiza ku baturage bo ku mugabane wa Afurika.

Ati “Twizera ko gutangiza ikoranabuhanga mu buvuzi twahisemo kuri Norrsken House Kigali na HealthTech Africa Hub bifite ubushobozi bwo gufasha gukemura bimwe muri ibyo bibazo.”

Akomeza agira ati “Turizera ko ikoranabuhanga ryatejwe imbere muri HealthTech Hub Afurika rizagira icyo rihindura mu kwihutisha gutahura no kubona ubuvuzi bwiza bw’indwara zidakira. Fondasiyo ya Novartis imaze igihe kinini yiyemeje guteza imbere ubuvuzi binyuze mu ikoranabuhanga rigezweho.”

Emmanuel HAKIZIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eight =

Previous Post

Urubanza rw’akurikiranyweho kugaba igitero i Kinigi rwapfundikiwe hasabwa indishyi ya Miliyoni 105

Next Post

Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Kuryamana n’ibyamamare ntabirenze- Shaddyboo yashyize mu cyeragati uwamubajije niba yararyamanye na Diamond na Davido

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.