Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubumwe bwa Leta na Kiliziya: Minisitiri w’Intebe yitabiriye umuhango ukomeye muri Gatulika (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
17/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubumwe bwa Leta na Kiliziya: Minisitiri w’Intebe yitabiriye umuhango ukomeye muri Gatulika (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirinte, n’abandi bayobozi bakuru mu Gihugu, barimo Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo; bitabiriye umuhango wo kwimika Umwepisikopi mushya wa Diyoseze ya Kabgayi, Balthazar Ntivuguruzwa usimbuye Smaragde Mbonyintege ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Kamena 2023, mu Karere ka Muhanga, ahasanzwe hari icyicaro cya Diyoseze ya Kabgayi.

Uretse Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, iki gikorwa cyanitabiriwe n’abandi bayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, barimo Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi.

Dr Edouard Ngirente ubwo yageraga ahabereye uyu muhango, yakiriwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, ahita anaramutsa Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda, Arikiyepisikopi wa Kigali.

Balthazar Ntivuguruzwa yagizwe Umushumba wa Diyoseze ya Kabgayi, n’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, mu ntangiro z’ukwezi gushize kwa Gicurasi, tariki 02.

Asimbuye Musenyeri Smaragde Mbonyintege ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma yo kuzuza imyaka 75 isanzwe iteganywa mu mategeko ya Kiliziya Gatulika.

Smaragde Mbonyintege wanasobanuye ivanjiri mu gitambo cy’Ukarisitiya cyabanjirije uyu muhango nyirizina, yashimiwe na Papa Francis, mu ibaruwa yasomwe n’Umuhagarariye mu Rwanda.

Muri iyi baruwa, Papa Francis yashimiye Smaragde ku bwo kuragira intama z’abakristu Gatulika ba Diyoseze ya Kabgayi, mu myaka 17 amaze ari umushumba wayo.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, kandi yanashimiye Musenyeri mushya Balthazar Ntivuguruzwa wemeye izi nshingano, ndetse anatangaza ko ibiro bya Papa byamusengeye mbere yo kumutoranya.

Abayobozi bakuru bitabiriye uyu muhango
Musenyeri mushya wa Diyoseze ya Kabgayi
Ni umuhango witabiriye n’abakritsu gatulika benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 17 =

Previous Post

Uganda: Habaye igikorwa cy’ubunyamaswa budasanzwe cyakozwe n’umutwe w’iterabwoba waturutse muri Congo

Next Post

Umukinnyi w’ikipe yasoje shampiyona ihagaze habi ari kurwanirwa n’amakipe yihagazeho

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi w’ikipe yasoje shampiyona ihagaze habi ari kurwanirwa n’amakipe yihagazeho

Umukinnyi w’ikipe yasoje shampiyona ihagaze habi ari kurwanirwa n’amakipe yihagazeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.