Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

radiotv10by radiotv10
17/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari icyemezo cyafatanywe ubushishozi kandi ko babizeza ko batazabasiga iheruheru kuko bizeye ko ibyo ryasabye bizubahirizwa.

Mu rukerera rw’ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ukuboza 2025, Ihuriro AFC/M23 ryashyize hanze itangazo rivuga ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu mujyi wa Uvira bari bamaze iminsi 10 bigaruriye.

Ni icyemezo kitanyuze bamwe mu batuye muri uyu mujyi, byatumye kuri uyu wa Kabiri baramukira mu myigaragambyo, bagaragaza ko batifuza ko iri huriro rirekura uyu mujyi kuko nyuma yo kuwufata bari batangiye kuryama bagasinzira.

Mu kiganiro cyihariye na RADIOTV10, Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Oscar Balinda yavuze ko isi yose yiboneye ko abaturage bishimira iri huriro ryahagurukiye kurandura akarengane n’ibikorwa bibi byimakajwe n’uruhande rwa Leta.

Ati “Abantu bose barabibona ko abantu batakamba ko bari bageze ku mahoro n’umutekano ku bantu bose nta vangura, bari bizeye umutekano w’abari baje kubabohora, bari babohotse mu byukuri.”

Dr Balinda avuga ko ari yo mpamvu iri Huriro ryasabye ko hajyaho uburyo bwizewe bwo kurinda umutekano w’abaturage bose bo muri uyu mujyi.

Avuga ko mu gihe iri Huriro riri kwitegura kuva muri uyu mujyi, rikomeje kugirana ibiganiro n’abaturage, byo kubahumuriza ko igihe bazaba babasize ntakizabahungabanya.

Ati “Abaturage bacu turaganira, turashyikirana, tuvugana na bo, na bo turi kubabwira tuti ‘ntabwo tuzabasiga iheruheru nituba abo kugenda, tuzabasigira uburyo bwizewe kandi bwumvikanyweho bwo kubarindira umutekano’.”

Mu itangazo rya AFC/M23 ryashyizweho umukono n’Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, Corneille Nangaa, ryavuze ko kiriya cyemezo cyo kurekura Umujyi wa Uvira, cyafashwe nyuma yo kubisabwa n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Dr Balinda avuga ko iki cyemezo kigamije guha amahirwe inzira z’ibiganiro ziriho zikorwa hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iri Huriro bibera i Doha muri Qatar.

Yavuze ko iyo hagize umwe mu bahuza ugeza icyifuzo kuri iri huriro, rikigaho, ryasanga gishyigikira inzira z’amahoro, rikacyubahiriza.

Dr Balinda avuga ko nyuma ya ririya tangazo, abarwanyi ba AFC/M23 batahise bava muri uriya mujyi, kuko icyo bakoze, ari ukugeza ku bahuza kiriya gitekerezo cyo kuwurekura, ndetse n’ibyo iri Huriro risaba, ubundi bwakwemerwa, bakabona kuvamo.

Yavuze ko mbere yuko bagabwaho ibitero byatumye barwana bagafata uriya mujyi, bari mu bice birimo Kamanyola, na Gatogota, ku buryo aho kuzasubira nyuma yo kuwuvamo hatazabura, kandi ko na byo biri mu bigomba kuganirwaho.

Ati “Tuzareba aho twasubira ariko hose ari mu Gihugu cyacu, erega si na bwo bwa mbere twasubira inyuma. Twigeze gusubira inyuma mu mpera za 2022 ubwo hazaga ingabo za East African Regional Force. Rero ni ibintu duhora dukora, twavuye no muri Walikare Centre dusubira inyuma.”

Balinda uvuga ko ibi byose babikora mu rwego rwo kugaragaza ubushake bwa politiki buganisha ku mahoro arambye, yatangaje ko bizeye ko uruhande bahanganye rutazuririra kuri kiriya cyemezo rugakora amarorerwa.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Next Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.