Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubucamanza 2023-2024: Abagera muri 78% bakurikiranyweho ibyaha ni urubyiruko

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bugaragaza ko 78% by’abakurikiranyweho ibyaha mu mwaka w’Ubucamaza ushize, ari urubyiruko, bugasaba ko iki cyiciro cyakwitabwaho kugira ngo imbaraga zacyo zive mu byaha zijye gukorera Igihugu.

Byagaragaye mu gikorwa cyo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025; aho abahuriye mu runana rw’Ubutabera bagaragaje ishusho rusange y’umwaka w’ubucamanza wa 2023-2024.

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwavuze ko amadosiye bwakira buri mwaka yiyongera. Mu mwaka ushize yageze ku 90 493, nyamara mu mwaka wa 2017-2018 yari 43 226. Bivuze ko mu myaka itanu ishize amadosiye yingereye ku rugero rwa 47,7%.

Ubushinjacyaha bukomeza bugaragaza ko mu madosiye 90 493 bakiriye mu mwaka ushize; bakoze ibihumbi 90 079 banayafataho umwanzuro. Muri aya madoyise yakozwe; ayaregewe Inkiko ni 46 018 yaregwagamo abantu 61 610.

Ubushinjacyaha bukuru bugaragaza ko ibyaha by’ubujura, gukubita no gukomeretsa; ari byo byiganje mu byo bakiriye mu mwaka ushize, byihariye urugero rwa 57%.

Uru rwego kandi rugaragaza ko 78% by’abaregwaga muri ibyo byaha bari munsi y’imyaka 40 y’amavuko.

Umushinjacyaha Mukuru, Habyarimana Angelique yasabye ko iki cyiciro cyitabwaho mu buryo bwihariye. Ati “Ni imyaka myiza yo gukorera Igihugu. Mu ngamba zitandukanye kandi zigomba kunozwa n’izego zose zibishinzwe; harebwa uburyo uru rubyiruko rwakwitabwaho, maze ijanisha ry’abakora ibyaha rikagabanuka.”

Naho ku ngingo yo gutsinda imanza Ubushinjacyaha buregera inkiko; bagaragaza ko mu mwaka ushize bazitsinze ku rugero rwa 93% bivuye kuri 91%.

Nubwo bifatwa nk’intabwe yatewe mu mwaka ushize; Ubushinjacyaha bugaragaza ko imanza ku byaha byo gusambanya abana; guhoza ku nkeke no gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato zo bazitsinze ku rugero rwa 77.2%.

Angelique Habyarimana ati “Mu Gihugu kiyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika [Paul Kagame] uturangaje imbere; Igihugu kandi cyimakaje ihame ry’uburinganire aho umugore yahawe ijambo ndetse n’ubuyobozi; nanjye ndi Umushinjacyaha Mukuru wa mbere w’umutegarugori, tuzabihashya tutajenjetse.”

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel yemeye ko azagira uruhare muri iki gikorwa. Ati “Turizera ko uzazuzuza, kandi tuzafatanya nawe kugira ngo ugere ku nshingano wagiriwe icyizere.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Ntezilyayo Faustin avuga ko mu rwego rw’Ubucamanza hagikenewe ubufatanye bw’inzego kugira ngo abaturage bahabwe seirvisi inoze.

Ati “Ibi ntabwo bishobora kugerwaho hatabaye ubufatanye busesuye hagati y’inzego ziri mu runana rw’ubutabera. Nsaba ko ubwo bufatanye bwarushaho kwiyongera cyane cyane mu miburanishirize y’imanza ziregwamo Leta n’imanza nshinjacyaha, nk’uko raporo zibyerekana ni zo manza ziganje mu nkiko zacu.”

Izi nzego zose ziyemeje kubakira aho ubutabera bw’u rwanda bugeze; cyane ko imibare y’umuryango mpuzamahanga ukora ibyegeranyo ku butabera (World Justice Project) yo muri 2023; igaragaza ko u rwanda ari urwa mbere muri Afurika mu kugendera ku mategeko, rukaza ku mwanya wa 41 ku Isi yose.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo
Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Mbarushimana says:
    1 year ago

    Nuko batareba neza abeshi ninzirakarengane
    Bivuze iki c gukatira mayor wanyereje umutungo wa reta 2 yrs warangiza ugakatira umwana wafatanwe 1,5 L za kanyanga 7 yrs aho kugirango yigishwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + sixteen =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku rujijo rwari ruhari ku mikoreshere y’inote nshya n’igihe zizatangira gukoreshwa

Next Post

Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze

Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.