Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhamya bubabaje bw’ibyamubayeho muri Jenoside n’uburyo inyigisho z’isanamitima zamufashije gukira ibikomere

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in MU RWANDA
0
Ubuhamya bubabaje bw’ibyamubayeho muri Jenoside n’uburyo inyigisho z’isanamitima zamufashije gukira ibikomere
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu batuye mu Mudugudu w’Ubumwe watujwemo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayigizemo uruhare, avuga ko inyigisho z’isanamitima za ‘Rabagirana Ministries’ zamufashije gukira ibikomere biremereye yasigiwe na Jenoside, akabasha gusangiza amateka ye abana be, akumva aruhutse.

Rabagirana Ministries nk’umuryango wa gikristu usanzwe ukorera ibikorwa by’isanamitima abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ikanigisha abayikoze gusaba imbabazi bakongera bakabana mu mahoro.

Uyu muryango Rabagirana Ministries umaze imyaka irindwi ukora ibikorwa by’isanamtima, aho muri iyi minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu bukangurambaga bwiswe “Mpore Rwanda” ku ngingo igira iti “Uruhare rw’isanamitima mu rubyiruko mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi”.

Byumwihariko uyu Muryango ukomeje kugira uruhare mu gutuma urubyiruko rumenya amateka ruyabwiwe n’ababyeyi babo, bemera kuyababwira nyuma yo gukira ibikomere.

Claudine Umurerwa utuye mu mutugudu w’Ubumwe wa Rusheshe, wiciwe abana muri Jenoside akananduzwa Virusi itera SIDA, yavuze ko nyuma ya Jenoside yabyaye abandi bana, ariko ko byabanje kumugora gusobanurira abana be amateka y’ibyamubayeho.

Avuga ko mu gihe cyo Kwibuka yikingiranaga mu nzu ntagire icyo abwira abana be ariko nyuma yo guhugurwa na Rabagirana Ministries yakize ibikomere abasha kubwira abana be amateka y’ibyamubayeho.

Ati “Abana banjye bakambaza bati ‘kuki uhora ku miti urwaye iki?’ nkajya mu cyumba nkarira nari ntarakira, umutima wanjye wari ukijojoba, ariko maze guhura n’isanamitima ni bwo numvise ngomba kuganiriza abana, bucyeye umwana arambwira ngo ‘hari umuntu wambwiye ko urwaye SIDA’ nahise mwikiriza vuba kuko uwamubwiye yaramfashije. Aho ni ho natangiriye kubaganirira amateka yose y’ibyambayeho.”

Katia Igihozo uri mu rubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko nyuma yo guhabwa amahugurwa y’isanamitima yasanze na we ari mu bagizweho ingaruka na yo nubwo yabaye ataravuka.

Ati “Mfite imyaka umunani nibwo twagiye gushyingura mu cyubahiro abantu bo kwa mama, mubaza byinshi ku byabaye kuko nabonaga boza amagufa, namubaza akambwira ati ‘uyu ni musaza wanjye, uyu ni marume n’abandi’ namubaza byinshi ku byabaye ntambwire we yaransubizaga ngo Barabishe bikarangirira aho.”

Umuhuzabikorwa wa Rabagirana Ministries, Mukunzi Louange avuga ko gusobanurira abana bato ibyabaye, bigorana kuko batabasha kubyakira, ariko ko hashyizweho uburyo bwo kubinyuza mu buryo butabateza ibibazo.

Ati “Mu bana bato biracyatugora cyane kuko ubutumwa dufite buraremereye cyane ugereranyije n’urwego abana bashobora kwakira. Rero bisaba kubinyuza mu bundi buryo, binyuze mu ndirimbo, udukino, mu ikinamico. Nababwira ko turimo kwagura ibyafasha abana kumva amateka bakumva ubwo butumwa bakiri bato kugiran go babikurane.”

Uyu muryango Rabagirana Ministries ufite icyicaro mu Karere ka Kicukiro mu murenge wa Masaka, mu Kagari ka Rusheshe ahari agace bise ‘Umusozi w’Ubumwe’ biturutse ku mateka y’abahatuye; abarokotse  Jenoside, abayikoze, abavuye muri Tanzania.

Uyu muryango wahatanze amahugurwa y’isanamitima kuri aba baturage, yatumye bahuza baba umwe hahita hitwa ‘Umudugudu w’Uubumwe’.

Katia Igihozo wavutse nyuma ya Jenoside avuga ko byamugoye kumva ibyabaye ku mubyeyi we

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Urubyiruko ruravuga isomo rikomeye rwigira mu mateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda

Next Post

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n'ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.