Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

radiotv10by radiotv10
16/06/2025
in MU RWANDA
1
Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Pasiteri Nshimyumurwa Athanase warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, yavuze ko mu gihe cya Jenoside yarinzwe n’isengesho kuko hari ubwo interahamwe zigeze kumusaba gusengera umwana w’umwe muri zo agakira amadayimoni, zikamureka.

Uyu Mupasiteri wo mu Itorero Methodiste Libre mu Rwanda (EMLR) Paruwasi ya Kamonyi mu Karere ka Nyamasheke, yabitangaje mu ubwo iri Torero Conference ya Kinyaga ryibukaga ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nshimyumurwa warokokeye mu Kagari ka Kanazi mu Murenge wa Ruharambuga, avuga ko mu gihe cya Jenoside aho yihishaga hose yabaga afite bibiliya ndeste agashyira imbere isengesho.

Nyuma yuko umusore bari bihishe ahantu hamwe yari amaze gufatwa n’abicanyi bakamujyana ahitwa kuri Shangazi bakahamwicira, Nshimyumurwa avuga ko muri we yumvise imbaraga zimubuza kongera kwihisha ahubwo atangira gukora amasengesho ahagaragara.

Ati “Nahise numva mu mutima wanjye ndi guhatwa kurara mu butayu. Muri iryo joro naraye nsenga noneho mu gitondo numva ngomba kubyutsa abantu bose ngo dusenge, uwo nabyutsaga wese yabyukanaga ubuhiri, abandi babyukana inkota bose baranteranira dore ko ari nanjye wari usigaye njyenyine, bavuga ngo ‘iki ni cya cyana’ abandi bati ‘ni cya gitutsi’ ariko ntihagira unkoraho.”

Past. Athanase avuga ko abo bicanyi batinye kumukoraho ahubwo batumaho abari kuri Shangazi hicirwaga abantu, ariko n’ubundi imbaraga z’Imana zikomeza kumurinda.

Ati “Muri ako kanya hari hamaze kugera abantu benshi cyane, nabumbuye bibiliya nsoma zaburi ya 91 numvamo ijambo ry’ihumure. Nahise numva nshaka kujya gusenga, ndababwira nti ‘ni njye wizanye ntimugire impungenge’, njya mu musarani kuko ntari gusengera aho hantu hari imihoro n’amahiri, nkigera mu musarani numva abantu baje biruka bavuga bati ‘kuri Shangazi bavuze ko niba hari uwagukozeho amaraso yawe arayabazwa’.”

Bakimara kumubwira ko kuri Shangazi bategetse ko bamujyanayo, Nshimyumurwa avuga ko yahise yumva ko ibye birangiye ariko ageze imbere y’abo bicanyi ahabonera imana.

Ati “Turi mu nzira twahuye n’ikindi gitero kirimo abantu benshi, umwe mu bari bakiyoboye ambonye arambura amaboko afite inkota ngira ngo agiye kuyinsogota ariko muri ako kanya aravuga ngo ‘ibereho’. Noneho haza uwari uyoboye abicanyi kuri Shangazi aravuga ngo ‘mwakoze kumubona ntimumwice’.”

Akomeza avuga ko abo bicanyi bahise bamujyana mu kandi gace karimo umwana wari ufite ikibazo cy’imyuka mibi, bamutegeka kumusengera ngo akire, nyuma yo kumusengera atangira kurindwa bimuha kurokoka Jenoside yakorewe abatutsi.

Ati “Ariko ndagira ngo mbabwire ubu ndi umuntu mu gihe cya Jenoside nagendaga ndi kumwe n’umuntu ufite gerenade kugira ngo hatagira unyica. Nkihagera hari umubyeyi wo mu muryango w’abo bicanyi wari ufite umwana ufite amadayimoni, noneho baravuga bati ‘ujya uvuga ngo urasenga, ngaho sengera uwo mwana akire’, nahise ntangira gusenga maze amadayimoni yari muri wa mwana atangira kumuvugiramo ngo ‘mureke turagiye mureke turagiye’, wa mwana aba arakize.”

Avuga ko ako kanya hahise hatangwa itegeko ko uzamwica azabibazwa, akomeza kurindwa n’abicanyi kuva icyo gihe, ndetse bimufasha kurokoka.

Nyuma yo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi, Past. Athanase yaje kwiyubaka atangiriye ku busa kuko imitungo y’iwabo irimo inka n’ibindi yari yarasahuwe, ubu akaba afite umugore n’abana barindwi ndeste akaba umushumba wa Paruwasi ya Kamonyi mu itorero rya EMLR muri Conference ya Kinyaga.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Komezusenge Xavier says:
    6 months ago

    Uwiteka ni IMANA ikomeye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + seventeen =

Previous Post

Umuyobozi Mukuru wa Polisi yageneye ubutumwa Abofisiye Bakuru bo mu Bihugu 9 biga mu Rwanda

Next Post

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.