Saturday, May 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

radiotv10by radiotv10
16/06/2025
in MU RWANDA
1
Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Pasiteri Nshimyumurwa Athanase warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, yavuze ko mu gihe cya Jenoside yarinzwe n’isengesho kuko hari ubwo interahamwe zigeze kumusaba gusengera umwana w’umwe muri zo agakira amadayimoni, zikamureka.

Uyu Mupasiteri wo mu Itorero Methodiste Libre mu Rwanda (EMLR) Paruwasi ya Kamonyi mu Karere ka Nyamasheke, yabitangaje mu ubwo iri Torero Conference ya Kinyaga ryibukaga ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nshimyumurwa warokokeye mu Kagari ka Kanazi mu Murenge wa Ruharambuga, avuga ko mu gihe cya Jenoside aho yihishaga hose yabaga afite bibiliya ndeste agashyira imbere isengesho.

Nyuma yuko umusore bari bihishe ahantu hamwe yari amaze gufatwa n’abicanyi bakamujyana ahitwa kuri Shangazi bakahamwicira, Nshimyumurwa avuga ko muri we yumvise imbaraga zimubuza kongera kwihisha ahubwo atangira gukora amasengesho ahagaragara.

Ati “Nahise numva mu mutima wanjye ndi guhatwa kurara mu butayu. Muri iryo joro naraye nsenga noneho mu gitondo numva ngomba kubyutsa abantu bose ngo dusenge, uwo nabyutsaga wese yabyukanaga ubuhiri, abandi babyukana inkota bose baranteranira dore ko ari nanjye wari usigaye njyenyine, bavuga ngo ‘iki ni cya cyana’ abandi bati ‘ni cya gitutsi’ ariko ntihagira unkoraho.”

Past. Athanase avuga ko abo bicanyi batinye kumukoraho ahubwo batumaho abari kuri Shangazi hicirwaga abantu, ariko n’ubundi imbaraga z’Imana zikomeza kumurinda.

Ati “Muri ako kanya hari hamaze kugera abantu benshi cyane, nabumbuye bibiliya nsoma zaburi ya 91 numvamo ijambo ry’ihumure. Nahise numva nshaka kujya gusenga, ndababwira nti ‘ni njye wizanye ntimugire impungenge’, njya mu musarani kuko ntari gusengera aho hantu hari imihoro n’amahiri, nkigera mu musarani numva abantu baje biruka bavuga bati ‘kuri Shangazi bavuze ko niba hari uwagukozeho amaraso yawe arayabazwa’.”

Bakimara kumubwira ko kuri Shangazi bategetse ko bamujyanayo, Nshimyumurwa avuga ko yahise yumva ko ibye birangiye ariko ageze imbere y’abo bicanyi ahabonera imana.

Ati “Turi mu nzira twahuye n’ikindi gitero kirimo abantu benshi, umwe mu bari bakiyoboye ambonye arambura amaboko afite inkota ngira ngo agiye kuyinsogota ariko muri ako kanya aravuga ngo ‘ibereho’. Noneho haza uwari uyoboye abicanyi kuri Shangazi aravuga ngo ‘mwakoze kumubona ntimumwice’.”

Akomeza avuga ko abo bicanyi bahise bamujyana mu kandi gace karimo umwana wari ufite ikibazo cy’imyuka mibi, bamutegeka kumusengera ngo akire, nyuma yo kumusengera atangira kurindwa bimuha kurokoka Jenoside yakorewe abatutsi.

Ati “Ariko ndagira ngo mbabwire ubu ndi umuntu mu gihe cya Jenoside nagendaga ndi kumwe n’umuntu ufite gerenade kugira ngo hatagira unyica. Nkihagera hari umubyeyi wo mu muryango w’abo bicanyi wari ufite umwana ufite amadayimoni, noneho baravuga bati ‘ujya uvuga ngo urasenga, ngaho sengera uwo mwana akire’, nahise ntangira gusenga maze amadayimoni yari muri wa mwana atangira kumuvugiramo ngo ‘mureke turagiye mureke turagiye’, wa mwana aba arakize.”

Avuga ko ako kanya hahise hatangwa itegeko ko uzamwica azabibazwa, akomeza kurindwa n’abicanyi kuva icyo gihe, ndetse bimufasha kurokoka.

Nyuma yo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi, Past. Athanase yaje kwiyubaka atangiriye ku busa kuko imitungo y’iwabo irimo inka n’ibindi yari yarasahuwe, ubu akaba afite umugore n’abana barindwi ndeste akaba umushumba wa Paruwasi ya Kamonyi mu itorero rya EMLR muri Conference ya Kinyaga.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Komezusenge Xavier says:
    11 months ago

    Uwiteka ni IMANA ikomeye

    Reply

Leave a Reply to Komezusenge Xavier Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + fifteen =

Previous Post

Umuyobozi Mukuru wa Polisi yageneye ubutumwa Abofisiye Bakuru bo mu Bihugu 9 biga mu Rwanda

Next Post

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

by radiotv10
08/05/2026
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Gatagara mu Karere ka Nyabihu yatanze ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, aregamo umuyobozi w’iri...

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/05/2026
0

Abana babiri b’abakobwa biga mu Ishuri EAV Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma, batawe muri yombi nyuma yo gukubita umukozi...

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

by radiotv10
08/05/2026
0

Ku musozi uzwi nka Mont Kigali uherereye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, hapfiriye...

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

by radiotv10
08/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu mujyi wa Malakal muri Sudani y’Epfo, bwambitse imidali y’ishimwe Abapolisi b’u Rwanda 160 bagize itsinda...

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

by radiotv10
08/05/2026
0

For many young people today, especially in fast-growing cities like Kigali, “being your own boss” has become more than just...

IZIHERUKA

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
MU RWANDA

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

by radiotv10
08/05/2026
0

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

08/05/2026
The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

08/05/2026
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

08/05/2026
Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

08/05/2026
Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

08/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.